Sunday, October 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Menya icyatumye urubanza rwa Musenyeri Mugisha ruburanishwa bundi bushya rwari rugeze igihe cy’isomwa

radiotv10by radiotv10
13/02/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Menya icyatumye urubanza rwa Musenyeri Mugisha ruburanishwa bundi bushya rwari rugeze igihe cy’isomwa
Share on FacebookShare on Twitter

Musenyeri Mugisha Mugiraneza Samuel wayoboraga Diyoseze ya Shyira y’Itorero EAR, uregwa ibyaha birimo icyo gufata icyemezo harimo itonesha, ubucuti, cyangwa icyenewabo, yongeye kuburanishwa ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo mu gihe urubanza rwa mbere rwari rwapfundikiwe ariko Umucamanza waruburanishije akarwikuramo.

Urubanza rwa mbere rwabaye mu cyumweru gishize tariki 06 Gashyantare ndetse ruhita rupfundikirwa, aho Urukiko rw’Ibanze rwa Muhoza rwari rwatangaje ko ruzasoma icyemezo cyarwo tariki 11 Gashyantare 2025.

Gusa icyemezo cy’Urukiko nticyasomwe kuko Umucamanza waburanishije uru rubanza yarwikuyemo, bituma rwongera kuburanishwa bundi bushya, ariko ibyatangajwe mu rubanza rwa mbere bigakomeza kugira agaciro.

Muri iri buranisha ryabaye kuri uyu wa Gatatu tariki 12 Gashyantare 2025, uruhande rw’uregwa rwatangiye rugaragaza inzitizi, aho rwavuze ko afunzwe mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

Umunyamategeko wunganira uregwa, yavuze ko nubwo baburana n’Ubushinjacyaha ariko butagaragaje ibikubiye mu kirego cyabwo ahubwo ko bugendera ku buhamya bwatangiwe mu Bugenzacyaha.

Ubushinjacyaha bwahakanye aya makuru yatanzwe n’uruhande rw’uregwa, buvuga ko ibyatangarijwe mu Bugenzacyaha no mu Bushinjacyaha, byose byashyizwe muri sisiteme, mu gihe uruhande rw’uregwa rwo rwakomeje gutsimbarara ko muri sisiteme rutabonamo ibyo mu Bushinjacyaha ahubwo ko harimo ibyo mu Bugenzacyaha gusa.

Musenyeri Mugisha Mugiraneza Samuel akurikiranyweho ibyaha bitatu; icyo gufata icyemezo harimo itonesha, ubucuti, urwango, ikimenyane cyangwa icyenewabo, icyaha cyo kunyereza umutungo, n’icyaha cyo kwiha inyungu zinyuranyije n’amategeko.

Ku bivugwa ko yari yihaye isoko ryo kugemurira aba amagi mu rwego rwo kurwanya imirire mubi muri Diyoseze ya Shyira, akabikora abinyujije mu mushinga w’umugore we nyuma yo gusesa iryari risanzwe, Musenyeri Mugisha yavuze ko iryo soko ryasubitswe rikongera gupiganirwa ndetse rigatsindirwa n’umuntu atibuka amazina.

Ubushinjacyaha kandi bwagaragaje ko imodoka y’uregwa ari yo yakoreshwaga mu kubaka inyubako ya Diyoseze mu mujyi wa Musanze.

Uregwa yavuze ko iyo modoka ivugwa ko ari ye yari yayihaye umushoferi uyikodesha, ariko ko atamenya ko yigeze gukora imirimo muri ibyo bikorwa byo kubaka iyi nyubako.

Uregwa ndetse n’umwuganizi we, bongeye gusaba ko yakurikiranwa ari hanze, ndetse batanga n’ingwate zirimo ifite agaciro ka Miliyoni 60 Frw.

Urukiko rw’Ibanze rwa Muhoza rwahise rupfundikira urubanza, rwemeza ko ruzasoma icyemezo cyarwo ku ifungwa ry’agateganyo kuri uyu wa Gatanu tariki 14 Gashyantare 2025.

