Tuesday, December 2, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Guverinoma y’u Burundi yatanze umucyo ku muyobozi mu Nzego Nkuru wagiye i Burayi ntagaruke

radiotv10by radiotv10
06/12/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Guverinoma y’u Burundi yatanze umucyo ku muyobozi mu Nzego Nkuru wagiye i Burayi ntagaruke
Share on FacebookShare on Twitter

Uwari Umuyobozi Mukuru muri Minisiteri y’Uburezi mu Gihugu cy’u Burundi, uherutse kujya ku Mugabane w’u Burayi mu butumwa bw’akazi ariko ntagaruke, byemejwe ko yatorokeye mu Bubiligi.

Germain Ndayishimiye wari Umuyobozi mukuru ushinzwe amasomo y’Imyuga muri Minisiteri y’Uburezi mu Burundi, yatorotse mu kwezi gushize k’Ugushyingo, ubwo yerecyezaga mu Bubiligi, ariko itariki yagombaga kugarukiraho yagera ntaboneke.

Yari yagiye muri iki Gihugu cy’i Burayi ku nkunga no ku butumire bw’Ikigo cy’Ababiligi gishinzwe Iterambere Enabel, aho yari yagiye mu mahugurwa yo kongera ubumenyi.

Yari yageze muri iki Gihugu tariki 17 Ugushyingo, aho byari biteganyijwe ko agomba gusubira mu Gihugu cy’iwabo i Burundi tariki 20 Ugushyingo 2024, ariko abayobozi be barategereza baraheba.

Mu buryo busa n’ubugaragaza ko Minisiteri y’Uburezi mu Burundi yamaze kubona ko uyu wari Umuyobozi atakigarutse, Minisitiri w’Uburezi, Prof François Havyarimana yashyizeho ugomba kumusimbura by’agateganyo ari we Léonidas Ngendakumana.

Mu ibaruwa Prof François Havyarimana yanditse agena uyu musimbura w’agateganyo, yagize ati “Nyuma yuko bigaragaye ko umuyobozi mukuru ushinzwe uburezi bw’imyuga, amahugurwa n’imyuga agiye mu butumwa mu Bubiligi ntagaruke, ndagira ngo nkumenyeshe ko umusimbuye by’agategano mu gihe hagitegerejwe gushyirwaho Umuyobozi Mukuru mushya.”

Minisitiri w’Uburezi mu Bubiligi, yasoje iyi baruwa ye amenyesha uyu muyobozi w’agateganyo gukomeza kuzuza neza inshingano zo kuri uyu mwanya, byumwihariko akibanda ku bikorwa bifitanye isano n’umushinga wa PACEJ

Amakuru aturuka mu Bubiligi, kandi avuga ko uyu Germain Ndayishimiye wari mu buyobozi mu nzego nkuru mu Burundi, yanatangiye inzira zo kwaka ubuhungiro muri iki Gihugu cyo ku Mugabane w’u Burayi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − 3 =

Previous Post

Hatangajwe umusaruro wavuye muri Operasiyo yo gufata abazengereje abaturage i Nyanza

Next Post

Airtel Rwanda yazanye agashya gashyira igorora abakiliya bayo kanabazaniye impano zizabanogera

Related Posts

Umuyobozi w’Ingabo z’Igihugu kimwe muri Afurika yatakambiye Perezida wa America

Umuyobozi w’Ingabo z’Igihugu kimwe muri Afurika yatakambiye Perezida wa America

by radiotv10
29/11/2025
0

Gen. Abdel Fattah al-Burhan Abdelrahman al-Burhan ukuriye ingabo z'Igihugu cya Sudan, yatakambiye Perezida Donal Trump wa Leta Zunze Ubumwe za...

Abo mu Bihugu bikennye bashobora kutazongera kugera muri America ukundi

Abo mu Bihugu bikennye bashobora kutazongera kugera muri America ukundi

by radiotv10
29/11/2025
0

Perezida Donal Trump wa Leta Zunze Ubumwe za America, yavuze ko agiye guhagarika gahunda yo kwakira abaturage bava mu Bihugu bikennye...

Imibare y’abahitanywe n’inkongi idasanzwe muri Hong Kong yatumbagiye

Imibare y’abahitanywe n’inkongi idasanzwe muri Hong Kong yatumbagiye

by radiotv10
29/11/2025
0

Inkongi ikomeye yibasiye inyubako zituwemo n’abantu muri Hong Kong, imaze guhitana abagera ku 128, barimo n’umwe uri mu bashinzwe kuzimya...

AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

by radiotv10
26/11/2025
0

Abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 bafashe abagabo 40 bari batwaye imbunda n’ibindi bikoresho bya gisirikare babijyanye i Mahanga muri Teritwari ya Masisi....

Ibikorwa by’ubucuruzi by’Abanyekongo i Bruxelles mu Bubiligi byakozwemo umukwabu udasanzwe

Ibikorwa by’ubucuruzi by’Abanyekongo i Bruxelles mu Bubiligi byakozwemo umukwabu udasanzwe

by radiotv10
26/11/2025
0

Ibikorwa byinshi by’ubucuruzi byo mu gace na Matonge k’i Bruxelles mu Bubiligi gacururizwamo ibikomoka muri Afurika, aho ibyafunzwe byiganjemo iby’Abanyekongo...

IZIHERUKA

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda
MU RWANDA

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
01/12/2025
0

Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano

Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa umunyamakuru Djihad uherutse gutabwa muri yombi

01/12/2025
Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

01/12/2025
Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Hatangajwe amagambo umwe muri batatu bakekwaho kwica umuntu bamukase ijosi yakundaga kumubwira

01/12/2025
Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

01/12/2025
RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

01/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Airtel Money Revamps Interoperability: Launches new campaign WAMENYE WAGUAN?! To promote Seamless Cross-Network Transfers with Free Bundles

Airtel Rwanda yazanye agashya gashyira igorora abakiliya bayo kanabazaniye impano zizabanogera

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa umunyamakuru Djihad uherutse gutabwa muri yombi

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.