Wednesday, May 14, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

AFC/M23 yagaragaje ko yababajwe n’urupfu rw’uwo iherutse guha inshingano

radiotv10by radiotv10
14/05/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
AFC/M23 yagaragaje ko yababajwe n’urupfu rw’uwo iherutse guha inshingano
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 bwatangaje ko bwababajwe n’urupfu rwa Gasinzira Gishinge Juvenal wari uherutse kugirwa Guverineri Wungirije w’Intara ya Kivu y’Epfo ushinzwe Ubukungu, Imari n’Iterambere.

Bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze n’Ihuriro AFC/M23 kuri uyu wa Kabiri tariki 13 Gicurasi, rivuga ko iri Huriro ribabajwe n’Urupfu rw’uyu wari mu buyobozi bwa Kivu y’Epfo wapfuye urupfu rutunguranye.

Iri tangazo ryashyizweho umukono n’Umunyamabanga Uhoraho wa AFC/M23, Délion Kimbulungu Mutangala, rigira riti “Muri aka kababaro, AFC/M23 irihanganisha byimazeyo umuryango avukamo, ndetse n’umuryango wa politiki dusaba kumusengera kugira ngo roho ye iruhukire mu mahoro.”

Iri tangazo kandi rigaragaza gahunda z’ibikorwa byo gusezera kuri Gasinzira Gishinge Juvenal, birimo ibizabera i Bukavu, ahateganyijwe gutangirizwa ikiriyo ku wa Gatanu tariki 16 Gicurasi, bucyeye bwaho ku wa Gatandatu hakaba ibikorwa byo kumusezera bizabera aho yari atuye.

Nanone kandi ku wa Mbere w’icyumweru gitaha, tariki 19 Gicurasi, i Bukavu n’i Goma hateganyijwe misa yo kumusabira, ndetse no kumushyingura bizakorerwa i Bukavu.

AFC/M23 yatangaje ko muri icyo gihe cy’icyunamo, ibendera ry’Igihugu ryo mu bice bigenzurwa n’iri Huriro, rizamanurwa rigashyirwa muri 1/2 mu rwego rwo kumuha icyubahiro.

Gasinzira Gishinge Juvenal yari yagizwe Guverineri Wungirije w’Intara ya Kivu y’Epfo ushinzwe Ubukungu, Imari n’Iterambere muri Gashyantare uyu mwaka, nyuma yuko AFC/M23 yari imaze gufata umujyi wa Bukavu usanzwe ari Umurwa Mukuru w’Intara ya Kivu y’Epfo, ikanashyiraho abayobozi b’iyi Ntara.

Uyu mugabo Gasinzira Gishinge Juvenal, yitabye Imana ku wa Mbere tariki 12 Gicurasi 2024, azize urupfu rutunguranye rwababaje abari bamuzi n’abo bakoranaga.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 − one =

Previous Post

Ubuhamya bw’awari umukunzi w’umuhanzi w’ikirangirire P.Diddy bwahishuye byinshi ku byo aregwa

Next Post

Abazi umugabo ukekwaho kwica umwana we yibyariye bavuze ibyo bakeka

Related Posts

Menya umukinnyi wa mbere wakiriwe na Papa mushya Leo XIV

Menya umukinnyi wa mbere wakiriwe na Papa mushya Leo XIV

by radiotv10
14/05/2025
0

Umushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Papa Leo XIV yakiriye i Vatican umukinnyi wa mbere ku Isi mu mukino...

Hategerejwe igikorwa gishobora kuba amateka mu gushaka umuti w’intambara y’u Burusiya na Ukraine

Hategerejwe igikorwa gishobora kuba amateka mu gushaka umuti w’intambara y’u Burusiya na Ukraine

by radiotv10
14/05/2025
0

Hategerejwe inama izahuriramo Perezida wa Ukrayine, Volodymyr Zelenskyy, na mugenzi we w’u Burusiya, Vladimir Putin bagomba guhurira i Ankara muri...

Icyo M23 iteganya gukorera abarwanyi ba FDLR ikomeje kuvumbura mu bice by’i Goma

Icyo M23 iteganya gukorera abarwanyi ba FDLR ikomeje kuvumbura mu bice by’i Goma

by radiotv10
14/05/2025
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko bukomeje umukwabu wo guhiga bukware no gufata abarwanyi ba FDLR, aba Wazalendo n’aba FARDC bakihishe...

Hagaragajwe igishimangira ko imikoranire y’igisirikare cya Congo na FDLR igishinze imizi

Hagaragajwe igishimangira ko imikoranire y’igisirikare cya Congo na FDLR igishinze imizi

by radiotv10
12/05/2025
0

Ihuriro AFC/M23 rivuga ko igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) gikomeje gukorana n’imitwe irimo uwa FDLR ugambiriye guhungabanya...

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

by radiotv10
09/05/2025
0

Kiliziya Gatulika yamaze kubona Umushumba mushya wayo ari we Papa Leo XIV usanganywe amazina ya Robert Francis Prevost. Menya umukino...

IZIHERUKA

Menya umukinnyi wa mbere wakiriwe na Papa mushya Leo XIV
AMAHANGA

Menya umukinnyi wa mbere wakiriwe na Papa mushya Leo XIV

by radiotv10
14/05/2025
0

Hategerejwe igikorwa gishobora kuba amateka mu gushaka umuti w’intambara y’u Burusiya na Ukraine

Hategerejwe igikorwa gishobora kuba amateka mu gushaka umuti w’intambara y’u Burusiya na Ukraine

14/05/2025
Robertinho yahaye nyirantarengwa Rayon ngo imwishyure Miliyoni 28Frw cyangwa akayizamura hejuru

Robertinho yahaye nyirantarengwa Rayon ngo imwishyure Miliyoni 28Frw cyangwa akayizamura hejuru

14/05/2025
Icyo M23 iteganya gukorera abarwanyi ba FDLR ikomeje kuvumbura mu bice by’i Goma

Icyo M23 iteganya gukorera abarwanyi ba FDLR ikomeje kuvumbura mu bice by’i Goma

14/05/2025
Ibyakurikiye kwanga icyifuzo cy’Umuyobozi ku isambu amaranye imyaka 30 byamusize mu ihurizo

Ibyakurikiye kwanga icyifuzo cy’Umuyobozi ku isambu amaranye imyaka 30 byamusize mu ihurizo

14/05/2025
NAME CHANGE REQUEST

NAME CHANGE REQUEST

14/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abazi umugabo ukekwaho kwica umwana we yibyariye bavuze ibyo bakeka

Abazi umugabo ukekwaho kwica umwana we yibyariye bavuze ibyo bakeka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Menya umukinnyi wa mbere wakiriwe na Papa mushya Leo XIV

Hategerejwe igikorwa gishobora kuba amateka mu gushaka umuti w’intambara y’u Burusiya na Ukraine

Robertinho yahaye nyirantarengwa Rayon ngo imwishyure Miliyoni 28Frw cyangwa akayizamura hejuru

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.