Musenyeri Mugisha Mugiraneza Samuel yahoze ayobora Diyoseze-EAR Shyira
Kuri uyu wa Gatatu ubwo yagezwaga ku Rukiko (Photo/Igihe)

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven + 8 =

Previous Post

Hashyizwe hanze amayeri yakoreshejwe n’umusaza uregwa gusambanya umwana arusha imyaka 64

Next Post

Uko byifashe hagati ya M23 na FARDC

Related Posts

Abatuye muri Kicukiro bagaragarijwe icyashimangira ubumwe n’ubudaheranwa bigifite ibibibangamiye

Abatuye muri Kicukiro bagaragarijwe icyashimangira ubumwe n’ubudaheranwa bigifite ibibibangamiye

by radiotv10
25/10/2025
0

Mu biganiro nyunguranabitekerezo mu Karere ka Kicukiro, Hon. Edda Mukabagwiza wo mu Muryango Unity Club Intwararumuri, yibukije ko kugira ngo...

Rusizi: Umukinnyi w’umupira w’amaguru yishwe n’amazi agerageza kujya muri Congo mu mukino wa gicuti

Rusizi: Umukinnyi w’umupira w’amaguru yishwe n’amazi agerageza kujya muri Congo mu mukino wa gicuti

by radiotv10
25/10/2025
0

Musirikare Obed wari umukinnyi w’ikipe y’umupira w’amaguru ya Muganza Trainning center ibarizwa mu kiciro cya gatatu mu Rwanda wageragezaga kwambuka   Rusizi...

Guhangana biruta gusabiriza- Perezida Kagame yibukije Abanyarwanda icyo badakwiye kugirira ubwoba

Guhangana biruta gusabiriza- Perezida Kagame yibukije Abanyarwanda icyo badakwiye kugirira ubwoba

by radiotv10
24/10/2025
0

Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko mu bibazo Igihugu cyabo gifite harimo n’ibituruka hanze birimo ibyo kwegekwaho amakosa y’Ibihugu by’ibituranyi,...

Igisubizo ku bibazaga iherezo ry’ibiganiro byari byatangiye hagati y’u Rwanda n’u Burundi

Igisubizo ku bibazaga iherezo ry’ibiganiro byari byatangiye hagati y’u Rwanda n’u Burundi

by radiotv10
24/10/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe, yatangaje ko ibiganiro byari byatangiye hagati ya Guverinoma y’u Rwanda n’iy’u Burundi byari...

Rutsiro: Ibyabanjirije inkuru y’akababaro ku mugabo n’umwana we muto birakekwa ko ari byo nyirabayazana

Rutsiro: Umugabo wari wagiye kwivuza yatashye yakirwa n’inkuru y’incamugongo

by radiotv10
24/10/2025
0

Umugore w’imyaka 26 wo mu Murenge wa Gihango yakubiswe n’inkuba ahita yitaba Imana ubwo umugabo we yari yagiye kwivuza, yataha...

IZIHERUKA

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda ari mu bahawe inshingano muri FERWAFA
FOOTBALL

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda ari mu bahawe inshingano muri FERWAFA

by radiotv10
25/10/2025
0

Abatuye muri Kicukiro bagaragarijwe icyashimangira ubumwe n’ubudaheranwa bigifite ibibibangamiye

Abatuye muri Kicukiro bagaragarijwe icyashimangira ubumwe n’ubudaheranwa bigifite ibibibangamiye

25/10/2025
Annette Murava n’umugabo we Bishop Gafaranga bazanye ubutumwa bifashishije ibyo banyuzemo

Annette Murava n’umugabo we Bishop Gafaranga bazanye ubutumwa bifashishije ibyo banyuzemo

25/10/2025
Utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Cameroon witangaje nk’uwatsinze amatora ya Perezida yavuze ikizakurikiraho nibitemezwa

Utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Cameroon witangaje nk’uwatsinze amatora ya Perezida yavuze ikizakurikiraho nibitemezwa

25/10/2025
Smart weekend spending: Budget tips for young professionals

Smart weekend spending: Budget tips for young professionals

25/10/2025
Rusizi: Umukinnyi w’umupira w’amaguru yishwe n’amazi agerageza kujya muri Congo mu mukino wa gicuti

Rusizi: Umukinnyi w’umupira w’amaguru yishwe n’amazi agerageza kujya muri Congo mu mukino wa gicuti

25/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
FARDC yavuze icyo igiye gukora nyuma y’urupfu rw’Umujenerali wayo wivuganywe na M23

Uko byifashe hagati ya M23 na FARDC

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda ari mu bahawe inshingano muri FERWAFA

Abatuye muri Kicukiro bagaragarijwe icyashimangira ubumwe n’ubudaheranwa bigifite ibibibangamiye

Annette Murava n’umugabo we Bishop Gafaranga bazanye ubutumwa bifashishije ibyo banyuzemo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.