Saturday, October 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Ole Gunnar Solskjær yishimiye igaruka rya Marcus Rashford mbere yo gucakirana na Everton

radiotv10by radiotv10
02/10/2021
in SIPORO
0
Ole Gunnar Solskjær yishimiye igaruka rya Marcus Rashford mbere yo gucakirana na Everton
Share on FacebookShare on Twitter

Mbere y’uko Manchester United icakirana na Everton kuri uyu wa gatandatu tariki ya 2 Ukwakira 2021, Ole Gunnar Solskjær umutoza mukuru wa Manchester United avuga ko Marcus Rashford wari umaz igihe arwaye yagarutse mu kazi ndetse n’imyitozo yayikoze neza ku buryo bitanamubuza gufatanya na bagenzi be bashaka amanota atatu.

Ole Gunnar Solskjær avuga ko kuri ubu atahita amushyira mu kibuga ariko nyuma y’imikino y’amakipe y’ibihugu (International Break) azaba yiteguyr kongera kujya ku rupapuro rw’abitabazwa ku mukino.

Agaruka kuri buzima bwa Marcus Rashford n’uko ahagaze ubu, Ole yagize ati “Marcus ameze neza. Yakoranye n’abandi kuri uyu wa gatanu gusa ubona ko atinya kuba yagira uwo bagongana (contact) kugeza ubu. Gusa mu gihe urutugu rwe ruzaba rubasha kuba yarukoresha abyigana n’abandi, twizera ko nyuma y’imikino y’ibihugu azaba yiteguye kudufasha.” Ole

The cotton wool came off for Marcus Rashford as he returned to full contact training with Man Utd

Marcus Rashford yatangiye imyitozo hamwe n’abandi bakinnyi ba Manchester United nyuma y’igihe avurwa urutugu

Agaruka ku bakinnyi bafite ibibazo by’imvune mbere yo guhura na Everton, Ole yasobanuye ko Luke Shaw ukina inyuma ahagana ibumoso ameze neza muri we ariko urutugu rwe rukirimo ikibazo ku buryo bigoye ko yagaruka vuba aha kuko ngo aracyafite iminsi hanze.

Manchester United iheruka kubona umusaruro muri UEFA Champions League itsinze Villareal ibitego 2-1, ishobora kuza kuba ifitemo abakinnyi nk’impinduka ugereranyije n’abakinnye na Villareal.

Aoron Wan-Bissaka ukina inyuma ahagana iburyo ashobora kugaruka mu mwanya wa Diogo Dalot kuko Bissaka atakinnye na Villareal azira ikarita itukura yabonye bakina na Young Boys muri UEFA Champions League.

Victor Nilson Kindelof kuri ubu afite amahirwe yo gufatanya na Raphael Varane mu mutima w’ubwugarizi nyuma y’uko Harry Maguire agiriye ikibazo mu mukino batsinzemo Villareal.

Manchester United built on players coming through the youth system: Ole  Gunnar Solskjaer - The Statesman

Ole Gunnar Solskjær yishimiye igaruka rya Marcus Rashford

Manchester United iraba iri mu rugo iracakirana na Everton i Old Traford. Manchester iri ku mwanya wa kane n’amanota 13 mu gihe Everton iyiri inyuma ku mwanya wa gatanu banganya amanota (13) gusa Manchester ikaba izigamye ibitego umunani kuri bitanu bya Everton.

The cotton wool came off for Marcus Rashford as he returned to full contact training with Man Utd

Ole avuga ko Marcus Rashford azitabazwa mu mikino Manchester United izakina nyuma y’imikino y’ibihugu

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 + nine =

Previous Post

TANZANIA: Meddie Kagere wari uvuye ku ntebe yafashije Simba SC kwivana mu nzara za Dodoma Jiji-AMAFOTO

Next Post

CRICKET: U Rwanda rwatsinze Nigeria mbere yo gucakirana na Uganda

Related Posts

Ubutumwa bwa Kapiteni w’Ikipe y’u Rwanda nyuma y’umusaruro utarishimiwe

Ubutumwa bwa Kapiteni w’Ikipe y’u Rwanda nyuma y’umusaruro utarishimiwe

by radiotv10
17/10/2025
0

Kapiteni w’Ikipe y’Igihugu Amavubi, Bizimana Djihad, yagaragaje ko na bo batishimiye umusaruro babonye mu mikino baherutse gukina, ariko ko basezeranya...

Rayon imazemo iminsi ibibazo ubu iravugwamo inkuru nziza yashimisha abafana

Rayon imazemo iminsi ibibazo ubu iravugwamo inkuru nziza yashimisha abafana

by radiotv10
17/10/2025
0

Rutahizamu Fall Ngagne wa Rayon Sports wayifashije mu mwaka w'imikino ushize agashimisha abafana bayo, wari umaze amezi 10 mu mvune,...

Amakuru agezweho mu Ikipe iyoboye Shampiyona y’u Rwanda

Amakuru agezweho mu Ikipe iyoboye Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
16/10/2025
0

Ikipe ya Police FC iyoboye urutonde rw’agateganyo rwa Shampiyona y’u Rwanda imaze gukinwa iminsi itatu, yatandukanye na Muhadjiri Hakizimana wari...

Amahirwe y’Amavubi yo kujya mu cy’Isi birangiye abuze burundu

Nyuma yuko Amavubi yongeye gutenguha Abanyarwanda harakurikiraho iki?

by radiotv10
16/10/2025
0

Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, yatangaje ko nyuma yuko Ikipe y’Igihugu itsinzwe imikino ibiri yikurikiranya, hagiye gushakwa uburyo hategurwa...

Umukinnyi w’umunyempano Djabel utaherukaga kugaragara muri Shampiyona y’u Rwanda agiye kongera kuyikina

Umukinnyi w’umunyempano Djabel utaherukaga kugaragara muri Shampiyona y’u Rwanda agiye kongera kuyikina

by radiotv10
14/10/2025
0

Manishimwe Djabel wanyuze mu makipe akomeye mu Rwanda nka Rayon Sports na APR FC yanabereye kapiteni, wari umaze igihe yaragiye...

IZIHERUKA

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID
IMIBEREHO MYIZA

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

by radiotv10
18/10/2025
0

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Sudani y’Epfo zagobotse abanyeshuri 900

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Sudani y’Epfo zagobotse abanyeshuri 900

18/10/2025
Ubutumwa buryohereye umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yageneye umuhanzi wamwambitse impeta

Hamenyekanye itariki y’ubukwe bw’umunyamakurukazi n’umuhanzi bazwi mu Rwanda

18/10/2025
Minisitiri w’Intebe yirukanye abayobozi batatu mu bigo bibiri byo ku rwego rw’Igihugu

Minisitiri w’Intebe yirukanye abayobozi batatu mu bigo bibiri byo ku rwego rw’Igihugu

18/10/2025
Umusore arahigishwa uruhindu nyuma yo kwica ateye icyuma umukobwa bakundanaga bari banararanye

Umusore arahigishwa uruhindu nyuma yo kwica ateye icyuma umukobwa bakundanaga bari banararanye

17/10/2025
Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho gukaza imbaraga mu gufasha FARDC guhangana na AFC/M23

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho gukaza imbaraga mu gufasha FARDC guhangana na AFC/M23

17/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
CRICKET: U Rwanda rwatsinze Nigeria mbere yo gucakirana na Uganda

CRICKET: U Rwanda rwatsinze Nigeria mbere yo gucakirana na Uganda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Sudani y’Epfo zagobotse abanyeshuri 900

Hamenyekanye itariki y’ubukwe bw’umunyamakurukazi n’umuhanzi bazwi mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.