• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abanyarwandakazi bane bo mu Ngabo z’u Rwanda barangije muri Kaminuza iri mu zikomeye ku Isi

radiotv10by radiotv10
03/05/2025
in MU RWANDA
0
Abanyarwandakazi bane bo mu Ngabo z’u Rwanda barangije muri Kaminuza iri mu zikomeye ku Isi
Share on FacebookShare on Twitter

Abanyeshuri bane bo mu Ngabo z’u Rwanda, bahawe impamyabumenyi nyuma yo kurangiza amasomo mu bijyanye n’ubukanishi muri Kaminuza ya Oklahoma Christian University yo muri Leta Zunze Ubumwe za America.

Aba banyeshuri bo mu Ngabo z’u Rwanda, bahawe impamyabumenyi kuri uyu wa Gatanu tariki 02 Gicurasi, igikorwa cyabereye ku cyicaro Gikuru ry’iyi Kaminuza ya Oklahoma Christian University.

Nk’uko byatangajwe n’Ubuyobozi Bukuru bw’Ingabo z’u Rwanda, bwagize buti “Kuri uyu wa 02 Gicurasi 2025, abanyeshuri bane ba RDF, ari bo Kamanda Bwiza Dianah, Benegusenga Anita, Ishimwe Teta Cynthia, na Bakareke Urujeni Cynthia, bahawe impamyabuemyi muri Mechanical Engineering muri Oklahoma Christian University, muri Leta Zunze Ubumwe za America.”

Ubuyobozi bwa RDF buvuga kandi ko uyu muhango wo gutanga impamyabumenyi, wanitabiriwe n’Uhagarariye inyungu za Gisirikare (Defence Attaché) muri Ambasade y’u Rwanda muri Leta Zunze Ubumwe za America, Colonel Raoul Bazatoha.

Aba Banyarwandakazi bo mu Ngabo z’u Rwanda, barangije amasomo muri iri shuri rikomeye muri USA hatarashira ukwezi abandi Banyarwanda babiri barangije amasomo ya Gisirikare mu ishuri Royal Military Academy Sandhurst ryo mu Bwongereza.

Iri shuri ryo mu Bwongereza, aba Banyarwanda babiri ari bo Mugisha Blaine na Yuhi Cesar barangijemo mu kwezi gushize, ryanizemo Ian na Brian Kagame, abana ba Perezida Paul Kagame, aho umwe muri bo Ian Kagame yahise aninjira mu Ngabo z’u Rwanda, ubu akaba ari mu mutwe w’Ingabo zirinda Umukuru w’Igihugu n’abandi bayobozi bakuru.

Abanyarwandakazi bane barangiye muri Kaminuza ikomeye muri USA

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven + twenty =

Previous Post

AMAFOTO: Perezida Kagame na Madamu bakiriye Gen.Doumbouya na Madamu aho bororera ubushyo bw’Inyambo

Next Post

Rubavu: Yaje kwitambika ubukwe bw’umugabo bigeze kubana baranabyarana Padiri arahagoboka

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Rubavu: Yaje kwitambika ubukwe bw’umugabo bigeze kubana baranabyarana Padiri arahagoboka

Rubavu: Yaje kwitambika ubukwe bw’umugabo bigeze kubana baranabyarana Padiri arahagoboka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.