• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Sweden: Minisitiri w’Intebe wa mbere w’Umugore yeguye nyuma y’amasaha macye atowe

radiotv10by radiotv10
25/11/2021
in Uncategorized
0
Sweden: Minisitiri w’Intebe wa mbere w’Umugore yeguye nyuma y’amasaha macye atowe
Share on FacebookShare on Twitter

Madamu Magdalena Andersson wari wotorewe kuba Minisitiri w’Intebe wa Sweden akaba ari na we mugore wa mbere wari utorewe uyu mwanya muri iki Gihugu, yeguye ku nshingano ze nyuma y’amasaha macye yemejwe.

Madamu Magdalena Andersson yari yatangajwe kuri uyu wa Gatatu nka Minisitiri w’Intebe ariko akaba yeguye nyuma y’uko ishyaka bahuriye mu rugaga ruri ku butegetsi rivuye muri Guverinoma n’igitekerezo cyaryo cy’ingengo y’imari nticyemerwe.

Ahubwo, inteko ishingamategeko yatoye yemeza ingengo y’imari yatanzwe n’abatavuga rumwe n’ubutegetsi, barimo abafite ibitekerezo by’ubuhezanguni byo kwamagana abimukira.

Ubwo yatangazaga ubu bwegure bwe, Madamu Andersson yagize ati “Nabwiye Perezida w’inteko ko nifuza kwegura.”

Andersson wari ubaye umugore wa mbere ubaye Minisitiri w’Intebe muri Sweden, atangaza ko yizeye kongera kugerageza amahirwe yo gutorerwa kuba Minisitiri w’Intebe.

Andersson wo mu ishyaka rya Social Democratic Party yagize ati “Sinshaka kuyobora Guverinoma izibazwaho ku ishingiro ryayo.”

Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko yavuze ko azavugana n’abakuru b’amashyaka ku kigiye gukurikiraho nyuma y’uko Andersson yeguye.

Madamu Andersson yari yatowe nka Minisitiri w’intebe mbere yaho ku wa gatatu kuko, bijyanye n’amategeko ya Suède, yari acyeneye gusa ko ubwiganze bw’abadepite badatora banga kumushyigikira.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 4 =

Previous Post

Perezida Kagame muri DRCongo yagaragaje akamaro k’ibiganiro bihoraho hagati y’ibihugu byombi

Next Post

Masoro: Inkongi yibasiye uruganda rwarimo abakozi bakizwa n’amaguru

Related Posts

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

by radiotv10
18/05/2026
0

Umupira w’amaguru w’abari n’abategarugori urabyinira ku rukoma kubera amafaranga ari gushyirwamo, guhera ku bihembo amakipe ari gutsindira. Mu kiciro cya...

How to spend money wisely and build a better financial future

How to spend money wisely and build a better financial future

by radiotv10
07/05/2026
0

Most people think their future depends on how much money they will make one day. But in reality, your future...

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

by radiotv10
30/03/2026
0

Komiseri mu Muryango FPR-Inkotanyi, Habonimana Charles yanenze abayobozi bo mu Karere ka Nyarugenge baranduye ibishyimbo by’abaturage, avuga ko ibyemezo nk’ibi...

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

by radiotv10
26/03/2026
0

Nyuma yuko Gasogi utd itewe mpaga y’ibitego 3-0 n’amande ya miliyoni 2 Frw nyuma yo kubura ku kibuga cya Stade...

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

by radiotv10
17/02/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wa NBA All-Star Game uhuza abakinnyi bakomeye muri Shampiyona ya Basketball muri Leta Zunze Ubumwe...

Next Post
Masoro: Inkongi yibasiye uruganda rwarimo abakozi bakizwa n’amaguru

Masoro: Inkongi yibasiye uruganda rwarimo abakozi bakizwa n’amaguru

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.