Sunday, June 8, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Iyegura ry’umusubirizo ry’Abaminisitiri muri DRC ryatumye Tshisekedi afata icyemezo gikomeye

radiotv10by radiotv10
30/12/2022
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Iyegura ry’umusubirizo ry’Abaminisitiri muri DRC ryatumye Tshisekedi afata icyemezo gikomeye
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko bamwe mu bagize Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bakomeje kwegura, Perezida Felix Tshisekedi yasabye ko ahabwa raporo igaragaza umusaruro wa buri wese ugize Guverinoma y’iki Gihugu.

Felix Tshisekedi yabitegetse Minisitiri w’Intebe, Sama Lukonde muri iki cyumweu nyuma yuko Abaminisitiri batatu beguye muri Guverinoma y’Igihugu cye.

Aya makuru yemejwe na Minisitiri w’Itumanaho n’Itangazamakuru akaba n’Umuvugizi wa Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Patrick Muyaya.

Muyaya yabigejeje ku kanama k’Abaminisitiri, avuga ko iyi raporo ikenewe mu gihe gito gishoboka ku buryo igomba kuzaboneka muri Mutarama umwaka utaha wa 2023.

Yagize ati “Ni raporo igomba kuzagaragaza ikigero cy’imikorere n’umusaruro wa buri umwe ugize Guverimoma.”

Uyu Muvugizi wa Guverinoma ya Congo Kinshasa, yavuze ko Perezida Tshisekedi yanasabye Guverinoma y’Igihugu cye kurangwa n’ubushishozi ndetse no kwihutisha ibikorwa byayo hagendewe kuri gahunda iki Gihugu kiyemeje zigamije kuzamura imibereho y’Abanyekongo.

Perezida Tshisekedi asabye iyi raporo igaragaza imikorere y’abagize Guverinoma y’Igihugu cye mu gihe bamwe mu bari bayigize byumwihariko abasanzwe ari abo mu ishyaka ry’umunyapolitiki Moïse Katumbi bakomeje kwegura.

Aba baminisitiri batangiye kwegura nyuma yuko Moïse Katumbi atangarije ko yafashe icyemezo cyo kuva muri ihuriri Union Sacrée rishyigikiye ubutegetsi bwa Perezida Felix Tshisekedi.

Abaheruka kwegura, ni Christian Mwando Nsimba wari Minisitiri w’Igenamigambi, Chérubin Okende wari Minisitiri w’ubwikorezi n’inzira z’itumanaho, na Veronique Kulumba Nkulu wari wungirije Minisitiri w’Ubuzima.

Aba bose ni abo mu ishyaka Essemble pour la Republique rya Moïse Katumbi ukomeje kugaragaza ko atishimiye imikorere y’ubutegetsi bwa Perezida Tshisekedi ndetse akaba yaratangaje ko yiteguye guhangana na we mu matora y’Umukuru w’Igihugu ateganyijwe umwaka utaha.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − 6 =

Previous Post

Kiliziya mu Rwanda yagaragaje ko iticaye ubusa ku buzima bw’uwabaye Papa bugeramiwe

Next Post

Perezida Kagame yageneye ubutumwa Ingabo z’u Rwanda anagaruka ku batabarukiye ku rugamba

Related Posts

Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

by radiotv10
05/06/2025
0

Edgar Lungu wabaye Perezia wa Zambia, yitabye Imana ku myaka 68 y’amavuko, azize uburwayi aho yivurizaga muri Afurika y’Epfo. Amakuru...

Muri DRCongo hazamutse urujijo nyuma y’icyemezo cya Trump gihagarika abo mu Bihugu bimwe kujya muri America

Muri DRCongo hazamutse urujijo nyuma y’icyemezo cya Trump gihagarika abo mu Bihugu bimwe kujya muri America

by radiotv10
05/06/2025
0

Bamwe mu baturage bari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, babanje kugira urujijo ku itegeko ryasinywe na Perezida Donald Trump...

Menya Ibihugu bizagirwaho ingaruka n’itegeko ryasinywe na Perezida wa America birimo igituranye n’u Rwanda

Menya Ibihugu bizagirwaho ingaruka n’itegeko ryasinywe na Perezida wa America birimo igituranye n’u Rwanda

by radiotv10
05/06/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump yashyize umukono ku itegeko rikumira abaturage b’Ibihugu 12 kwinjira muri iki...

Congo: Icyemezo kibuza itangazamakuru kuvuga kuri Kabila cyatangiye guhagurukirwa

Congo: Icyemezo kibuza itangazamakuru kuvuga kuri Kabila cyatangiye guhagurukirwa

by radiotv10
05/06/2025
0

Bamwe mu banyapolitiki bo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’Imiryango iharanira iyubahirizwa ry’uburenganzira bwa muntu, baramagana icyemezo cyo kubuza...

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye

by radiotv10
04/06/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko ryakiriye Umunyapolitiki Marcelin Cishambo wigeze kuba Guverineri w’Intara ya Kivu y’Epfo n’abandi banyapolitiki barimo abatavuga rumwe...

IZIHERUKA

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye
MU RWANDA

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

07/06/2025
Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

06/06/2025
Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yageneye ubutumwa Ingabo z’u Rwanda anagaruka ku batabarukiye ku rugamba

Perezida Kagame yageneye ubutumwa Ingabo z’u Rwanda anagaruka ku batabarukiye ku rugamba

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.