• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Biden kuva yatorwa yasuye igikorwa kiri mu by’ibanze byibukirwa kuri Trump

radiotv10by radiotv10
10/01/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Biden kuva yatorwa yasuye igikorwa kiri mu by’ibanze byibukirwa kuri Trump
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Joe Biden kuva yatorerwa kuyobora iki Gihugu, yasuye umupaka ugihuza na Mexico wubatsweho urukuta rurerure rwo gukumira abimukira rwubatswe ku butegetsi bwa Donald Trump.

Perezida Joe Biden wasuye uyu mupaka ku Cyumweru tariki 08 Mutarama 2023, yagaragaye arindiwe umutekano bikomeye n’abarinzi b’uyu mupaka usanzwe warubatsweho urukuta rugabanya Mexico na USA.

Ubwo Biden yasuraga uru rukuta rurerure rwubatswe ku butegetsi bwa Donald Trump yasimbuye, yagiye asobanurirwa imikorere y’ibikorwa byo gucungira umutekano uyu mupaka.

Biden ari kumwe n’Umunyamabanga ushinzwe umutekano w’imbere mu Gihugu, Alejandro Mayorkas, banasuye ikiraro cya America gihuza iki Gihugu na Mexico, bareba ibikoresho byifashishwa mu gutahura ibiyobyabwenge.

Abasesenguzi mu bya politiki, bavuga ko kuba Joe Biden yasuye uru rukuta, ari ikimenyetso cy’uko na we ahangayikishijwe n’ikibazo cy’abimukira, bikaba bimwe mu maturufu ashobora kumufasha kwegukana manda ya kabiri.

Ku wa Kane w’icyumweru gishize kandi, Joe Biden yatangaje ko ubutegetsi bwe bwifuza gukaza uburyo bwo gukumira abimukira binjira muri Leta Zunze Ubumwe za America byumwihariko abanyura ku mipaka ihuza iki Gihugu na Cuba, Haiti na Nicaragua.

Gusa Greg Abbott, akaba Guverineri wa Texas akaba n’Umu-Republican, we ashinja Biden kunanirwa gushyira imbaraga mu mategeko yo gukumira abimukira.

Uyu Guverineri ushobora no kuziyamamaza mu matora y’Umukuru w’Igihugu ya 2024, mu nyandiko yandikiye Perezida Biden, yagize ati “Wahonyoye inshingano ziteganywa n’Itegeko Nshinga zo kurinda kwinjirirwa kwa America.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − 3 =

Previous Post

Muve aha mujya kubikurikirana- Perezida Kagame yakubise umwotso ku bibazo biri mu gutwara abagenzi

Next Post

Hatangajwe inkuru ibabaje kuri umwe mu bana bakoze impanuka ku munsi wa mbere w’ishuri

Related Posts

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Next Post
Hatangajwe inkuru ibabaje kuri umwe mu bana bakoze impanuka ku munsi wa mbere w’ishuri

Hatangajwe inkuru ibabaje kuri umwe mu bana bakoze impanuka ku munsi wa mbere w’ishuri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.