Monday, November 3, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza yabaye nk’utumira umuhanzi w’ikirangirire muri Afurika

radiotv10by radiotv10
23/01/2025
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza yabaye nk’utumira umuhanzi w’ikirangirire muri Afurika
Share on FacebookShare on Twitter

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye, yishimiye kwakira umuhanzi w’Umunya-Nigeria Mr Flavour mu cyumba cya Visit Rwanda muri Sitade y’ikipe ya Arsenal FC, avuga ko Abaturarwanda biteguye kuzamubona yabasuye muri uyu mwaka.

Amb. Johnston Busingye yabitangaje nyuma y’umukino wahuje ikipe ya Arsenal FC n’ikipe ya Dinamo Zagreb yo muri Croatia, mu mikino y’irushanwa nyaburayi rya UEFA Champions League.

Uyu mukino warangiye iyi kipe yo mu Bwongereza isanzwe inafitanye imikoranire na Guverinoma y’u Rwanda mu kwamamaza ubukerarugendo bwarwo ibonye intsinzi y’ibitego 3-0.

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye uri mu barebye uyu mukino, yishimiye intsinzi y’iyi kipe ariko anashima kuba yagize amahirwe yo guhura n’umwe mu bahanzi b’ibyamamare ku Mugabane wa Afurika ari we Chinedu Okoli uzwi nka Mr Flavour.

Mu butumwa yanyujije ku rubuga nkoranyambaga buherekeje amafoto ari kumwe n’uyu muhanzi mu cyumba kirimo ibirango bya Visit Rwanda kiri muri Sitade ya Arsenal, Amb. Busingye yagize ati “Akazi keza gakozwe na Arsenal.”

Amb. Busingye wavuze ko yifuza ko iyi kipe ikomereza kuri iyi ntsinzi, ikazanayibona ubwo izaba yahuye n’ikipe ya Wolverhampton mu mpera z’iki cyumweru muri Shampiyona yo mu Bwongereza, yakomeje agira ati “Byari na byiza kandi kubonana n’umuhanzi wihariye Mr Flavour wari umwe mu bashyitsi b’imena bacu muri cyumba cya Visit Rwanda. Twiteguye kuzamubona mu Rwanda muri uyu mwaka.”

Mr Flavour, ni umwe mu bahanzi b’ibirangirire ku mugabane wa Afurika, wamamaye mu ndirimbo zakanyujijeho nka Nwa Baby zakunzwe n’abatari bacye mu bihe byashize, na Time to Party yakoranye na Diamond Platnumz.

Amb. Busingye yarebye uyu mukino

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 + five =

Previous Post

AMAFOTO: Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame basuye ahantu h’ingenzi muri Türkiye

Next Post

BREAKING: M23 yemeje ko yishe Umujenerali uzwi muri FARDC

Related Posts

Umuhanzi uzwi mu ndirimbo zakanyujijeho hambere mu Rwanda yitabye Imana

Umuhanzi uzwi mu ndirimbo zakanyujijeho hambere mu Rwanda yitabye Imana

by radiotv10
03/11/2025
0

Umuhanzi Ngabonziza Augustin waririmbye indirimbo ‘Ancila’ yo hambere iri mu zakunzwe na benshi mu Rwanda, yitabye Imana azize uburwayi. Uyu...

The Weekend Reset: How disconnecting can help you start Monday stronger

The Weekend Reset: How disconnecting can help you start Monday stronger

by radiotv10
02/11/2025
0

As the week draws to a close, many people rush into the weekend with long to-do lists, errands to run,...

Umugore w’umuhanzi Tom Close yamwibukije urwo amukunda anamubwira icyo amwifuriza

Umugore w’umuhanzi Tom Close yamwibukije urwo amukunda anamubwira icyo amwifuriza

by radiotv10
29/10/2025
0

Ange Niyonshuti Tricia, umugore w’umuhanzi Tom Close; yongeye kumwibutsa ko amukunda urutagereranywa, anamubwira ko amwifuriza kuramba kugeza igihe azabonera ubuvivi....

Eng.-Rwandan origin girl competing for Miss Belgium crown

Eng.-Rwandan origin girl competing for Miss Belgium crown

by radiotv10
28/10/2025
0

Kyra Nkezabera, who has Rwandan roots, is among the contestants for the Miss Belgium title. She is confident about her...

Ufite inkomoko mu Rwanda ari guhatanira ikamba rya Miss w’u Bubiligi

Ufite inkomoko mu Rwanda ari guhatanira ikamba rya Miss w’u Bubiligi

by radiotv10
28/10/2025
0

Kyra Nkezabera ufite inkomoko mu Rwanda, ari mu bahatanira ikamba rya Miss w’u Bubiligi, ndetse akaba afite icyizere cyo kuryegukana,...

IZIHERUKA

Eng.-Mrs. Jeannette Kagame urges Rwandans to uphold the spirit of ‘Ubunyarwanda’
MU RWANDA

Eng.-Mrs. Jeannette Kagame urges Rwandans to uphold the spirit of ‘Ubunyarwanda’

by radiotv10
03/11/2025
0

Hashyizwe hanze amafoto agaragaza imyitozo kabuhariwe y’abasirikare b’Umuryango ukomeye ku Isi mu gutabarana

Hashyizwe hanze amafoto agaragaza imyitozo kabuhariwe y’abasirikare b’Umuryango ukomeye ku Isi mu gutabarana

03/11/2025
Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyo ibona cyihishe inyuma y’ubutabazi bwavugiwe mu Bufaransa

03/11/2025
Yabaye icyomoro cy’ibikomere twasigiwe n’amateka mabi-Madamu J.Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa kuri ‘Ndi Umunyarwanda’

Yabaye icyomoro cy’ibikomere twasigiwe n’amateka mabi-Madamu J.Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa kuri ‘Ndi Umunyarwanda’

03/11/2025
Kamonyi: Umukwabu wo gushaka abakora ibikorwa bigayitse wageze no bajura b’amatungo

Kamonyi: Umukwabu wo gushaka abakora ibikorwa bigayitse wageze no bajura b’amatungo

03/11/2025
Umuhanzi uzwi mu ndirimbo zakanyujijeho hambere mu Rwanda yitabye Imana

Umuhanzi uzwi mu ndirimbo zakanyujijeho hambere mu Rwanda yitabye Imana

03/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
BREAKING: M23 yemeje ko yishe Umujenerali uzwi muri FARDC

BREAKING: M23 yemeje ko yishe Umujenerali uzwi muri FARDC

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-Mrs. Jeannette Kagame urges Rwandans to uphold the spirit of ‘Ubunyarwanda’

Hashyizwe hanze amafoto agaragaza imyitozo kabuhariwe y’abasirikare b’Umuryango ukomeye ku Isi mu gutabarana

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyo ibona cyihishe inyuma y’ubutabazi bwavugiwe mu Bufaransa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.