Thursday, October 23, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

U Bubiligi bweruye butanga umucyo ku by’abasirikare babwo bavugwa muri Congo

radiotv10by radiotv10
27/03/2025
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
U Bubiligi bweruye butanga umucyo ku by’abasirikare babwo bavugwa muri Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Bubiligi yahakanye amakuru yavugaga ko iki Gihugu cyohereje abasirikare benshi n’ibikoresho bya gisirikare bya rutura muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ariko yemera ko hari abasirikare batandatu bacyo bari mu gace ka Kindu kari mu bilometero 400 uvuye i Bukavu, ivuga n’icyabajyanye.

Ni nyuma yuko havuzwe amakuru ko Igihugu cy’u Bubiligi cyohereje abasirikare benshi ndetse n’ibikoresho bya gisirikare birimo intwaro za rutura muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Inkuru yanditswe n’ikinyamakuru ‘The Great Lakes Eye’, ivuga ko ibi byakozwe tariki 17 Werurwe 2025, aho u Bubiligi bwohereje abasirikare bari hagati ya 300 na 400 bagiye guha imyitozo FARDC no gufasha iki gisirikare cya DRC mu rugamba gihanganyemo na AFC/M23.

Iki kinyamakuru kivuga ko aba basirikare bafite ibirindiro mu kigo cya Gisirikare cya Lwama muri Kindu, Umurwa Mukuru w’Intara ya Maniema, cyananditse ko aba basirikare banajyanye ibikoresho bihambaye birimo ibifaru ndetse n’indege za gisirikare zitagira abapilote (drone).

Iki kinyamakuru cyavugaga ko aba basirikare bazaha imyitozo abasirikare ba Burigade ya 31 yo mu mutwe udasanzwe mu gisirikare cya Congo uzwi nka Rapid Reaction Units (URR), nk’uko n’ubundi batojwe n’u Bubiligi hagati ya 2008 na 2017.

The Great Lakes Eye yavugaga ko amakuru ahari yemeza ko abasirikare b’u Bubiligi batwawe n’indege y’Igisirikare cy’u Bubiligi tariki 17 Werurwe ikerecyeza i Kinshasa, ikahagera ku munsi wakurikiyeho tariki 18, igakomereza Kindu mbere yuko igaruka i Kinshasa nubundi kuri uwo munsi, ikaza gusubira mu Bubiligi tariki 20 Werurwe.

Agira icyo avuga kuri aya makuru yatangajwe na The Great Lakes Eye, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Bubiligi, Maxime Prevot yayamaganye yivuye inyuma, avuga ko ari amakuru y’ibinyoma.

Icyakora yavuze ko “Hari itsinda ry’abasirikare b’Ababiligi batandatu bari muri Kindu mu rwego rwo gushyira mu bikorwa inkunga y’u Burayi yo guha igisirikare cya Congo ibikoresho bitari ibyo kurwanisha.”

Yakomeje agira ati “Nta basirikare boherejwe bagamije kujya kugira uruhare mu bikorwa bya gisirikare ibyo ari byo byose, kandi u Bubiligi ntibuteganya kubikora.”

Maxime Prevot wamaganiye kure ayo makuru, yavuze ko ibyatangajwe bigamije kwenyegeza umwuka mubi uhari no guteza urujijo.

U Bubiligi bwagaragaje ko buri inyuma cyane y’ubutegetsi bwa Congo Kinshasa, ndetse bukaba bwarinjiye mu mugambi wo kugenda bukomatanyiriza u Rwanda, burusabira ibihano burushinja ibinyoma ko ruri inyuma y’ibibazo biri muri Congo.

Ibi byatumye u Rwanda na rwo rufata icyemezo cyo guca umubano warwo n’iki Gihugu cy’i Burayi cyakomeje kurangwa n’imyitwarire ibangamira u Rwanda, nyamara ari rwo pfundo ry’ibibazo byose byarugwiririye byumwihariko Jenoside yakorewe Abatutsi yahitanye abarenga miliyoni imwe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × one =

Previous Post

Uwari Brigadier General mu Ngabo z’u Rwanda wanagize imyanya muri RDF yitabye Imana

Next Post

U Rwanda rwitabiriye inama y’Akanama gashinzwe Amahoro n’Umutekano ku Isi yiga ku bya Congo

Related Posts

FARDC yatumye hazamuka ubwoba bwinshi mu gace ko muri Kivu ya Ruguru

FARDC yatumye hazamuka ubwoba bwinshi mu gace ko muri Kivu ya Ruguru

by radiotv10
22/10/2025
0

Ubwoba bwatashye abatuye mu gace ka Kashebere ko muri Teritwari ya Walikale muri Kivu ya Ruguru kubera indege y’intambara yo...

