Sunday, November 2, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Inkuru yihutirwa: Rusesabagina na Sankara barasohoka muri Gereza

radiotv10by radiotv10
24/03/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Inkuru yihutirwa: Rusesabagina na Sankara barasohoka muri Gereza
Share on FacebookShare on Twitter

Paul Rusesabagina na Nsabimana Callixte [Sankara] bari barahamijwe ibyaha bifitanye isano n’iterabwoba bagakatirwa ibihano birimo igifungo cy’imyaka 25, barafungurwa ku bw’imbabazi za Perezida wa Repubulika, Paul Kagame.

Ni amakuru yizewe yamenyekanye kuri uyu wa Gatanu tariki 24 Werurwe 2023, avuga ko aba bagabo bafungurwa uyu munsi.

Rusesabagina Paul agiye kurekurwa nyuma y’imyaka ibiri n’igice akatiwe gufungwa imyaka 25, dore ko icyemezo cy’Urukiko rwamukatiye bwa mbere, cyafashwe n’Urukiko Rukuru tariki 20 Nzeri 2021.

Icyo gihe kandi urugereko rw’Uruukiko Rukuru ruburanisha ibyaha Mpuzamahanga n’ibyambukiranya imipaka rwari rwakatiye Nsabimana Callixte alias Sankara gufungwa imyaka 20.

Muri uru rubanza, habayeho ubujurire bwatanzwe ku mpande zombi, Ubushinjacyaha bujurira ibihano byagiye bihabwa bamwe mu baregwa barimo na Paul Rusesabagina, mu gihe bamwe mu baregwa na bo bari bajuririye iki cyemezo barimo Nsabimana Callixte wasabaga kugabanyirizwa igihano.

Urukiko rw’Ubujurire rwaburanishije urubanza rw’ubujurire, muri mata 2022, rwafashe icyemezo, rugumishaho igifungo cy’imyaka 25 cyari cyakatiwe Paul Rusesabagina, rugabanyiriza Sankara, rumuhanisha gufungwa imyaka 15.

 

U Rwanda rwababariye n’abari babikwiye ni gute rutababarira Rusesabagina

Perezida Paul Kagame mu kiganiro yari aherutse kugirana n’Umunyamakuru Steve Clemons, yari yagarutse ku mbabazi zahawe Paul Rusesabagina.

Umukuru w’u Rwanda, Paul Kagame wabajijwe niba hari icyahindutse ku bijyanye no kurekura Rusesabagina kuko u Rwanda rwakunze kuvuga ko rudashobora kugendera ku gitutu ngo rumurekure, yari yavuze hari ibyariho bikorwa ku byakunze gusabwa n’amahanga kuri iki cyifuzo.

Muri iki kiganiro, Perezida Kagame yari yagize ati “Nkuko ubizi urebye no mu mateka yacu twahoze dushaka uburyo twajya imbere tugakomeza inzira itugeza ku byiza, hari aho twageze tubabarira n’abatari bakwiye kubabarirwa. Uko ni na ko abantu bagize uruhare muri Jenoside ndetse n’ibindi, benshi muri bo bagiye bagaruka mu buzima busanzwe. Ntabwo dukunze kubohwa n’amateka yacu.”

Muri iki kiganiro cyabaye mu cyumweru n’igice gishize, Umukuru w’u Rwanda yavuze ko hariho hakorwa ibiganiro kugira ngo harebwe inzira zakoreshwa mu guha imbabazi Rusesabagina, bigakorwa nta tegeko cyangwa amahame yishwe.

Umunyamakuru ubwo yasozaga ikiganiro kuri iyi ngingo, yabajije Perezida Paul Kagame ko nihagira igikorwa kuri yo, azamuhamagara akabimumenyesha, Umukuru w’u Rwanda amwizeza ko azabikora.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 2 =

Previous Post

BREAKING: Amakuru mashya adasubirwaho ku mukino w’Amavubi na Benin

Next Post

Indi nkuru nziza mu mubano w’u Rwanda na Uganda umaze umwaka wongeye gusigwa ibirungo

Related Posts

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

by radiotv10
01/11/2025
0

The nationwide identity verification and photo registration exercise for Rwanda’s new digital ID system began in Huye, Gisagara and Nyanza...

Unpaid internships in Rwanda: Are young people being exploited?

Unpaid internships in Rwanda: Are young people being exploited?

by radiotv10
01/11/2025
0

There’s a growing buzz and growing worry about internships in Rwanda that pay little or nothing. For many graduates, internships...

Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

by radiotv10
01/11/2025
0

Umugabo w’imyaka 62 y’amavuko ukekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, yafatiwe ku Biro by'Umurenge wa Rubengera mu Karere ka...

Eng.-Genocide suspect arrested after 31 years in hiding

Eng.-Genocide suspect arrested after 31 years in hiding

by radiotv10
01/11/2025
0

A 62-year-old man suspected of taking part in the 1994 Genocide against the Tutsi was arrested at the Rubengera Sector...

Akazi k’Ingabo z’u Rwanda mu rugamba rwo guhashya ibyihebe muri Mozambique kongeye kuzirikanwa

Akazi k’Ingabo z’u Rwanda mu rugamba rwo guhashya ibyihebe muri Mozambique kongeye kuzirikanwa

by radiotv10
31/10/2025
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Mozambique, Gen Júlio dos Santos Jane wasuye inzego z’Umutekano z’u Rwanda ziri mu mujyi wa wa...

IZIHERUKA

The Weekend Reset: How disconnecting can help you start Monday stronger
IMYIDAGADURO

The Weekend Reset: How disconnecting can help you start Monday stronger

by radiotv10
02/11/2025
0

Abayobozi ba AFC/M23 mu muhango wo guherekeza Musenyeri w’i Goma wanitabiriwe n’Umushumba wo mu Rwanda

Abayobozi ba AFC/M23 mu muhango wo guherekeza Musenyeri w’i Goma wanitabiriwe n’Umushumba wo mu Rwanda

01/11/2025
Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

01/11/2025
BREAKING: Ibyavuye mu matora ya Perezida muri Tanzania byatangajwe

BREAKING: Ibyavuye mu matora ya Perezida muri Tanzania byatangajwe

01/11/2025
Unpaid internships in Rwanda: Are young people being exploited?

Unpaid internships in Rwanda: Are young people being exploited?

01/11/2025
Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

01/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Indi nkuru nziza mu mubano w’u Rwanda na Uganda umaze umwaka wongeye gusigwa ibirungo

Indi nkuru nziza mu mubano w’u Rwanda na Uganda umaze umwaka wongeye gusigwa ibirungo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

The Weekend Reset: How disconnecting can help you start Monday stronger

Abayobozi ba AFC/M23 mu muhango wo guherekeza Musenyeri w’i Goma wanitabiriwe n’Umushumba wo mu Rwanda

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.