Tuesday, January 20, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Ole Gunnar Solskjær yishimiye igaruka rya Marcus Rashford mbere yo gucakirana na Everton

radiotv10by radiotv10
02/10/2021
in SIPORO
0
Ole Gunnar Solskjær yishimiye igaruka rya Marcus Rashford mbere yo gucakirana na Everton
Share on FacebookShare on Twitter

Mbere y’uko Manchester United icakirana na Everton kuri uyu wa gatandatu tariki ya 2 Ukwakira 2021, Ole Gunnar Solskjær umutoza mukuru wa Manchester United avuga ko Marcus Rashford wari umaz igihe arwaye yagarutse mu kazi ndetse n’imyitozo yayikoze neza ku buryo bitanamubuza gufatanya na bagenzi be bashaka amanota atatu.

Ole Gunnar Solskjær avuga ko kuri ubu atahita amushyira mu kibuga ariko nyuma y’imikino y’amakipe y’ibihugu (International Break) azaba yiteguyr kongera kujya ku rupapuro rw’abitabazwa ku mukino.

Agaruka kuri buzima bwa Marcus Rashford n’uko ahagaze ubu, Ole yagize ati “Marcus ameze neza. Yakoranye n’abandi kuri uyu wa gatanu gusa ubona ko atinya kuba yagira uwo bagongana (contact) kugeza ubu. Gusa mu gihe urutugu rwe ruzaba rubasha kuba yarukoresha abyigana n’abandi, twizera ko nyuma y’imikino y’ibihugu azaba yiteguye kudufasha.” Ole

The cotton wool came off for Marcus Rashford as he returned to full contact training with Man Utd

Marcus Rashford yatangiye imyitozo hamwe n’abandi bakinnyi ba Manchester United nyuma y’igihe avurwa urutugu

Agaruka ku bakinnyi bafite ibibazo by’imvune mbere yo guhura na Everton, Ole yasobanuye ko Luke Shaw ukina inyuma ahagana ibumoso ameze neza muri we ariko urutugu rwe rukirimo ikibazo ku buryo bigoye ko yagaruka vuba aha kuko ngo aracyafite iminsi hanze.

Manchester United iheruka kubona umusaruro muri UEFA Champions League itsinze Villareal ibitego 2-1, ishobora kuza kuba ifitemo abakinnyi nk’impinduka ugereranyije n’abakinnye na Villareal.

Aoron Wan-Bissaka ukina inyuma ahagana iburyo ashobora kugaruka mu mwanya wa Diogo Dalot kuko Bissaka atakinnye na Villareal azira ikarita itukura yabonye bakina na Young Boys muri UEFA Champions League.

Victor Nilson Kindelof kuri ubu afite amahirwe yo gufatanya na Raphael Varane mu mutima w’ubwugarizi nyuma y’uko Harry Maguire agiriye ikibazo mu mukino batsinzemo Villareal.

Manchester United built on players coming through the youth system: Ole  Gunnar Solskjaer - The Statesman

Ole Gunnar Solskjær yishimiye igaruka rya Marcus Rashford

Manchester United iraba iri mu rugo iracakirana na Everton i Old Traford. Manchester iri ku mwanya wa kane n’amanota 13 mu gihe Everton iyiri inyuma ku mwanya wa gatanu banganya amanota (13) gusa Manchester ikaba izigamye ibitego umunani kuri bitanu bya Everton.

The cotton wool came off for Marcus Rashford as he returned to full contact training with Man Utd

Ole avuga ko Marcus Rashford azitabazwa mu mikino Manchester United izakina nyuma y’imikino y’ibihugu

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − fifteen =

Previous Post

TANZANIA: Meddie Kagere wari uvuye ku ntebe yafashije Simba SC kwivana mu nzara za Dodoma Jiji-AMAFOTO

Next Post

CRICKET: U Rwanda rwatsinze Nigeria mbere yo gucakirana na Uganda

Related Posts

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

by radiotv10
19/01/2026
0

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwatangaje ko Umutoza mukuru w’iyi Kipe, Bruno Ferry yapfushije umubyeyi we Jean Pierre Ferry, nyuma y'iminsi...

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

by radiotv10
19/01/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wa nyuma w’Igikombe cya Afurika warangiye Ikipe y’Igihugu ya Senegal icyegukanye, nyuma y’imvururu zawuranze kubera...

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

by radiotv10
19/01/2026
0

Ndi umukunzi wa Rayon Sport w'akadosohoka, nimbivuga mubyumve nk’Ukuri kuzuye. Niba hari igihe nshobona kubona ibyishimo bisendereye ni igihe iyi...

Hashyizwe hanze itangazo ku byakozwe n’abafana ba APR nyuma y’icyemezo kitabanyuze

Hashyizwe hanze itangazo ku byakozwe n’abafana ba APR nyuma y’icyemezo kitabanyuze

by radiotv10
19/01/2026
0

Ishyirahamwe ry’Umupira w'Amaguru mu Rwanda na Rwanda Premier League ikurikirana Shampiyona, bamaganye imyitwarire yagaragajwe na bamwe mu bafana ba APR...

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

by radiotv10
16/01/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports iri mu biganiro bya nyuma n’abakinnyi batatu barimo Yannick Mukunzi, Faustin Usengimana na Yves Mugunga, mu...

IZIHERUKA

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda
AMAHANGA

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

by radiotv10
19/01/2026
0

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

19/01/2026
AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

19/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
CRICKET: U Rwanda rwatsinze Nigeria mbere yo gucakirana na Uganda

CRICKET: U Rwanda rwatsinze Nigeria mbere yo gucakirana na Uganda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.