Tuesday, August 12, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

UK: Polisi yatanze amakuru mashya ku cyatumye Raheem Sterling ava muri Qatar igitaraganya

radiotv10by radiotv10
05/12/2022
in AMAHANGA, FOOTBALL, SIPORO, UMUTEKANO
0
UK: Polisi yatanze amakuru mashya ku cyatumye Raheem Sterling ava muri Qatar igitaraganya
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko umukinnyi w’ikipe y’Igihugu y’u Bwongereza, Raheem Sterling avuye muri Qatar igitaraganya kubera ibibazo byari byabaye mu rugo rwe, Polisi yo muri UK yatangaje ko iri gukora iperereza ku bintu by’agaciro byibwe mu rugo rw’uyu mukinnyi.

Raheem Sterling yavuye muri Qatar aho yari kumwe na bagenzi be mu gikombe cy’Isi, ku wa Gatandatu yerecyeza mu Bwongereza.

Mu kiganiro n’itangazamakuru, umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Bwongereza, Gareth Southgate kuri iki Cyumweru mbere yuko iyi kipe ihura na Senegal, yari yavuze kuri uyu mukinnyi wasubiye mu Bwongereza.

Uyu mutoza yavuze ko Raheem yagiye gukemura ikibazo kiri mu muryango we, ati “Twamuhaye uburenganzira bwo kujya kubikemura no gufasha umuryango we. Ubu ni cyo kintu cy’ibanze, rero turahamubera.”

Gareth Southgate yavuze ko nk’ikipe yose bifatanyije n’uyu mugenzi wabo wagize ibibazo byo mu muryango ariko yirinda kugira icyo abivugaho.

Kapiteni w’Ikipe y’u Bwongereza, Harry Kane na we yari yagize ati “Nkatwe nk’ikipe turamwifuriza amahirwe masa kandi twizeye ko tuzamubona yagarutse vuba.”

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere, Polisi yo mu Bwongereza, yatangaje ko iri gukora iperereza ku bujura bwakorewe mu rugo rwa Raheem Sterling, bw’ibikoresho by’agaciro birimo imikufi n’imidari ndetse n’amasaha.

Itangazo ryashyizwe hanze na Polisi ya Surrey, rivuga ko ubwo hakorwaga buriya bujura, nta muntu wari mu rugo rw’uyu mukinnyi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 5 =

Previous Post

DRC: Aho kujya mu Misa bagiye mu myigaragambyo yo kwikoma u Rwanda

Next Post

Ikibazo cy’abagorwaga no gukorera ‘Permis’ mu Rwanda cyakemutse burundu

Related Posts

Icyemezo cya Israel cyo gushaka kwigarurira Gaza cyahagurukiwe n’amahanga

Icyemezo cya Israel cyo gushaka kwigarurira Gaza cyahagurukiwe n’amahanga

by radiotv10
11/08/2025
0

Amahanga yamaganye icyemezo cya Guverinoma ya Israel cyo kwigarurira Intara ya Gaza nubwo iki Gihugu kivuga ko ari byo byonyine...

AFC/M23 yagaragaje ibidakwiye biri gukorwa na FARDC n’ubutegetsi bwa Congo mu rugamba

AFC/M23 yagaragaje ibidakwiye biri gukorwa na FARDC n’ubutegetsi bwa Congo mu rugamba

by radiotv10
11/08/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryagaragaje ko ribabajwe bikomeye no kuba uruhande bahanganye rwa FARDC n’abayifasha ruri kwinjiza mu gisirikare abana bato rukabajyana...

Haravugwa umugambi wafungishije abasirikare barimo Abajenerali muri Mali iyobowe n’igisirikare

Haravugwa umugambi wafungishije abasirikare barimo Abajenerali muri Mali iyobowe n’igisirikare

by radiotv10
11/08/2025
0

Ubutegetsi bwa Mali buri mu maboko y’igisirikare, bwataye muri yombi abasirikare benshi barimo Abajenerali bakekwaho umugambi wo gushaka kubuhirika. Aba...

Haramaganwa iyicwa ry’abanyamakuru bahitanywe n’igitero cy’indege ya Israel barimo uwari watewe ubwoba

Haramaganwa iyicwa ry’abanyamakuru bahitanywe n’igitero cy’indege ya Israel barimo uwari watewe ubwoba

by radiotv10
11/08/2025
0

Abanyamakuru batanu ba Al Jazeera barimo Anas Al Sharif wigeze guterwa ubwoba na Israel imushija gukorana n’umutwe wa Hamas, bahitanywe...

Ubutumwa Perezida wa Ghana yatanze ubwo hashyingurwaga abayobozi mu nzego nkuru z’umutekano

Ubutumwa Perezida wa Ghana yatanze ubwo hashyingurwaga abayobozi mu nzego nkuru z’umutekano

by radiotv10
11/08/2025
0

Ubwo hashyingurwaga abayobozi babiri barimo uwari Minisitiri w’Ibidukikije muri Ghana baherutse guhitanwa n’impanuka ya kajugujugu, Perezida w’iki Gihugu yavuze ko...

IZIHERUKA

Icyemezo cya Israel cyo gushaka kwigarurira Gaza cyahagurukiwe n’amahanga
AMAHANGA

Icyemezo cya Israel cyo gushaka kwigarurira Gaza cyahagurukiwe n’amahanga

by radiotv10
11/08/2025
0

Ubutumwa Umugaba Mukuru wa RDF Gen.Muganga yahaye urubyiruko ruri mu Itorero ‘Indangamirwa’

Ubutumwa Umugaba Mukuru wa RDF Gen.Muganga yahaye urubyiruko ruri mu Itorero ‘Indangamirwa’

11/08/2025
Ukuri kuvugwa ku ifungwa rya Semuhungu Eric uzwi ku mbuga nkoranyambaga

Ukuri kuvugwa ku ifungwa rya Semuhungu Eric uzwi ku mbuga nkoranyambaga

11/08/2025
Eng.- RDF Chief urges youth to champion African solutions to African problems

Eng.- RDF Chief urges youth to champion African solutions to African problems

11/08/2025
AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Polisi yasobanuye uko byagenze ngo haraswe abagabo babiri bakekwagaho ubwicanyi n’ubujura i Rwamagana

11/08/2025
Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Eng.-The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

11/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ikibazo cy’abagorwaga no gukorera ‘Permis’ mu Rwanda cyakemutse burundu

Ikibazo cy’abagorwaga no gukorera ‘Permis’ mu Rwanda cyakemutse burundu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyemezo cya Israel cyo gushaka kwigarurira Gaza cyahagurukiwe n’amahanga

Ubutumwa Umugaba Mukuru wa RDF Gen.Muganga yahaye urubyiruko ruri mu Itorero ‘Indangamirwa’

Ukuri kuvugwa ku ifungwa rya Semuhungu Eric uzwi ku mbuga nkoranyambaga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.