Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Ole Gunnar Solskjær yishimiye igaruka rya Marcus Rashford mbere yo gucakirana na Everton

radiotv10by radiotv10
02/10/2021
in SIPORO
0
Ole Gunnar Solskjær yishimiye igaruka rya Marcus Rashford mbere yo gucakirana na Everton
Share on FacebookShare on Twitter

Mbere y’uko Manchester United icakirana na Everton kuri uyu wa gatandatu tariki ya 2 Ukwakira 2021, Ole Gunnar Solskjær umutoza mukuru wa Manchester United avuga ko Marcus Rashford wari umaz igihe arwaye yagarutse mu kazi ndetse n’imyitozo yayikoze neza ku buryo bitanamubuza gufatanya na bagenzi be bashaka amanota atatu.

Ole Gunnar Solskjær avuga ko kuri ubu atahita amushyira mu kibuga ariko nyuma y’imikino y’amakipe y’ibihugu (International Break) azaba yiteguyr kongera kujya ku rupapuro rw’abitabazwa ku mukino.

Agaruka kuri buzima bwa Marcus Rashford n’uko ahagaze ubu, Ole yagize ati “Marcus ameze neza. Yakoranye n’abandi kuri uyu wa gatanu gusa ubona ko atinya kuba yagira uwo bagongana (contact) kugeza ubu. Gusa mu gihe urutugu rwe ruzaba rubasha kuba yarukoresha abyigana n’abandi, twizera ko nyuma y’imikino y’ibihugu azaba yiteguye kudufasha.” Ole

The cotton wool came off for Marcus Rashford as he returned to full contact training with Man Utd

Marcus Rashford yatangiye imyitozo hamwe n’abandi bakinnyi ba Manchester United nyuma y’igihe avurwa urutugu

Agaruka ku bakinnyi bafite ibibazo by’imvune mbere yo guhura na Everton, Ole yasobanuye ko Luke Shaw ukina inyuma ahagana ibumoso ameze neza muri we ariko urutugu rwe rukirimo ikibazo ku buryo bigoye ko yagaruka vuba aha kuko ngo aracyafite iminsi hanze.

Manchester United iheruka kubona umusaruro muri UEFA Champions League itsinze Villareal ibitego 2-1, ishobora kuza kuba ifitemo abakinnyi nk’impinduka ugereranyije n’abakinnye na Villareal.

Aoron Wan-Bissaka ukina inyuma ahagana iburyo ashobora kugaruka mu mwanya wa Diogo Dalot kuko Bissaka atakinnye na Villareal azira ikarita itukura yabonye bakina na Young Boys muri UEFA Champions League.

Victor Nilson Kindelof kuri ubu afite amahirwe yo gufatanya na Raphael Varane mu mutima w’ubwugarizi nyuma y’uko Harry Maguire agiriye ikibazo mu mukino batsinzemo Villareal.

Manchester United built on players coming through the youth system: Ole  Gunnar Solskjaer - The Statesman

Ole Gunnar Solskjær yishimiye igaruka rya Marcus Rashford

Manchester United iraba iri mu rugo iracakirana na Everton i Old Traford. Manchester iri ku mwanya wa kane n’amanota 13 mu gihe Everton iyiri inyuma ku mwanya wa gatanu banganya amanota (13) gusa Manchester ikaba izigamye ibitego umunani kuri bitanu bya Everton.

The cotton wool came off for Marcus Rashford as he returned to full contact training with Man Utd

Ole avuga ko Marcus Rashford azitabazwa mu mikino Manchester United izakina nyuma y’imikino y’ibihugu

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen − 9 =

Previous Post

TANZANIA: Meddie Kagere wari uvuye ku ntebe yafashije Simba SC kwivana mu nzara za Dodoma Jiji-AMAFOTO

Next Post

CRICKET: U Rwanda rwatsinze Nigeria mbere yo gucakirana na Uganda

Related Posts

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

by radiotv10
29/01/2026
0

Nubwo Umuyobozi wa APR FC Brig Gen Deo Rusanganwa abihakana, amakuru ava imbere mu ikipe ya Al Hilal aremeza ko...

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

by radiotv10
29/01/2026
0

Impuzamashyihamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika CAF, yatangaje ibihano byafashwe ku mpande zombi kuri Maroc na Senegal, kubera imvururu zabaye ku...

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

by radiotv10
28/01/2026
0

Ikipe ya APR FC yageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Ubutwari cya 2026 nyuma yo gutsinda As Kigali ibitego 3-0...

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

by radiotv10
28/01/2026
0

Nyuma y'iminsi ari mu biruhuko iwabo mu Gihugu cya Cameroun yagiyemo nyuma y'imvune, Aziz Bassané Koulagna yagarutse mu ikipe ye...

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

by radiotv10
26/01/2026
0

Rutahizamu w’Umunya-Mali, Adama Bagayogo, uheruka gutandukana n’ikipe ya Rayon Sports, yerekeje mu ikipe ya AS Kigali, aho yasinye amasezerano y’amezi...

IZIHERUKA

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda
MU RWANDA

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

30/01/2026
Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

30/01/2026
Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

29/01/2026
Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
CRICKET: U Rwanda rwatsinze Nigeria mbere yo gucakirana na Uganda

CRICKET: U Rwanda rwatsinze Nigeria mbere yo gucakirana na Uganda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.