Sunday, December 14, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Hari amakuru atunguranye ava mu itsinda ry’abagore b’ikimero ryatitije imbuga nkoranyambaga

radiotv10by radiotv10
15/08/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Hari amakuru atunguranye ava mu itsinda ry’abagore b’ikimero ryatitije imbuga nkoranyambaga
Share on FacebookShare on Twitter

Umwe mu bari bagize itsinda rya ‘Kigali Boss Babes’ ry’abagore b’uburanga n’ikimero byihariye, banazwiho kuba batunze agatubutse, yatangaje ko yamaze kurivamo, nyuma y’amezi ane gusa rishinzwe.

Iri tsinda ryagarutsweho cyane muri Mata uyu mwaka, ubwo hamenyekanaga ko abagore batandatu bahuriye ku kuba bose batunze agatubutse kandi bakaba bazwi mu ruganda rw’imyidagaduro, bashinze itsinda rya ‘Kigali Boss Babes’.

Icyo gihe ryari ryatangijwe n’abasanzwe bafite amazina azwi mu myidagaduro y’u Rwanda, nka nka Alliah Cool uzwi muri Sinema nyarwanda, umunyamideri Isimbi Hatzir uzwi nka Isimbi Model, umunyamideri Christella, Gashema Sylvie, Camille Yvette na Queen Douce.

Nyuma y’amezi ane hatangajwe ko iri tsinda rishinzwe, Umunyamideri Isimbi Model yatangaje ko yamaze kurivamo, nk’uko yabihamirije Ikinyamakuru Inyarwanda.

Isimbi yavuze ko yafashe icyemezo cyo kuva muri iri tsinda kubera inshingano nyinshi asanganywe zirimo ubucuruzi ndetse n’ibindi bikorwa asanzwe akora.

Uyu mugore usanzwe afite kompanyi yamamaza ibikorwa binyuranye, ndetse inafasha abantu gutumiza ibicuruzwa mu mahanga no kubyoherezayo, yari amaze iminsi atagaragara hamwe n’abagize iri tsinda rya Kigali Boss Babes ridakunze gutangwa mu bitaramo n’ibikorwa bihuriza hamwe imbaga.

Iri tsinda riherutse no kwitabira umunsi wiswe uw’Igikundiro w’Ikipe ya Rayon Sports, ntiryagaragayemo uyu mugore Isimbi Model, ahubwo hagaragayemo umushya witwa Alica La Boss, bivugwa ko ari we uherutse kuryinjiramo.

Isimbi Model usanzwe ari umubyeyi w’umwana w’imyaka 10, yakunze kuvuga ko yaba umwana we ndetse n’umugabo we Shaul Hatzir bamushyigikiye muri ibi bikorwa bituma ahora ahanzwe amaso na benshi ku mbuga nkoranyambaga.

Kigali Boss Babes ubwo bayishingaga
Isimbi Model yamaze kuva muri Kigali Boss Babes
Isimbi Model asanzwe ari umunyamideri

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 + eighteen =

Previous Post

Ethiopia: Leta iravugwaho kwihekura mu gitera cy’indege cyasize amarira mu basivile

Next Post

Hasobanuwe ibikurikiranywe ku bagabo batatu byumvikanamo amahano n’agashinyaguro bakoreye umwana w’umukobwa

Related Posts

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

by radiotv10
12/12/2025
0

Umuhanzikazi w’icyamamare mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana, Aline Gahongayire, yizihije isabukuru y’amavuko kuri uyu wa 12 Ukuboza 2025,...

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

by radiotv10
11/12/2025
0

Mu rubanza rw’abaregwa gukwirakwiza amashusho y’urukozasoni, barimo Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad, hasobanuwe ko uyu uzwi mu biganiro kuri YouTube,...

Uko byagenze ubwo umuhanzi Lionel Sentore yahuraga n’umubyeyi we baherukanaga mu myaka 13 ishize

Uko byagenze ubwo umuhanzi Lionel Sentore yahuraga n’umubyeyi we baherukanaga mu myaka 13 ishize

by radiotv10
11/12/2025
0

Umuhanzi mu njyana ya gakondo, Lionel Sentore, yagaragaje ibyishimo yatewe no kongera guhura n’umubyeyi we bari bamaze imyaka 13 batabonana,...

Bamporiki wabaye muri Guverinoma y’u Rwanda yitabiriye umuhango wo gusezerana w’Umuhanzi Niyo Bosco

Bamporiki wabaye muri Guverinoma y’u Rwanda yitabiriye umuhango wo gusezerana w’Umuhanzi Niyo Bosco

by radiotv10
11/12/2025
0

Edouard Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda, yagiye gushyigikira umuhanzi Niyo Bosco, mu muhango wo gusezerana imbere y’amategeko n’umugore...

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

by radiotv10
10/12/2025
0

Umuhanzikazi Alyn Sano yabajijwe niba akiri isugi, abanza gutungurwa no kuba uwari ubimubajije atinyuka kubimubaza, amusubiza na we amubaza niba...

IZIHERUKA

Umugabo wari umaze iminsi mu gikorwa cyari cyakuye benshi imitima yatawe muri yombi
AMAHANGA

Umugabo wari umaze iminsi mu gikorwa cyari cyakuye benshi imitima yatawe muri yombi

by radiotv10
14/12/2025
0

Bio Usawa Welcomes Global Health Strategist, Professor Prashant Yadav, as Chair of Its Global Access and Health Equity Advisory Board

Bio Usawa Welcomes Global Health Strategist, Professor Prashant Yadav, as Chair of Its Global Access and Health Equity Advisory Board

14/12/2025
Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

13/12/2025
Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

13/12/2025
Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

13/12/2025
Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

13/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Hasobanuwe ibikurikiranywe ku bagabo batatu byumvikanamo amahano n’agashinyaguro bakoreye umwana w’umukobwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umugabo wari umaze iminsi mu gikorwa cyari cyakuye benshi imitima yatawe muri yombi

Bio Usawa Welcomes Global Health Strategist, Professor Prashant Yadav, as Chair of Its Global Access and Health Equity Advisory Board

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.