Tuesday, November 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hatanzwe umucyo ku byavuzwe ko abarwanyi ba M23 bavuye mu Mujyi baheruka gufata

radiotv10by radiotv10
04/04/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Amakuru mashya ku cyemezo cyari cyafashwe na M23
Share on FacebookShare on Twitter

Ihuriro AFC/M23 ryemeje ko ryavanye abarwanyi baryo mu Mujyi wa Walikare no mu bice biwukikije mu rwego rwo gushyigikira inzira z’ibiganiro, ariko rivuga ko igihe cyose FARDC n’abayifasha bahirahira babangamira abaturage bo muri uyu mujyi, ritazarebera.

Bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze mu ijoro ryacyeye ryo kuri uyu wa Kane tariki 03 Mata 2025, aho hari hiriwe amakuru avuga ko abarwanyi ba M23 bamaze kuva muri uyu Mujyi wa Walikare.

Bivugwa ko abarwanyi ba M23 bavuye muri Walikare mu byiciro bibiri, aho icya mbere cyahavuye ku mugoroba wa hirya y’ejo, ku wa Gatatu tariki 02 mu gihe abandi bahavuye mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 03 Mata 2025.

Mu itangazo ryashyizwe hanze n’Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka mu ijoro ryacyeye, yavuze ko “mu rwego rwo gushyira mu bikorwa agahenge katangajwe tariki 22 Gashyantare 2025 no gushyigikira inzira z’amahoro zigamije ibiganiro bya politiki mu gushaka igisubizo cy’umuzi w’ibibazo by’amakimbirane ari mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, AFC/M23 yafashe icyemezo cyo gukura abasirikare bayo mu Mujyi wa Walikare no mu bice bihakikije.”

AFC/M23 ikomeza ihamagarira abaturage bo muri uyu Mujyi wa Walikare ndetse n’abayobozi b’inzego z’ibanze babo, gushyiraho ingamba zigamije kurindira umutekano abasivile babo ndetse n’ibyabo.

Iri Huriro kandi rivuga ko rigikomeje gutsimbarara ku murongo waryo ko hashakwa umuti binyuze mu nzira z’ibiganiro, kandi ko rigihagaze ku ntego zaryo zo kurinda abasivile byumwihariko abo mu bice rigenzura.

Rigasoza rivuga ko mu gihe “habaho ubushotoranyi cyangwa ibindi bitero by’ubufatanye bw’ubutegetsi bwa Kinshasa byibasira abasivile yaba abo mu bice byabohowe cyangwa biri mu byo tugenzura, tuzabasubiza byihuse tutitaye kuri iki cyemezo.”

Ihuriro AFC/M23 ryafashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Walikare nyuma y’ibiganiro byahuje Perezida Paul Kagame na Felix Tshisekedi i Doha muri Qatar, aho iri huriro ryavuze ko ryakurikije inama ryagiriwe n’Abakuru b’Ibihugu kandi rigasanga ari nziza.

Abarwanyi ba M23 bavuye mu Mujyi wa Walikare habura iminsi ibarirwa ku ntoki ngo habe ibiganiro bya mbere bigiye guhuza iri Huriro AFC/M23 na Guverinoma ya DRC, bizaba mu cyumweru gitaha tariki 09 Mata 2025, i Doha muri Qatar.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight − six =

Previous Post

French National Assembly: “Dialogue of the Deaf” during the hearing on the conflict in eastern DRC

Next Post

INKURU Y’AKABABARO: Guverinoma y’u Rwanda yemeje urupfu rw’Umuvugizi Wungirije

Related Posts

Igisubizo kirimo urwenya Obama yahaye umugore wamubwiriye mu ruhame ko amukunda

Igisubizo kirimo urwenya Obama yahaye umugore wamubwiriye mu ruhame ko amukunda

by radiotv10
04/11/2025
0

Barack Obama wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, yabaye nk’uterana urwenya n’umuturage wari mu gikorwa yarimo, wamubwiye ko...

Ubutumwa Perezida Samia Suluhu yageneye Abanya-Tanzania nyuma yo kurahirira kubayobora

Ubutumwa Perezida Samia Suluhu yageneye Abanya-Tanzania nyuma yo kurahirira kubayobora

by radiotv10
03/11/2025
0

Perezida Samia Suluhu Hassan uherutse gutorerwa kuyobora Tanzania, yarahiriye kuyobora iki Gihugu, asezeranya abagituye ko inzego z’iperereza ziri kurikora kugira...

Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyo ibona cyihishe inyuma y’ubutabazi bwavugiwe mu Bufaransa

by radiotv10
03/11/2025
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko bitangaje kuba u Bufaransa bwibutse ko bwajya gukorera...

Perezida w’u Burundi agiye muri Tanzania mu irahira rya Madamu Samia ribera mu muhezo

Perezida w’u Burundi agiye muri Tanzania mu irahira rya Madamu Samia ribera mu muhezo

by radiotv10
03/11/2025
0

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yerecyeje muri Tanzania, aho yitabiriye irahira rya mugenzi we wa Madamu Samia Suluhu Hassan watorewe...

Hashyizwe hanze amafoto agaragaza imyitozo kabuhariwe y’abasirikare b’Umuryango ukomeye ku Isi mu gutabarana

Hashyizwe hanze amafoto agaragaza imyitozo kabuhariwe y’abasirikare b’Umuryango ukomeye ku Isi mu gutabarana

by radiotv10
03/11/2025
0

Hashyizwe hanze amafoto agaragaza abasirikare ba bimwe mu Bihugu byo ku Mugabane w’u Burayi, bari gukorera muri Romania imyitozo y’Umuryango...

IZIHERUKA

Naomie yahishuye ingorane yagize mu kwandika igitabo zatumye agera n’aho arira n’amashimwe afite ubu
IBYAMAMARE

Naomie yahishuye ingorane yagize mu kwandika igitabo zatumye agera n’aho arira n’amashimwe afite ubu

by radiotv10
04/11/2025
0

Igisubizo kirimo urwenya Obama yahaye umugore wamubwiriye mu ruhame ko amukunda

Igisubizo kirimo urwenya Obama yahaye umugore wamubwiriye mu ruhame ko amukunda

04/11/2025
Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali

Icyo Sudani ivuga ku banyeshuri bo muri iki Gihugu bagaragaye mu bikorwa by’urugomo mu Rwanda

04/11/2025
Abazareba umukino uterejwe na benshi mu Rwanda bamenyeshejwe ibiciro bitagira uwo bica intege

Abazareba umukino uterejwe na benshi mu Rwanda bamenyeshejwe ibiciro bitagira uwo bica intege

04/11/2025
Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Eng.-Emotions of the first Rwandans taking part in Digital ID identity verification and photo registration

04/11/2025
Being a Single Mother is not the end of the World: The inspiring Journey of Tuyishime Clemence

Being a Single Mother is not the end of the World: The inspiring Journey of Tuyishime Clemence

04/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
INKURU Y’AKABABARO: Guverinoma y’u Rwanda yemeje urupfu rw’Umuvugizi Wungirije

INKURU Y'AKABABARO: Guverinoma y’u Rwanda yemeje urupfu rw’Umuvugizi Wungirije

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Naomie yahishuye ingorane yagize mu kwandika igitabo zatumye agera n’aho arira n’amashimwe afite ubu

Igisubizo kirimo urwenya Obama yahaye umugore wamubwiriye mu ruhame ko amukunda

Icyo Sudani ivuga ku banyeshuri bo muri iki Gihugu bagaragaye mu bikorwa by’urugomo mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.