• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

AFC/M23 yagaragaje uko i Goma byifashe nyuma y’amezi abiri ibohowe

radiotv10by radiotv10
03/04/2025
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
M23 yagaragaje gihamya ko yafashe Ikibuga cy’Indege cya Goma inaganje muri uyu Mujyi
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 bwifashishije amashusho agaragaza umuhuzabikorwa waryo agenda i Goma n’amaguru, bwavuze ko nyuma y’amezi abiri uyu mujyi ubohowe, ubu amahoro ahinda.

Bikubiye mu butumwa bwashyizwe hanze n’Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, wavuze ko kuri uyu wa Gatatu, Umuhuzabikorwa w’iri Huriro, yagiye ku biro bye mu Mujyi wa Goma n’amaguru.

Ubu butumwa bugira buti “Ugutembera guto k’Umuhuzabikorwa wa AFC/M23, Corneille Nangaa Yobeluo, kuri uyu wa Gatatu tariki 02 Mata 2025 i Goma. Habayeho gusuzuma ubuzima rusange ndetse no gusigasira ibidukikije no gusuzuma ibikorwa by’isuku, nyuma y’amezi abiri habohowe uyu mujyi.”

Lawrence Kanyuka yakomeje avuga ko Umuhuzabikorwa wa AFC/M23, Coneille Nangaa “yakoze urugendo n’amaguru agera ku biro bye. Gihamya yuko Ihuriro AFC/M23 rihagaze neza.”

Muri aya mashusho, Corneille Nangaa uba ari kumwe n’abandi mu buyobozi bwa AFC/M23 barimo Umuvugizi Lawrence Kanyuka, uyu Muhuzabikorwa w’iri Huriro, agenda aramutsa bamwe mu baturage bahuriraga mu nzira.

Tariki 27 Mutarama 2025, umunsi utazibagirana mu mateka ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ubwo abarwanyi b’umutwe wa M23, batangazaga ku mugaragaro ko bamaze gufata umujyi wa Goma usanzwe ari Umurwa Mukuru w’Intara ya Kivu ya Ruguru.

Ni nyuma yuko uyu mujyi ubereyemo imirwano iremereye, aho abarwanyi ba M23 bakubise incuro uruhande bari bahanganye rugizwe na FARDC, ingabo za SADC, iz’u Burundi n’abacancuro b’abanyaburayi, aho uru ruhande rw’ubutegetsi bwa Kinshasa nubwo rwari rufite intwaro za rutura, ariko M23 yarwamuruye, ubundi bamwe mu bari barugize bakamanika amaboko, bamwe bakishyikiriza ingabo za SADC, abandi bakerecyeza muri Sitade nk’uko bari babitegetswe na M23.

Nyuma y’uru rugamba, M23 yatangaje ko yatangiye ibikorwa byo gusukura Umujyi wa Goma wari wabaye isibaniro ry’imirwano, ndetse hakaba hari n’imirambo myinshi y’abarwanaga ku ruhande rwa Leta ya Congo Kinshasa.

Amezi abaye abiri uyu Mujyi wa Goma uri mu maboko ya AFC/M23 wanamaze gushyiraho abayobozi, aho benshi mu bawutuyemo bemeza ko umutekano bari barabuze kuva cyera, ubu bawufite, kuko baryama bagasinzira, ndetse n’ibikorwa byabo bikaba bigenda nta nkomyi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight + seven =

Previous Post

Abanyeshuri bagiye mu kiruhuko, ababyeyi n’abarimu bo mu Rwanda bagenewe ubutumwa

Next Post

Perezida Kagame yagaragaje ahakwiye ubushishozi mu kwifashisha Ikoranabuha ry’Ubwenge Buhangano-AI

Related Posts

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Next Post
Perezida Kagame yagaragaje ahakwiye ubushishozi mu kwifashisha Ikoranabuha ry’Ubwenge Buhangano-AI

Perezida Kagame yagaragaje ahakwiye ubushishozi mu kwifashisha Ikoranabuha ry’Ubwenge Buhangano-AI

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.