Tuesday, December 23, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibivugwa nyuma yuko umugabo ateye ‘grenade’ mugenzi we amukekaho kumutwara umugore

radiotv10by radiotv10
15/01/2025
in MU RWANDA
0
Kamonyi: Abaturage barasaba kwegerezwa ibikorwaremezo
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo wo Murenge wa Mugina mu Karere ka Kamonyi ukekwaho gutera igisasu cya grenade mugenzi we akekaho kumuca inyuma, amakuru aravuga ko yamaze gutabwa muri yombi afatiwe mu Mujyi wa Kigali, mu gihe uyu mugore avuga ko batandukanye, ndetse nta mubano udasanzwe afitanye n’uwatewe iki gisasu.

Jean Baptiste Nkuriyingoma ukekwaho iki gikorwa cyo gutera grenade mugenzi we Muganza Jean Marie Vianney mu Kagari ka Mbati, ubwo yajyaga iwe akahatera iki gisasu, agahita acika.

Kuva icyo gihe inzego z’ubuyobozi zahise zitangira kumushakisha, nk’uko byari byemejwe n’Umuyobozi w’Akarere ka Kamonyi, Dr Nahayo Sylvère.

Amakuru yamenyekanye ava mu baturage bo muri aka gace ibi byabereyemo, avuga ko Nkuriyingoma yafatiwe mu Murenge wa Muhima mu Karere Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali.

Umwe mu baturage, avuga ko bamenye amakuru ko uyu muturage yafashwe ejo hashize ku manywa ahagana saa munani nyuma y’amasaha ateye kiriya gisasu.

Yagize ati “Twamenye ko Inzego z’Umutekano zamufashe saa munani za ku manywa, grenade yari yayiteye saa tatu.”

Abaturanyi b’uyu mugabo, bavuga kandi ko yigeze gukora mu nzego z’umutekano akaza gusezererwa, ndetse ko amaze iminsi agaragaza ibibazo by’ihungabana ashobora kuba aterwa n’ubuzima yanyuzemo ndetse n’iby’urushako rwe.

Uyu yateye Grenade, bivugwa ko yamutwaye umugore ndetse ko umuryango we ari wo wamwiciye ababyeyi muri Jenoside yakorewe Abatutsi, ku buryo bimuhungabanya cyane.

Abaturage bavuga ko uyu mugabo yari asanzwe arangwa n’imico myiza, ku buryo na bo batunguwe n’iki gikorwa yakoze cyo gutera grenade mugenzi we.

Uyu mugore ashinja kumuta agasanga uriya mugabo yatewe grenade, avuga ko atakiri umugore we kuko bamaze guhabwa gatanya yemewe mu buryo bw’amategeko.

Aganira n’ikinyamakuru cyitwa Umuseke, uyu mugore yagize ati “Kuki akomeza kunyita umugore we kandi tutakibana? Gatanya twayihawe umwaka ushize wa 2024.”

Avuga ko gatanya yabo batangiye kuyiburana mu mwaka wa 2020 bitewe n’ibibazo bagiranaga bishingiye ku kuba umugabo we yarataye urugo.

Ati “Natunguwe no kubona mu itangazamakuru bavuze ko ndi umugore we. Ntabwo ari byo kuko ndimo gutegura gukora ubukwe n’undi mugabo.”

Uyu mugore avuga kandi ko nta mubano udasanzwe afitanye n’uyu mugabo witwa Muganza Jean Marie Vianney watewe grenade n’uyu mugabo batandukanye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 5 =

Previous Post

Ikibazo cyaramutse cyabereye imbogamizi Abanyakigali mu kwishyurana hagaragajwe uko gihagaze

Next Post

Hatangajwe inkuru nziza y’undi mutungo kamere wihagazeho wavumbuwe mu Rwanda

Related Posts

Gisagara: Ingo zitunze inka zikubye inshuro zirenga ebyiri mu myaka ine

Gisagara: Ingo zitunze inka zikubye inshuro zirenga ebyiri mu myaka ine

by radiotv10
23/12/2025
0

Nyuma y’uko mu karere ka Gisagara hatanzwe inka 113 mu myaka ine ishize bikozwe n’umushinga wa Green amayaga hagamijwe kuzahura...

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo

by radiotv10
22/12/2025
0

I Gishari mu Ishuri ry’amahugurwa rya Polisi y’u Rwanda, hasojwe icyiciro cya 21 cy’amahugurwa y’abapolisi bato 1 905, barimo 337...

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
22/12/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwataye muri yombi Umuhuzabikorwa w'Ikigo Ngororamuco cya Gitagata, Bahame Hassan ukurikiranyweho ibyaha birimo gukora ishimishamubiri rishingiye...

Hari gushakishwa abasore bateye ishuri bagenzwa no kwiba ibiryo by’abanyeshuri

Hari gushakishwa abasore bateye ishuri bagenzwa no kwiba ibiryo by’abanyeshuri

by radiotv10
22/12/2025
0

Hari gushakishwa abasore babiri muri batatu biraye mu ishuri ryo mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, bahengereye abanyeshuri...

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Hari urujijo ku mukozi wo mu rugo w’umuhungu ukekwaho kwica uw’umukobwa bakoranaga muri Kigali

by radiotv10
22/12/2025
0

Umuhungu w’imyaka 28 usanzwe ari umukozi wo mu rugo ruherereyeye mu Murenge wa Gahanga mu Karere ka Kicukiro, ari gushakishwa...

IZIHERUKA

Gisagara: Ingo zitunze inka zikubye inshuro zirenga ebyiri mu myaka ine
IMIBEREHO MYIZA

Gisagara: Ingo zitunze inka zikubye inshuro zirenga ebyiri mu myaka ine

by radiotv10
23/12/2025
0

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo

22/12/2025
BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

22/12/2025
AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

22/12/2025
I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

22/12/2025
Hari gushakishwa abasore bateye ishuri bagenzwa no kwiba ibiryo by’abanyeshuri

Hari gushakishwa abasore bateye ishuri bagenzwa no kwiba ibiryo by’abanyeshuri

22/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatangajwe inkuru nziza y’undi mutungo kamere wihagazeho wavumbuwe mu Rwanda

Hatangajwe inkuru nziza y’undi mutungo kamere wihagazeho wavumbuwe mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Gisagara: Ingo zitunze inka zikubye inshuro zirenga ebyiri mu myaka ine

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.