Sunday, December 21, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Muri Kamonyi na ho hakozwe umukwabu wasize hafashwe abantu 35

radiotv10by radiotv10
04/03/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Muri Kamonyi na ho hakozwe umukwabu wasize hafashwe abantu 35
Share on FacebookShare on Twitter

Polisi ikorera mu Karere ka Kamonyi yakoze umukwabu wo gushakisha no gufata abakekwaho ubujura n’ibindi byaha bibangamira ituze rya rubanda, wafatiwemo abantu 35 mu Mirenge ibiri yo muri aka Karere.

Aba bantu bakekwaho ubujura n’ibindi bikorwa bibangamira ituze ry’abaturage, bafatiwe mu Mirenge ya Gacurabwenge na Ngamba muri aka Karere ka Kamonyi, kuri uyu wa Mbere tariki 03 no mu ijoro rishyira kuri uyu wa Kabiri tariki 04 Werurwe 2025.

Ibi bikorwa byo gushakisha abakekwaho ubujura, bimaze iminsi bikorwa mu bice binyuranye by’Igihugu, aho mu Karere ka Ruhango gahana imbibi n’aka Kamonyi, haherutse gufatwa abantu 28 na bo biganjemo abakekwaho ubujura n’abafatanyacyaha muri iki cyaha.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyepfo, SP Emmanuel Habiyaremye, avuga ko uyu mukwabu wakorewe mu Karere ka Kamonyi, washobotse ku bufatanye bw’uru rwego n’abaturage bakomeje gufatanya n’inzego kurwanya no gukumira ibyaha, batanga amakuru.

Yaboneyeho kugira inama abijanditse mu bikorwa nk’ibi bitemewe by’ubujura, abibutsa ko inzego zabihagurukiye kandi ko zitazihanganira ababangamira ituze rya rubanda.

Yagize ati “Abakora ibitemewe n’amategeko, nk’abajura kimwe n’abandi babangamira ituze n’umudendezo by’qbaturage, ntaho bazacikira Polisi kuko tuzabarwanya, tuzabafata amategeko abakanire urubarikwiye.”

Aba bantu 35 bafatiwe mu bice binyuranye byo mu Karere ka Kamonyi, harimo 24 bafatiwe mu Midugudu itandukanye yo mu Kagari ka Gihinga mu Murenge wa Gacurabwenge, mu gihe abandi 11 bafatiwe mu Tugari tunyuranye rwo mu Murenge wa Ngamba.

Si mu Ntara y’Amajyepfo gusa hamaze iminsi havugwa ibikorwa by’ubujura n’ingamba zo kubirwanya, kuko no mu Mujyi wa Kigali, mu Karere ka Nyarugenge, Polisi iherutse gufata abantu barenga 30 na bo bakekwaho ubujura burimo n’ubukorwa n’insoresore zitega abantu zikabambura ibyo bafite nka Telefone.

Polisi yongeye kuburira abijanditse mu bujura ko bakwiye kubureka bagakura amaboko mu mifuka bagashaka ikindi bakora

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 + 1 =

Previous Post

M23 yageneye ubutumwa amahanga akomeje kurera bajeyi ubutegetsi bwa Congo mu marorerwa bukora

Next Post

Gukozanyaho mu kiganiro cya Perezida wa America n’uwa Ukraine kwakurikiwe n’icyemezo gikarishye

Related Posts

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

by radiotv10
20/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yagiranye ibiganiro na mugenzi we w’u Burusiya, Sergey Lavrov, byibanze ku guteza imbere...

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

by radiotv10
20/12/2025
0

Bamwe mu barema isoko ry’amatungo magufi ryo mu Murenge wa Kabarondo, bavuga ko babangamirwa n’uko ritazitiye, bigatuma amatungo yangiza ubusitani...

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

by radiotv10
20/12/2025
0

Rwanda’s Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, held talks with his Russian counterpart, Sergey Lavrov, focusing...

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

by radiotv10
20/12/2025
0

Gushengerera ni isengesho rikomeye muri Kiliziya Gatulika, rifasha abakristu kuganira na Yezu bucece, bamurangamiye mu isakaramentu ry’Ukarisitiya. Dore ibyo wakubahiriza...

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
20/12/2025
1

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

IZIHERUKA

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days
AMAHANGA

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

by radiotv10
20/12/2025
0

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

20/12/2025
Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

20/12/2025
Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

20/12/2025
Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

20/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Gukozanyaho mu kiganiro cya Perezida wa America n’uwa Ukraine kwakurikiwe n’icyemezo gikarishye

Gukozanyaho mu kiganiro cya Perezida wa America n’uwa Ukraine kwakurikiwe n’icyemezo gikarishye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.