Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

BREAKING: Byemejwe ko Joseph Kabila wayoboye Congo yageze mu bice bigenzurwa na M23

radiotv10by radiotv10
26/05/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
BREAKING: Byemejwe ko Joseph Kabila wayoboye Congo yageze mu bice bigenzurwa na M23
Share on FacebookShare on Twitter

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryemeje ko Joseph Kabila wayoboye iki Gihugu, ryatangaje ko yamaze kugera mu bice byabohojwe n’iri huriro.

Byemejwe n’Umuvuzi wa M23 mu bya Gisirikare, Col Willy Ngoma, mu butumwa yatangaje mu rukerera rwo kuri uyu wa Mbere tariki 26 Gicurasi 2025.

Muri ubu butumwa, Willy Ngoma, yagize ati “ARC/AFC yishimiye gutangaza ko hakiriwe mu cyubahiro uwahoze ari Umukuru w’Igihugu akaba na Senateri uhoraho, indwanyi y’abaturage, Joseph Kabila Kabange wageze mu bice byabohojwe na M23 /AFC.”

Lawrence Kanyuka, Umuvugizi wa AFC/M23 mu bya Politiki, na we mu butumwa yatanze mu rukerera rwo kuri uyu wa Mbere, yagize ati “Uwahoze ari Perezida wa RDC, Nyakubahwa Joseph Kabira yageze mu Mujyi wa Goma, tumwifurije ikaze risesuye mu bice byabohowe.”

Iri Huriro rihanganye n’ubutegetsi bwa Congo Kinshasa, butangaje ibi nyuma y’iminsi ibiri gusa, Joseph Kabila agejeje ku Banyekongo ijambo yabateganyirije ryo gusubiza ubutegetsi bw’Igihugu cyabo buherutse kumwambura ubudahangarwa kugira ngo akurikiranwe n’inzego.

Ni nyuma yuko ku wa Kane w’icyumweru gishize, Sena ya DRC itoye ku bwiganze icyemezo cyo kwambura ubudahangarwa uyu wabaye Umukuru w’Igihugu, nyuma yuko byasabwe n’Umugenzuzi Mukuru wa FARDC, aho uyu munyapolitiki ashinjwa ibyaha binyuranye birimo ubugambanyi, bishingiye ku kuba bamushinja gukorana n’umutwe wa M23.

Ibi birego byahawe imbaraga n’amakuru yahimbwe n’ubutegetsi bwa Congo mu kwezi gushize kwa Mata ko Kabila yageze i Goma, ari na bwo Ubutegetsi bwa Congo, bwahitaga bufata icyemezo cyo guhagarika ibikorwa by’ishyaka rye, ndetse bugatangaza ko uyu munyapolitiki agomba gushakishwa.

Muri iri jambo Joseph Kabila yatanze ku wa Gatanu w’icyumweru gishize, yahakanye aya makuru yo kuba yaragiye i Goma, gusa avuga ko ahubwo mu minsi ya vuba azaba ari yo.

Yagize ati “Nyuma y’ikinyoma kidasanzwe cyatangajwe ku mbuga nkoranyambaga ko nagiye i Goma nteganya kuzajya mu minsi iri imbere, ubutegetsi bwa Kinshasa bwafashe umwanzuro ushimangira ngo nta Demakarasi ikirangwa mu Gihugu cyacu.”

Joseph Kabila wavugaga ko hari ibibazo byinshi bikwiye gushakirwa umuti muri Congo, yavuze ko ubutegetsi bw’iki Gihugu bwageze aho bukemera kuganira n’umutwe wa M23, bityo ko budakwiye kuba bwabuza abandi Banyekongo gushyikirana na wo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one + eleven =

Previous Post

Talk More, Pay Less: MTN Rwanda Introduces DesaDe, a new MTN-to-MTN voice pack for Just Rwf 200

Next Post

Umugabo akurikiranyweho kubwira uwarokotse Jenoside amagambo y’ingengabitekerezo

Related Posts

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

by radiotv10
29/01/2026
0

Matata Ponyo Mapon, a politician who held top positions in the Democratic Republic of Congo (DRC), including Prime Minister, said,...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

by radiotv10
29/01/2026
0

The Local Authorities of the North Kivu, appointed by the AFC/M23 coalition, provided assistance to people that were affected by...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye

Umugabo akurikiranyweho kubwira uwarokotse Jenoside amagambo y’ingengabitekerezo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.