Wednesday, November 5, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uzwi muri football mu Rwanda wari umaze igihe atumwaho na RIB yageze aho arayumvira

radiotv10by radiotv10
23/01/2023
in MU RWANDA, SIPORO, UBUTABERA
0
Uzwi muri football mu Rwanda wari umaze igihe atumwaho na RIB yageze aho arayumvira
Share on FacebookShare on Twitter

Umwe mu bazwi mu mupira w’amaguru mu Rwanda akaba akuriye abafana b’ikipe ya AS Kigali, Nshimiye Joseph ukekwaho ubwambuzi bushukana ariko akaba yari yaranze kwitaba RIB ikamutumaho ariko akabanza kwinangira, yageze aho arayitaba ahita atabwa muri yombi.

Nshimiye Joseph ukunze kugaragara cyane iyo ikipe ya AS Kigali yitegura imikino ikomeye, ayivugira anavugira abafana bayo, yari amaze iminsi ashakishwa ndetse anatumizwaho n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) ariko yarinangiye, aho byavugwaga ko yihishahishaga.

Mu mpera z’icyumweru twaraye dusoje, amakuru yamenyekanye ko uyu mugabo ubu ari mu maboko ya RIB nyuma yo kuyitaba.

Nkuko byemejwe n’ Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), Dr Murangira Thierry, yavuze ko Nshimiye Joseph yishyikiriye uru rwego ku wa Gatandatu tariki 21 Mutarama 2023.

Dr Murangira wagarutse ku kuba Nshimiye Joseph yari yinangiye kwitaba RIB ndetse agasabwa kuyishyikiriza, yavuze ko “ubutumwa bwamugezeho” akagera aho akitaba.

Nshimiye Joseph ukurikinywe hamwe n’abandi bantu babiri bo bari baramaze no gutabwa muri yombi, ubu afungiye kuri sitasiyo ya RIB ya Kicukiro mu gihe uru rwego ruri gukora dosiye kugira ngo ruzayishyikirize Ubushinjacyaha busuzume niba buzabaregera inkiko ubundi bubikore.

Babiri bakurikiranywe hamwe na Joseph, ni Barahinguka Serge ndetse na Ntambara Pierre Celestin, bose bakurikiranyweho icyaha cy’ubwambuzi bushukana.

Ni icyaha bakekwaho gukora bitwikiriye ikigo cyabo kitwa Gold Planning Artificial Intelligence, aho bashishikarizaga abantu gushoramo imari babizeza ibitangaza by’inyungu zidasanzwe ariko bagaheba, bikarangira aba bagabo biririye ayo mafaranga.

Joseph akunze kugaragara cyane iyo AS Kigali yakinnye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six − 5 =

Previous Post

Abanyapolitiki barimo abavuga ko batavuga rumwe n’ubutegetsi bitabiriye ishyingurwa ry’umunyamakuru Ntwali

Next Post

Ibitutsi birimo ibikojeje isoni byatutswe Mukansanga byatumye haba inama y’igitaraganya

Related Posts

Uruganda rwahawe uruhushya rwo kwenga inzoga rukoresheje ibitoki rwatahuweho ibiteye impungenge

Uruganda rwahawe uruhushya rwo kwenga inzoga rukoresheje ibitoki rwatahuweho ibiteye impungenge

by radiotv10
05/11/2025
0

Uruganda rutanganya inzoga ruherereye mu Muerenge wa Muhazi mu Karere ka Rwamagana, rwari rwarahawe uruhushya rwo gukoresha ibitoki mu gutunganya...

Ibyibanzweho mu kiganiro Minisitiri wa Siporo yagiranye n’abakiniye Ikipe y’Igihugu

Ibyibanzweho mu kiganiro Minisitiri wa Siporo yagiranye n’abakiniye Ikipe y’Igihugu

by radiotv10
05/11/2025
0

Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yakiriye bamwe mu bakiniye Ikipe y’Igihugu Amavubi mu mupira w’amaguru, bagirana ibiganiro byibanze mu bufatanye...

Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

by radiotv10
05/11/2025
0

Inzego z’umutekano zataye muri yombi abatetsi babiri bo ku ishuli ribanza rya Nyarutovu riri mu murenge wa Bushenge, abanyonzi babiri...

Umwana w’Umwami watwaye u Rwanda witabiye Imana hanze yarwo hatangajwe aho azashyingurwa

Umwana w’Umwami watwaye u Rwanda witabiye Imana hanze yarwo hatangajwe aho azashyingurwa

by radiotv10
05/11/2025
0

Igikomangoma Spéciose Mukabayojo Bideri, akaba umwana w’Umwami Yuhi V Musinga, uherutse kwitabira Imana muri Kenya aho yabaga, byemejwe ko azashyingurwa...

Eng.-Child of King Yuhi V Musinga who once ruled Rwanda has passed away

Eng.-Daughter of Rwanda’s former King passed away in Kenya, burial set in Rwanda

by radiotv10
05/11/2025
0

Princess Spéciose Mukabayojo Bideri, the daughter of King Yuhi V Musinga who once ruled Rwanda, has passed away in Kenya,...

IZIHERUKA

Hazamutse impaka kubera umugabo wagaragaye akorera Perezidante wa Mexico ibyo kumwubahuka
AMAHANGA

Hazamutse impaka kubera umugabo wagaragaye akorera Perezidante wa Mexico ibyo kumwubahuka

by radiotv10
05/11/2025
0

Uruganda rwahawe uruhushya rwo kwenga inzoga rukoresheje ibitoki rwatahuweho ibiteye impungenge

Uruganda rwahawe uruhushya rwo kwenga inzoga rukoresheje ibitoki rwatahuweho ibiteye impungenge

05/11/2025
Icyo Min.Nduhungirehe avuga ku myitozo MONUSCO yahaye FARDC yo gukoresha intwaro rutura

Icyo Min.Nduhungirehe avuga ku myitozo MONUSCO yahaye FARDC yo gukoresha intwaro rutura

05/11/2025
Ibyibanzweho mu kiganiro Minisitiri wa Siporo yagiranye n’abakiniye Ikipe y’Igihugu

Ibyibanzweho mu kiganiro Minisitiri wa Siporo yagiranye n’abakiniye Ikipe y’Igihugu

05/11/2025
Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

05/11/2025
Umwana w’Umwami watwaye u Rwanda witabiye Imana hanze yarwo hatangajwe aho azashyingurwa

Umwana w’Umwami watwaye u Rwanda witabiye Imana hanze yarwo hatangajwe aho azashyingurwa

05/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibitutsi birimo ibikojeje isoni byatutswe Mukansanga byatumye haba inama y’igitaraganya

Ibitutsi birimo ibikojeje isoni byatutswe Mukansanga byatumye haba inama y’igitaraganya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hazamutse impaka kubera umugabo wagaragaye akorera Perezidante wa Mexico ibyo kumwubahuka

Uruganda rwahawe uruhushya rwo kwenga inzoga rukoresheje ibitoki rwatahuweho ibiteye impungenge

Icyo Min.Nduhungirehe avuga ku myitozo MONUSCO yahaye FARDC yo gukoresha intwaro rutura

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.