Impanuka ikomeye muri Uganda yahitanye benshi

Impanuka ikomeye muri Uganda yahitanye benshi

by radiotv10
22/10/2025
0

Impanuka ikomeye y’imodoka zagonganye zirimo bisi ebyiri zitwara abagenzi, yabereye muri Uganda, yahitanye abantu 63, abandi benshi barakomereka. Iyi mpanuka...

Amakuru mashya y’urugamba rwa M23 yongeye kuvugwamo icyagaragayemo gifatwa nk’icyatunguranye

Amakuru agezweho mu mirwano ihanganishije AFC/M23 na FARDC

by radiotv10
22/10/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko uruhande bahanganye rugizwe n’igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’impande zigifasha, rukomeje kurenga ku...

Mu rugamba rwa AFC/M23 na FARDC hongeye kugaragazwa uruhande rwakoreshejwe intwaro rutura

Byongeye gukomera hagati ya AFC/M23 na FARDC uruhande rumwe rwongera gukoresha intwaro za rutura

by radiotv10
21/10/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza uruhande bahanganye rugizwe n’abarimo FARDC rwongeye kurenga ku gahenge rukarasana ubugome bukabije rukoresheje indege z’intambara mu bice...

Uko uwabaye Perezida w’u Bufaransa yageze kuri Gereza agiye gufungirwamo nyuma yo gukatirwa

Uko uwabaye Perezida w’u Bufaransa yageze kuri Gereza agiye gufungirwamo nyuma yo gukatirwa

by radiotv10
21/10/2025
0

Nicolas Sarkozy wabaye Perezida w’u Bufaransa, yageze kuri Gereza ya La Santé i Paris muri iki Gihugu yayoboye, kugira ngo...

IZIHERUKA

Mukura yanditse yerura ko itishimiye imisifurire mu mukino wayo na APR
FOOTBALL

Hatangajwe ibyemezo byafatiwe abasifuzi bayoboye imikino yazamuye impaka irimo uwa APR na Mukura

by radiotv10
23/10/2025
0

Ibivugwa nyuma yuko hagiye hanze amajwi ya Perezida wa Rayon

Ibivugwa nyuma yuko hagiye hanze amajwi ya Perezida wa Rayon

22/10/2025
FARDC yatumye hazamuka ubwoba bwinshi mu gace ko muri Kivu ya Ruguru

FARDC yatumye hazamuka ubwoba bwinshi mu gace ko muri Kivu ya Ruguru

22/10/2025
Umuhanzi Nyarwanda Josh yabwiye umugore we amagambo aryohereye

Umuhanzi Nyarwanda Josh yabwiye umugore we amagambo aryohereye

22/10/2025
Impanuka ikomeye muri Uganda yahitanye benshi

Impanuka ikomeye muri Uganda yahitanye benshi

22/10/2025
Amakuru mashya y’urugamba rwa M23 yongeye kuvugwamo icyagaragayemo gifatwa nk’icyatunguranye

Amakuru agezweho mu mirwano ihanganishije AFC/M23 na FARDC

22/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda rwitabiriye inama y’Akanama gashinzwe Amahoro n’Umutekano ku Isi yiga ku bya Congo

U Rwanda rwitabiriye inama y’Akanama gashinzwe Amahoro n’Umutekano ku Isi yiga ku bya Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe ibyemezo byafatiwe abasifuzi bayoboye imikino yazamuye impaka irimo uwa APR na Mukura

Ibivugwa nyuma yuko hagiye hanze amajwi ya Perezida wa Rayon

FARDC yatumye hazamuka ubwoba bwinshi mu gace ko muri Kivu ya Ruguru

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.