Tuesday, October 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nujya kubyuka banza ubaze umugabo wawe niba ‘adashaka ibintu’-Inama ikomeje gushimwa na benshi

radiotv10by radiotv10
26/11/2021
in MU RWANDA
0
Nujya kubyuka banza ubaze umugabo wawe niba ‘adashaka ibintu’-Inama ikomeje gushimwa na benshi
Share on FacebookShare on Twitter

Ku mbuga nkoranyambaga z’abantu batandukanye, hakomeje kugaragara amashusho y’umugore wari mu kiganiro, atanga inama ku bagore bubatse, ababwira ko mbere yo kubyuka bagomba kubanza kubaza abagabo babo niba ‘Babishaka’ [gutera akabariro].

Mu kiganiro uyu mugore witwa Liliane yagiranye na YouTube Channel, agaruka ku bibazo biba mu ngo birimo n’ibishobora gutuma abashakanye batandukana, avuga ko urugo rutegurwa kare na mbere y’uko abantu bashakana.

Liliane avuga ko mu rugo habamo byinshi ku buryo ubundi rukwiye gufatwa nk’ishuri kandi ko abashakanye babishatse bashobora kurigira ryiza.

Mu kiganiro yagiranye na Rose TV Show

Ati “Yego ntabwo bivuze ko buri munsi hahora ari ku Cyumweru ariko ni yo habayeho utwo tubazo, dutuma ukura ukamenya n’ibindi byinshi utari uzi.”

Muri iki kiganiro kimaze igihe gitambutse, Liliane agaruka ku myitwarire iba ikwiye kuranga abashakanye ndetse n’ibyo bagomba gukorerana kugira ngo bya bibazo bitabone icyuho.

Avuga ko inama abagore bagirwa mbere yo gushaka zidakwiye kuba ihame ahubwo ko aba akwiye kureba ibyo umugabo we akunda.

Ati “Wenda ushobora gusanga n’icyo cyayi adakunda kukinywa mu gitondo wenda azakwaka…umugore w’umunyabwenge mu gitondo mbere y’uko abyuka arabanza akabaza umutware ati ‘ese mbyuke njye kugutera icyayi?’ ushobora kuzabyuka icyo cyayi atagishaka, wenda ntashaka ko umusiga. Ushobora kuzabyuka saa kumi n’imwe wenda urusenye.”

Aka gace ko muri kiriya kiganiro ni ko gakomeje gushyirwa ku mbuga nkoranyambaga z’abantu batandukanye bavuga ko ziriya nama ari ingenzi ku mugore ufite umugabo we kuko mbere y’uko abyuka ngo asige umugabo mu buriri aba akwiye kubanza kumenya niba umugabo adashaka ko bagera ku ngingo yo mu buriri.

Abagiye basangiza abantu ku mbuga nkoranyambaga zabo zirimo WhatsApp Status, instagram na Twitter, bose bahuriza ku kuba umugore wabaza umugabo we icyo ashaka mbere yo kubyuka, aba ari umunyabwenge.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 − five =

Previous Post

AMAFOTO: Gen J.B Kazura yihereye ijisho imyitozo y’akataraboneka y’abasore n’inkumi ba RDF

Next Post

Rusizi: Umukozi wa RIB akurikiranyweho gusambanyiriza umugore kuri Kasho amwizeza kuzamufunguza

Related Posts

Umunyarwanda arakekwaho kwicira umugore we mu Bufaransa amuteraguye ibyuma

Umunyarwanda arakekwaho kwicira umugore we mu Bufaransa amuteraguye ibyuma

by radiotv10
28/10/2025
0

Umugabo w’Umunyarwanda w’imyaka 39 y’amavuko, arakekwaho kwicisha icyuma umugore we na we w’Umunyarwandakazi w’imyaka 38, babanaga mu Bufaransa, ubwo yahengeraga...

Hemejwe ifungwa rya nyiri uruganda rw’inzoga ivugwa cyane mu Rwanda hanatangazwa icyaha akurikiranyweho

Hemejwe ifungwa rya nyiri uruganda rw’inzoga ivugwa cyane mu Rwanda hanatangazwa icyaha akurikiranyweho

by radiotv10
28/10/2025
0

Inzego z’iperereza mu Rwanda zemeje ko nyiri uruganda rukora inzoga izwi nka ‘Be One Gin’ ari mu maboko y’inzego z’ubutabera,...

A century of faith and change: The Anglican church of Rwanda at 100

A century of faith and change: The Anglican church of Rwanda at 100

by radiotv10
28/10/2025
0

It has been a hundred years since the Anglican Church of Rwanda established its first roots on the hills of...

Inkuru nziza iraturuka mu muryango wo muri Huye uherutse gutabaza

Inkuru nziza iraturuka mu muryango wo muri Huye uherutse gutabaza

by radiotv10
28/10/2025
0

Umuryango wo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, urashimira ubuvugizi wakorewe bwatumye umubyeyi wawo wari umaze igihe arembeye...

Hasobanuwe iby’amasasu yarashwe ku Igororero rimwe mu Rwanda

Hasobanuwe iby’amasasu yarashwe ku Igororero rimwe mu Rwanda

by radiotv10
27/10/2025
0

Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Igorora-RCS rwavuze ko ku Igororero rya Nyamasheke mu Karere ka Nyamasheke, harashwe amasasu mu kirere ubwo bamwe...

IZIHERUKA

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA
AMAHANGA

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

by radiotv10
28/10/2025
0

Umunyarwanda arakekwaho kwicira umugore we mu Bufaransa amuteraguye ibyuma

Umunyarwanda arakekwaho kwicira umugore we mu Bufaransa amuteraguye ibyuma

28/10/2025
Hemejwe ifungwa rya nyiri uruganda rw’inzoga ivugwa cyane mu Rwanda hanatangazwa icyaha akurikiranyweho

Hemejwe ifungwa rya nyiri uruganda rw’inzoga ivugwa cyane mu Rwanda hanatangazwa icyaha akurikiranyweho

28/10/2025
Ufite inkomoko mu Rwanda ari guhatanira ikamba rya Miss w’u Bubiligi

Ufite inkomoko mu Rwanda ari guhatanira ikamba rya Miss w’u Bubiligi

28/10/2025
Igihe ikoranabuhanga rya VAR rizatangira gukoresherezwa mu Rwanda cyamenyekanye

Igihe ikoranabuhanga rya VAR rizatangira gukoresherezwa mu Rwanda cyamenyekanye

28/10/2025
A century of faith and change: The Anglican church of Rwanda at 100

A century of faith and change: The Anglican church of Rwanda at 100

28/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rusizi: Umukozi wa RIB akurikiranyweho gusambanyiriza umugore kuri Kasho amwizeza kuzamufunguza

Rusizi: Umukozi wa RIB akurikiranyweho gusambanyiriza umugore kuri Kasho amwizeza kuzamufunguza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Umunyarwanda arakekwaho kwicira umugore we mu Bufaransa amuteraguye ibyuma

Hemejwe ifungwa rya nyiri uruganda rw’inzoga ivugwa cyane mu Rwanda hanatangazwa icyaha akurikiranyweho

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.