Saturday, July 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Gen.Oligui Nguema wayoboye ihirikwa ry’ubutegetsi muri Gabon ubu ari mu mashimwe

radiotv10by radiotv10
14/04/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Gen.Oligui Nguema wayoboye ihirikwa ry’ubutegetsi muri Gabon ubu ari mu mashimwe
Share on FacebookShare on Twitter

Brice Clotaire Oligui Nguema, wari uyoboye abasirikare bahiritse ubutegetsi muri Gabon muri 2023, yatangajwe ku mugaragaro nk’uwatsinze Amatora y’Umukuru w’Igihugu ku majwi 90%.

Brice Clotaire Oligui Nguema yegukanye intsinzi ku majwi 575 222 angana na 90.35% nk’uko bigaragazwa n’amajwi y’agateganyo y’ibyavuye muri aya matora byatangajwe na Hermann Immongault, Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu akaba n’umukuru w’akanama gashizwe amatora, mu itangazo yasomeye kuri televiziyo y’igihugu ku Cyumweru tariki 13 Mata 2025.

Oligui Nguema, w’imyaka 50, yatsinze amatora ahigitse abandi bakandida barindwi bari bahanganye, barimo n’uwahoze ari Minisitiri w’Intebe Alain Claude Bilie-By-Nze, wabonye amajwi 3%.

Nubwo amajwi y’agateganyo agaragaza intsinzi ikomeye ku muyobozi w’inzibacyuho wafashe ubutegetsi nyuma yo guhirika Perezida Ali Bongo Ondimba, haracyategerejwe ko hatangazwa ibyavuye mu matora mu buryo bwa burundu.

Aya matora yabaye muri Gabon, yitabiriwe ku rwego rwo hejuru, kuko abarenga gato 920 000 bangana na 87.21%, bari biyandikishije kuri lisiti y’itora, barimo abarenga 28 000 baba mu mahanga, batoreye mu biro by’itora birenga 3 000.

Oligui Nguema, wahoze ayobora Igisirikare kirinda Umukuru w’Igihugu (Republican Guard), yabaye Perezida w’inzibacyuho nyuma yo kuyobora ihirikwa ry’ubutegetsi, ryashoje imyaka myinshi y’ubutegetsi bw’umuryango wa Bongo wari umaze imyaka irenga 50 uyobora iki Gihugu cyo muri Afurika hagati gikungahaye ku mavuta, ariko cyakomeje gushinjwa ruswa ikabije no kudashobora gucunga neza ubukungu bwacyo.

Abataravugaga rumwe n’ubutegetsi bwa Bongo, bashinjaga uwo muryango, kwigwizaho umutungo wa Gabon, mu gihe igice kinini cy’abaturage cyakomeje kubaho mu bukene bukabije.

Lt Gen Brice Clotaire Oligui Nguema yayoboye Coup d’etat yabaye muri 2023
Ubu arishimira ko yatsinze amatora y’Umukuru w’Igihugu

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − fourteen =

Previous Post

Hatanzwe icyifuzo cy’igikwiye gukorwa ahabereye ubugome ndengakamere muri Jenoside

Next Post

Uko umuhanzi Jose Chameleone amerewe nyuma y’indwara yari yatumye benshi bamuhangayikira

Related Posts

General Muhoozi yagiriye inama umuntu wese ukorana na FDLR

General Muhoozi yagiriye inama umuntu wese ukorana na FDLR

by radiotv10
25/07/2025
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba yavuze ko umuntu wese ukorana n’umutwe w’iterabwoba wa FDLR uhungabanya umutekano w’u...

Kabila wabaye Perezida wa DRCongo aratangira kuburanishwa n’Urukiko rwa Gisirikare ku byaha bikomeye

Kabila wabaye Perezida wa DRCongo aratangira kuburanishwa n’Urukiko rwa Gisirikare ku byaha bikomeye

by radiotv10
25/07/2025
0

Urukiko Rukuru rwa Gisirikare muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ruratangira kuburanisha urubanza ruregwamo Joseph Kabila wabaye Perezida w’iki Gihugu...

Umupasiteri uri mu bakunzwe yashatse undi mugore hatarashira umwaka apfushije uwa mbere

Umupasiteri uri mu bakunzwe yashatse undi mugore hatarashira umwaka apfushije uwa mbere

by radiotv10
24/07/2025
0

Pasiteri Marcelo Tunasi wo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, uri mu bakozi b’Imana bakurikirwa na benshi muri Afurika, yashyingiranywe...

Uko byifashe mu gace kiriwe urugamba rwambikanye hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

Amakuru aturuka mu bice biri kuberamo imirwano ikomeye hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

by radiotv10
23/07/2025
0

Ibice byinshi muri Teritwari ya Masisi mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, byashizemo abantu bahunze kubera imirwano imaze iminsi ibiri...

Heavy fighting between AFC/M23 and Wazalendo is taking place in various villages of Masisi

Heavy fighting between AFC/M23 and Wazalendo is taking place in various villages of Masisi

by radiotv10
23/07/2025
0

Large parts of Masisi territory in North Kivu have been emptied of residents due to ongoing fights for the past...

IZIHERUKA

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’
MU RWANDA

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

by radiotv10
26/07/2025
0

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

26/07/2025
Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

25/07/2025
Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

25/07/2025
General Muhoozi yagiriye inama umuntu wese ukorana na FDLR

General Muhoozi yagiriye inama umuntu wese ukorana na FDLR

25/07/2025
Amakuru agezweho kuri ‘Burikantu’ wari watawe muri yombi

Amakuru agezweho kuri ‘Burikantu’ wari watawe muri yombi

25/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uko umuhanzi Jose Chameleone amerewe nyuma y’indwara yari yatumye benshi bamuhangayikira

Uko umuhanzi Jose Chameleone amerewe nyuma y’indwara yari yatumye benshi bamuhangayikira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.