Saturday, October 25, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ibivugwa nyuma y’urupfu rw’umunyapolitiki w’inararibonye muri Afurika

radiotv10by radiotv10
02/08/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Ibivugwa nyuma y’urupfu rw’umunyapolitiki w’inararibonye muri Afurika
Share on FacebookShare on Twitter

Henri Konan Bédié wabaye Perezida wa Côte d’Ivoire wanabaye inararibonye mu buyobozi bw’iki Gihugu, yitabye Imana ku myaka 89. Umwe mu nshuti ze za hafi, yavuze ko bari kumwe mu minsi micye ishize, baganira banasangira, ku buryo yatunguwe n’urupfu rwe.

Uyu mukambwe wayoboraga Côte d’Ivoire, witabiye Imana i Abidjan, yanabaye umuyobozi w’Ishyaka rya Parti démocratique de Côte d’Ivoire.

Ni umwe mu bamaze hafi kimwe cya kabiri cy’ikinyejana, afite icyubahiro muri Côte d’Ivoire avuga rikumvikana muri Politiki y’iki Gihugu, aho byanavugwaga ko ashobora kuziyamamaza mu matora ataha.

Henri Konan Bédié wayoboye iki Gihugu hagati ya 1993-1999, yitabye Imana kuri uyu wa Kabiri tariki 01 Kanama 2023.

Ubwo hatangazwaga iby’urupfu rwe mu gace ka Daoukro aho nyakwigendera yari yabanje kuvanwa, ahari hateraniye abarwanashyaka b’ishyaka rye rya PDCI, umuhuzabikorwa waryo, Cyril Yobouet yavuze ko yashenguwe n’urupfu rwe.

Yagize ati “Ntabwo mbyiyumvisha. Kuko hirya y’ejo hashize twari kumwe i Daoukro, twasangiye ifunguro rya mu gitondo, tunaganira, ntiyari ananiwe, yari afite imbaraga, twafashe amafoto. Twari twatangiye gutekereza uburyo bwo gutegura amatora hamwe na we, mu by’ukuri ni agahinda gakomeye.”

Innocent Kouamé Kouassi, umwe mu bakandida baziyamamaza mu matora, na we yagaragaje agahinda yatewe n’urupfu rw’uyu munyapolitiki.

Na we ubwo yagezaga ijambo ku barwanashyaka b’ishyaka rya nyakwigendera, Innocent Kouamé Kouassi yagize ati “Ntabwo mbyumba, ni na yo mpamvu naje hano.”

Uyu munyapolitiki yihanganishije abarwanashyaka b’ishyaka rya nyakwigendera, no kuzaherekeza neza uyu munyapolitiki witabye Imana.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − 6 =

Previous Post

Kirehe: Uko hafashwe umusore wari wibye televiziyo akayihisha mu rutoki

Next Post

‘Coup d’Etat’ itavugwaho rumwe muri Afurika ikomeje guhagurutsa abakomeye

Related Posts

Impanuka ikomeye yatewe n’ipikipiki yatumye benshi bitaba Imana mu Buhindi

Impanuka ikomeye yatewe n’ipikipiki yatumye benshi bitaba Imana mu Buhindi

by radiotv10
24/10/2025
0

Abantu 25 baburiye ubuzima mu mpanuka yabereye muri Leta ya Andhra Pradesh mu majyepfo y’u Buhindi, nyuma yuko bisi itwara...

Sarközy wabaye Perezida w’u Bufaransa uherutse kwishyikiriza Gereza ngo afungwe hatangajwe ibyo atazemererwa

Sarközy wabaye Perezida w’u Bufaransa uherutse kwishyikiriza Gereza ngo afungwe hatangajwe ibyo atazemererwa

by radiotv10
24/10/2025
0

Minisitiri w’Umutekano mu Bufaransa, yavuze ko Nicolas Sarközy wayoboye iki Gihugu, mu myaka itanu azamara muri Gereza La Santé afungiyemo,...

Trump yavuze icyumvikana nk’igitangaza kidasanzwe azakora naramuka yongeye gutorwa

Ingaruka z’ibihano bishya bya Trump zahise zigaragaza ku isoko ry’igicuruzwa gifatiye runini byinshi ku Isi

by radiotv10
24/10/2025
0

Ibihano Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Turmp yafatitye kompanyi ebyiri zicuruza ibikomoka kuri petrole zo mu Burusiya,...

FARDC yatumye hazamuka ubwoba bwinshi mu gace ko muri Kivu ya Ruguru

FARDC yatumye hazamuka ubwoba bwinshi mu gace ko muri Kivu ya Ruguru

by radiotv10
22/10/2025
0

Ubwoba bwatashye abatuye mu gace ka Kashebere ko muri Teritwari ya Walikale muri Kivu ya Ruguru kubera indege y’intambara yo...

Impanuka ikomeye muri Uganda yahitanye benshi

Impanuka ikomeye muri Uganda yahitanye benshi

by radiotv10
22/10/2025
0

Impanuka ikomeye y’imodoka zagonganye zirimo bisi ebyiri zitwara abagenzi, yabereye muri Uganda, yahitanye abantu 63, abandi benshi barakomereka. Iyi mpanuka...

IZIHERUKA

Guhangana biruta gusabiriza- Perezida Kagame yibukije Abanyarwanda icyo badakwiye kugirira ubwoba
MU RWANDA

Guhangana biruta gusabiriza- Perezida Kagame yibukije Abanyarwanda icyo badakwiye kugirira ubwoba

by radiotv10
24/10/2025
0

Igisubizo ku bibazaga iherezo ry’ibiganiro byari byatangiye hagati y’u Rwanda n’u Burundi

Igisubizo ku bibazaga iherezo ry’ibiganiro byari byatangiye hagati y’u Rwanda n’u Burundi

24/10/2025
Umuti uzarandura ikibazo cy’imisifurire kiri mu bizambya ruhago nyarwanda uri mu nzira

Umuti uzarandura ikibazo cy’imisifurire kiri mu bizambya ruhago nyarwanda uri mu nzira

24/10/2025
Rusizi: Umukinnyi w’umupira w’amaguru yishwe n’amazi agerageza kujya muri Congo mu mukino wa gicuti

Rusizi: Umukinnyi w’umupira w’amaguru yishwe n’amazi agerageza kujya muri Congo mu mukino wa gicuti

24/10/2025
Impanuka ikomeye yatewe n’ipikipiki yatumye benshi bitaba Imana mu Buhindi

Impanuka ikomeye yatewe n’ipikipiki yatumye benshi bitaba Imana mu Buhindi

24/10/2025
Rutsiro: Ibyabanjirije inkuru y’akababaro ku mugabo n’umwana we muto birakekwa ko ari byo nyirabayazana

Rutsiro: Umugabo wari wagiye kwivuza yatashye yakirwa n’inkuru y’incamugongo

24/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
‘Coup d’Etat’ itavugwaho rumwe muri Afurika ikomeje guhagurutsa abakomeye

'Coup d’Etat' itavugwaho rumwe muri Afurika ikomeje guhagurutsa abakomeye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Guhangana biruta gusabiriza- Perezida Kagame yibukije Abanyarwanda icyo badakwiye kugirira ubwoba

Igisubizo ku bibazaga iherezo ry’ibiganiro byari byatangiye hagati y’u Rwanda n’u Burundi

Umuti uzarandura ikibazo cy’imisifurire kiri mu bizambya ruhago nyarwanda uri mu nzira

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.