Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Umunyamakuru uri mu bakunzwe mu Rwanda afitiye ubutumwa Abanyarwanda buganisha ku Mavubi

radiotv10by radiotv10
13/11/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
Umunyamakuru uri mu bakunzwe mu Rwanda afitiye ubutumwa Abanyarwanda buganisha ku Mavubi
Share on FacebookShare on Twitter

Scovia Mutesi arasaba Abanyarwanda kuzajya gushyigikira ikipe yabo Amavubi ifite umukino kuri uyu wa Kane, akavuga ko na we inkoko ari yo ngoma, kugira ngo aba bakinnyi bazakine bumva umurindi w’abafana kuko “ibakeneye nk’uko umwana akenera ibere rya nyina.”

Ni nyuma yuko abarimo abayobozi mu nzego za Leta no mu bigo bifite aho bihuriye n’Umupira w’Amaguru binjiye mu bukangurambaga, bwo gusaba Abanyarwanda kuzajya gushyigikira Ikipe yabo ifite umukino na Libya kuri uyu wa Kane, mu gushaka itike y’Igikombe cya Afurika (CAN).

Minisitiri wa Siporo, Richard Nyirishema uri mu batanze ubutumwa bwo guhamagarira Abanyarwanda kuzajya gushyigikira ikipe yabo, yizeje Abanyarwanda ko ikipe yabo izabaha ibyishimo.

Mu butumwa bw’amashusho yafatiwe muri Sitade Amahoro ahazabera uyu mukino, Minisitiri Nyirishema yagize ati “Ikipe yacu Amavubi yiteguye gutsinda Libya ku wa Kane tariki 14 Ugushyingo saa kumi n’ebyiri za nimugoroba ku kibuga cyacu. Ahasigaye ni ahacu kuza tukuzuza Amahoro tukabashyigikira.”

Perezida w’ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), Alphonse Munyantwari na we mu butumwa yari aherutse gutanga, yabwiye Abanyarwanda bose ko “turabatumiye, ikipe yacu Amavubi izakina n’ikipe ya Libya zihatanira kuzitabira imikino ya CAN. Mwese mwese muratumiwe. Gura itike yawe nonaho.”

Mu butumwa bukomeje gutangwa, umunyamakuru Mutesi Scovia na we yasabye Abanyarwanda kuzajya gutera ingabo mu bitugu ikipe yabo Amavubi.

Mutesi Scovia na we wafashwe amashusho ari muri Sitade Amahoro, asaba Abanyarwanda kuzaza gushyigikira ikipe yabo, kugira ngo bazayitize imbaraga na yo ibashe kubaha ibyishimo.

Yagize ati “Buri Munyarwanda, buri Muturarwanda wese ushobora kumva iyi video, ndabasabye rwose muzaze tujye gushyigikira ikipe y’Igihugu cyacu y’Amavubi, twese nk’abitsamuye, abato n’abakuru, abishoboye n’abatishoboye, iriya kipe iradukeneye nk’uko ureba umwana aba akeneye ibere rya nyina.”

Uyu munyamakuru avuga ko iyo abakinnyi bari mu kibuga bumva umurindi w’abafana babo, bibatera akanyabugabo, bikabongerera imbaraga, bityo ko Amavubi na yo akwiye gushyigikirwa kugira ngo yongere gukora amateka.

Ati “Ndabasabye, aba bakinnyi bacu b’Amavubi ntibazaze mu kibuga ngo basange birukankamo bonyine nk’uko byagenda bagiye mu mahanga. Twese tuzahurireyo kandi bizabe byiza ko twinjira kare guhera nko mu ma saa kumi.”

Kwinjira muri uyu mukino uzahuza Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda n’iya Libya kuri uyu wa Kane saa kumi n’ebyiri kuri Sitade Amahoro i Remera, itike ya macye ni 1 000 Frw.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 − 2 =

Previous Post

Umugabo waguwe gitumo akora ibiyobyabwenge yanze kugorana yemera icyaha avuga icyabimuteraga

Next Post

BREAKING: RDF yagize icyo ivuga ku musirikare wayo wishe abantu batanu abarasiye mu Kabari

Related Posts

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

by radiotv10
06/04/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports y'abagore (WFC) yegukanye Igikombe cya Shampiyona ya 2025-2026, kiba icya gatatu itwaye yikurikiranya, cyaje giherekejwe na...

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

by radiotv10
03/04/2026
0

Nyuma y’uko ikipe y’Igihugu y’u Butaliyani ibuze itike yo kujya mu gikombe cy’Isi ku nshuro ya gatatu yikurikiranya, abayobozi batandukanye...

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

by radiotv10
02/04/2026
0

Uwahoze ari umunyezamu w’ikipe y’igihugu ya Cameroun, Joseph-Antoine Bell, yagiriye inama mugenzi we Andre Onana yo kudasubira mu ikipe yo mu Bwongereza ya Manchester...

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

by radiotv10
01/04/2026
0

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatanze umunsi w’ikiruhuko rusange, nyuma yuko ikipe y’iki Gihugu ‘Léopards’ itsinze iya Jamaica...

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

by radiotv10
31/03/2026
0

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwatangaje ko umutoza Haringingo Francis yongeye kugaruka muri iyi kipe nk’Umutoza Mukuru nyuma y'iminsi irenga 1...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Gicumbi: Umucungagereza yarashe mugenzi we bimuviramo urupfu

BREAKING: RDF yagize icyo ivuga ku musirikare wayo wishe abantu batanu abarasiye mu Kabari

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.