Sunday, October 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icyo RIB ivuga ku ifatwa rya Prince Kid wafatiwe muri America n’inzego zirimo FBI

radiotv10by radiotv10
11/03/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Icyo RIB ivuga ku ifatwa rya Prince Kid wafatiwe muri America  n’inzego zirimo FBI
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko Ishimwe Dieudonné wamenyekanye nka Prince Kid afatiwe muri Leta Zunze Ubumwe za America, ku bufatanye bw’inzego zirimo urushinzwe Iperereza FBI, Urwego rw’Ubugenzacyaha rw’u Rwanda RIB, ruravuga ko na rwo rwamenyeye aya makuru mu itangazo ryatangajwe n’Urwego rushinzwe Abinjira n’Abasohoka muri America.

Amakuru y’ifatwa rya Prince Kid yamenyekanye mu mpera z’icyumweru gishize, aho Urwego rushinzwe Abinjira n’Abasohoka muri Leta Zunze Ubumwe za America, ICE rushyiriye hanze itangazo rivuga ko uyu Dieudonné Ishimwe yafashwe tariki 03 Werurwe 2025.

Mu itangazo ryashyizwe hanze na ICE, uru rwego rwavuze ko yafashwe nyuma yuko bisabwe n’Ubushinjacyaha bw’u Rwanda, aho uru rwego rwabuze ko uyu mugabo w’imyaka 38 yari yahunze ubutabera kubera icyaha cyo gufata ku ngufu.

Ni ibyaha yahamijwe n’Urukiko Rukuru rw’u Rwanda muri 2023, bishingiye ku ihohoterwa rishingiye ku gitsina ryakorewe bamwe mu bakobwa bitabiriye irushanwa rya Miss Rwanda.

Kuri uyu wa Mbere tariki 10 Werurwe 2025, Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), Dr Murangira B. Thirry yabajijwe n’abanyamakuru ku ifatwa rya Prince Kid, avuga ko uru rwego rutarashyikirizwa itangazo ryo mu buryo bw’inzego.

Yagize ati “Ubutumwa dutanga nta ‘official Communication [Itangazo] twari twabona kuri ibyo bintu. Twabisomye nk’uko namwe mwabisomye. Ngira ngo ‘official Communication’ niboneka, muzabimenya, muzabimenyeshwa.”

Dieudonné Ishimwe yafatiwe muri Leta ya Texas mu Mujyi wa Fort Worth, aho ICE yatangaje ko yabaga mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

Nyuma y’ifatwa rya Prince Kid, hazakurikiraho inzira zinyuze mu butabera, zigamije kumwoherereza Igihugu cye cy’u Rwanda, kugira ngo azaharangirize igihano yakatiwe.

Mu kwezi k’Ukwakira 2023, Urukiko Rukuru rwaburanishije Urubanza rw’Ubujurire, rwahamije Prince Kid icyaha cyo gukoresha undi imibonano mpuzabitsina ku gahato, ndetse n’icyaha cyo gusaba cyangwa gukora ishimishamubiri rishingiye ku gitsina.

Ni ibyaha yakoze [yarabihamijwe] ubwo yari akiyobora Kompanyi ya Rwanda Inspiration Backup yahoze itegura irushanwa rya Miss Rwanda ryamaze guhagarikwa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − 15 =

Previous Post

Umutunganyamiziki uzwi mu Rwanda yagiye kungurana ibitekerezo n’abarimo abavuye i Burayi

Next Post

Amakuru avugwa ku rugamba hagati ya M23 na FARDC n’uruhande rukomeje kugaragaza imbaraga

Related Posts

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

by radiotv10
26/10/2025
3

Rwanda’s ambitious move to introduce a new digital identification system has sparked widespread curiosity among citizens and observers eager to...

Abatuye muri Kicukiro bagaragarijwe icyashimangira ubumwe n’ubudaheranwa bigifite ibibibangamiye

Abatuye muri Kicukiro bagaragarijwe icyashimangira ubumwe n’ubudaheranwa bigifite ibibibangamiye

by radiotv10
25/10/2025
0

Mu biganiro nyunguranabitekerezo mu Karere ka Kicukiro, Hon. Edda Mukabagwiza wo mu Muryango Unity Club Intwararumuri, yibukije ko kugira ngo...

Rusizi: Umukinnyi w’umupira w’amaguru yishwe n’amazi agerageza kujya muri Congo mu mukino wa gicuti

Rusizi: Umukinnyi w’umupira w’amaguru yishwe n’amazi agerageza kujya muri Congo mu mukino wa gicuti

by radiotv10
25/10/2025
0

Musirikare Obed wari umukinnyi w’ikipe y’umupira w’amaguru ya Muganza Trainning center ibarizwa mu kiciro cya gatatu mu Rwanda wageragezaga kwambuka   Rusizi...

Guhangana biruta gusabiriza- Perezida Kagame yibukije Abanyarwanda icyo badakwiye kugirira ubwoba

Guhangana biruta gusabiriza- Perezida Kagame yibukije Abanyarwanda icyo badakwiye kugirira ubwoba

by radiotv10
24/10/2025
0

Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko mu bibazo Igihugu cyabo gifite harimo n’ibituruka hanze birimo ibyo kwegekwaho amakosa y’Ibihugu by’ibituranyi,...

Igisubizo ku bibazaga iherezo ry’ibiganiro byari byatangiye hagati y’u Rwanda n’u Burundi

Igisubizo ku bibazaga iherezo ry’ibiganiro byari byatangiye hagati y’u Rwanda n’u Burundi

by radiotv10
24/10/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe, yatangaje ko ibiganiro byari byatangiye hagati ya Guverinoma y’u Rwanda n’iy’u Burundi byari...

IZIHERUKA

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID
IMIBEREHO MYIZA

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

by radiotv10
26/10/2025
3

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda ari mu bahawe inshingano muri FERWAFA

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda ari mu bahawe inshingano muri FERWAFA

25/10/2025
Abatuye muri Kicukiro bagaragarijwe icyashimangira ubumwe n’ubudaheranwa bigifite ibibibangamiye

Abatuye muri Kicukiro bagaragarijwe icyashimangira ubumwe n’ubudaheranwa bigifite ibibibangamiye

25/10/2025
Annette Murava n’umugabo we Bishop Gafaranga bazanye ubutumwa bifashishije ibyo banyuzemo

Annette Murava n’umugabo we Bishop Gafaranga bazanye ubutumwa bifashishije ibyo banyuzemo

25/10/2025
Utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Cameroon witangaje nk’uwatsinze amatora ya Perezida yavuze ikizakurikiraho nibitemezwa

Utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Cameroon witangaje nk’uwatsinze amatora ya Perezida yavuze ikizakurikiraho nibitemezwa

25/10/2025
Smart weekend spending: Budget tips for young professionals

Smart weekend spending: Budget tips for young professionals

25/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru avugwa ku rugamba hagati ya M23 na FARDC n’uruhande rukomeje kugaragaza imbaraga

Amakuru avugwa ku rugamba hagati ya M23 na FARDC n'uruhande rukomeje kugaragaza imbaraga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda ari mu bahawe inshingano muri FERWAFA

Abatuye muri Kicukiro bagaragarijwe icyashimangira ubumwe n’ubudaheranwa bigifite ibibibangamiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.