Saturday, July 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hamenyekanye amakuru atunguranye hagati ya Putin n’ukuriye itsinda ry’indwanyi kabuhariwe Wagner

radiotv10by radiotv10
10/07/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Hamenyekanye amakuru atunguranye hagati ya Putin n’ukuriye itsinda ry’indwanyi kabuhariwe Wagner
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin; n’umuyobozi w’itsinda ry’indwanyi z’abacancuro rya Wagner, Yevgeny Prigozhin, hamenyekanye amakuru ko bahuye, nyuma y’uko mu minsi ishize havugwaga kurebana ay’ingwe.

Byatangajwe n’Umuvugizi w’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu mu Burusiya Kremlin, Dmitry Peskov kuri uyu wa Mbere.

Dmitry Peskov yatangaje ko Yevgeny Prigozhin ari mu bayobozi bakuru ba Wagner bahuye na Putin mu Biro bye bya Kremlin tariki 29 z’ukwezi gushize kwa Kamena.

Ibiganiro byahuje Putin n’aba bakuriye uyu mutwe w’abacancuro, byamaze amasaha atatu, aho byari byitabiriwe n’abantu 35.

Ni ku nshuro ya mbere mu myaka 20 ishize Ibiro by’Umukuru w’Igihugu mu Burusiya, bitangaje ko Perezida Putin yaganiriye n’umuntu wagaragaje ukutajya imbizi na we.

Ibi biganiro kandi byabaye nyuma y’uko habaye ugusa nko guhangana gukomeye hagati y’ubutegetsi bw’u Burusiya n’iri tsinda rya Wagner, kwanakurikiwe no kuba urikuriye yarahise ahungira muri Belarus, Igihugu gisanzwe ari inshuti n’u Burusiya, nyuma y’uko hari hamaze kubaho ubwumvikane na Perezida wacyo Alexander Lukashenko.

Ibyabaye muri kiriya Gihugu, byakurikiwe no kuba Putin yarashinjaga iri tsinda kwigomeka n’ubugambanyi, mu gihe Prigozhin na we yatangazaga ko bashenguwe n’uburyo Igisirikare cy’u Burusiya cyamwiciye abarwanyi.

Icyo gihe yari yohereje abarwanyi be i Moscow mu Murwa Mukuru w’u Burisiya, bitwaje imbunda ziremereye, bavuga ko bagiye gukuraho igisirikare cy’iki Gihugu, ariko baza kugarukira mu nzira.

Abasesenguzi mu Burengerazuba bw’Isi, bavuga ko ibyabaye byose byagaragaje ko ububasha bwa Putin buri kugabanuka.

Umuvugizi wa Kremlin, Peskov ubwo yagarukaga kuri ibi biganiro byahuje Putin n’abakuriye Wagner, yavuze ko atazi ibirambuye ku byo baganiriyeho, ariko ko Putin yasabye ko “hakorwa isuzuma” ku bikorwa bya Wagner mu rugamba muri Ukraine.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × five =

Previous Post

Mu Rwanda hari umuhanda wafunzwe burundu ubererekera ikindi gikorwa gihanitse

Next Post

Ibyabaye kuri Padiri wari wagiye kugira uko yigenza muri Lodge biri kuvugisha benshi

Related Posts

General Muhoozi yagiriye inama umuntu wese ukorana na FDLR

General Muhoozi yagiriye inama umuntu wese ukorana na FDLR

by radiotv10
25/07/2025
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba yavuze ko umuntu wese ukorana n’umutwe w’iterabwoba wa FDLR uhungabanya umutekano w’u...

Kabila wabaye Perezida wa DRCongo aratangira kuburanishwa n’Urukiko rwa Gisirikare ku byaha bikomeye

Kabila wabaye Perezida wa DRCongo aratangira kuburanishwa n’Urukiko rwa Gisirikare ku byaha bikomeye

by radiotv10
25/07/2025
0

Urukiko Rukuru rwa Gisirikare muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ruratangira kuburanisha urubanza ruregwamo Joseph Kabila wabaye Perezida w’iki Gihugu...

Umupasiteri uri mu bakunzwe yashatse undi mugore hatarashira umwaka apfushije uwa mbere

Umupasiteri uri mu bakunzwe yashatse undi mugore hatarashira umwaka apfushije uwa mbere

by radiotv10
24/07/2025
0

Pasiteri Marcelo Tunasi wo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, uri mu bakozi b’Imana bakurikirwa na benshi muri Afurika, yashyingiranywe...

Uko byifashe mu gace kiriwe urugamba rwambikanye hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

Amakuru aturuka mu bice biri kuberamo imirwano ikomeye hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

by radiotv10
23/07/2025
0

Ibice byinshi muri Teritwari ya Masisi mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, byashizemo abantu bahunze kubera imirwano imaze iminsi ibiri...

Heavy fighting between AFC/M23 and Wazalendo is taking place in various villages of Masisi

Heavy fighting between AFC/M23 and Wazalendo is taking place in various villages of Masisi

by radiotv10
23/07/2025
0

Large parts of Masisi territory in North Kivu have been emptied of residents due to ongoing fights for the past...

IZIHERUKA

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’
MU RWANDA

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

by radiotv10
26/07/2025
0

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

26/07/2025
Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

26/07/2025
Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

25/07/2025
Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

25/07/2025
General Muhoozi yagiriye inama umuntu wese ukorana na FDLR

General Muhoozi yagiriye inama umuntu wese ukorana na FDLR

25/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibyabaye kuri Padiri wari wagiye kugira uko yigenza muri Lodge biri kuvugisha benshi

Ibyabaye kuri Padiri wari wagiye kugira uko yigenza muri Lodge biri kuvugisha benshi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.