Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Impamvu ibabaje yatumye avana ku ishuri umwana abereye mukase akajya kumuta mu musarani

radiotv10by radiotv10
21/02/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
7
Impamvu ibabaje yatumye avana ku ishuri umwana abereye mukase akajya kumuta mu musarani
Share on FacebookShare on Twitter

Umugore wo mu Murenge wa Masaka mu Karere ka Kicukiro, ukurikiranyweho guta mu musarani umwana abereye mukase, yemera icyaha akavuga ko yashakaga kubabaza umugabo we [Se w’uwo mwana] kugira ngo amwihimureho kuko yamutaye.

Uyu mugore uri gukurikiranwa n’Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Gasabo bwamaze kwakira dosiye ikubiyemo ikirego cye buzashyikiriza Urukiko Rwisumbuye rwa Gasabo.

Ubushinjacyaha buvuga ko iki cyaha cyabaye tariki 08 z’uku kwezi kwa Gashyantare 2023, mu Muduguru wa Rwintare mu Kagari ka Gitaraga, Umurenge wa Masaka.

Buvuga ko uyu mugore yakuye ku ishuri umwana abereye Mukase aramuzana ahita amuta mu cyobo cya metero 15, ashaka kumwica.

Gusa Imana yakinze akaboko uyu mwana ntiyitaba Imana, ariko abamutabaye basanze yavunaguritse, bahita bamujyana ku bitaro bya Masaka mu Karere ka Kicukiro.

Amakuru yatanzwe n’abazi iby’uyu mugore, bavuze ko atari akibana n’umugabo we akaba se w’uwo mwana, ndetse n’uwo mwana wahohotewe yari yaragiye kubana na Nyina umubyara, atari akibana na Mukase.

Bavuze ko kuba uyu mugore atari akibana n’umugabo we, ari byo byatumye ajya gukura ku ishuri uyu mwana ashaka kumwica kugira ngo yihimure ku mugabo wamutaye.

Ubushinjacyaha buvuga ko uyu mugore yemera ibyo akekwaho, akanavuga ko yabitewe n’umujinja yari afitiye umugabo we wamutaye, kuko yashakaga kumubabaza.

RADIOTV10

Comments 7

  1. Nicolas says:
    3 years ago

    Amoko aragwira!!!!!

    Reply
  2. Leonce says:
    3 years ago

    Kbx leta ikwiye kumuryoza ibyo yakoze kuko nigikorwa kiyica rubozo
    .

    Reply
  3. Christophe Nzabana says:
    3 years ago

    Ariko abantu bajye bareka ubugome, none se uwo mwana niwe wamutwaye umugabo?

    Nabwazwe ibyo yakoze

    Reply
  4. Joseph says:
    3 years ago

    Ese buriya we uwamushyira aho yashakaga gushyira uwo muziranenge. Ko ikibazo yaragifitanye numugabo umwana yaziraga iki? Gusa Imana ishimwe cyane kuba yararinze uyu mwana akaba agihumeka Umwuka w’abazima

    Reply
  5. Ishimwe says:
    3 years ago

    Namahano pp

    Reply
  6. Muya says:
    3 years ago

    Yarakuze kumuta ubundi umuntu ufite ubugome nkubwo wabana nawe

    Reply
  7. Hagenimana Claude says:
    3 years ago

    Hhhhh uwo mugore yararakaye pe

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 2 =

Previous Post

Habayeho gutungurwa kubera ibyihebe batakekaga basanze mu mutwe uba muri DRCongo urwanya Uganda

Next Post

TdRda: Umunyarwanda yanikiye abandi ubu ari imbere- Uko byifashe muri Huye-Musanze

Related Posts

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
TdRda: Umunyarwanda yanikiye abandi ubu ari imbere- Uko byifashe muri Huye-Musanze

TdRda: Umunyarwanda yanikiye abandi ubu ari imbere- Uko byifashe muri Huye-Musanze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.