Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Perezida w’u Burundi yahagarariwe mu muhango wo kwibuka Nkurunziza yasimbuye umaze imyaka itanu yitabye Imana

radiotv10by radiotv10
09/06/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Perezida w’u Burundi yahagarariwe mu muhango wo kwibuka Nkurunziza yasimbuye umaze imyaka itanu yitabye Imana
Share on FacebookShare on Twitter

Mu muhango wo kuzirikana imyaka itanu ishinze Pierre Nkurunziza wabaye Perezida w’u Burundi yitabye Imana, Umukuru w’iki Gihugu, Evariste Ndayishimiye, yahagarariwemo na Minisitiri w’Intebe, Lt Gen Pol (Rdt) Ndirakobuca Gervais.

Ni umuhango wabaye kuri uyu wa Mbere tariki 09 Kamena 2025 nk’uko bigaragazwa n’amakuru dukesha Ibiro bya Minisitiri w’Intebe w’u Burundi.

Ibiro bya Minisitiri w’Intebe, byavuze ko “None tariki 09 Kamena, nyakubahwa Minisitiri w’Intebe Lt-Gén Pol Ndirakobuca Gervais, aherekejwe n’umugore we, mu izina rya Perezida Evariste Ndayishimiye bayoboye Ibirori by’Umunsi wo gukunda Igihugu no kwibuka imyaka itanu y’urupfu rwa Perezida Pierre Nkurunziza byabereye i Gitega.”

Perezida Evariste Ndayishimiye wahagarariwe muri uyu muhango, ari mu Bufaransa, aho yagezeyo kuri iki Cyumweru tariki 08 Kamena 2025, aho yitabiriye Inama y’Umuryango w’Abibumbye yiga ku bijyanye n’inyanja.

Pierre Nkurunziza wayoboye iki Gihugu cy’u Burundi, amaze imyaka itanu yitabye Imana, aho yapfuye tariki 08 Kamena 2020, nk’uko byemejwe na Guverinoma y’iki Gihugu mu itangazo ryagiye hanze tariki 09 Kamena uwo mwaka wa 2020.

Icyo gihe ubwo hatangazwaga urupfu rwa Nkurunziza, Guverinoma y’iki Gihugu yavuze ko yazize indwara yo guhagarara k’umutima, yari ari kuvurirwa mu Bitaro bya Karuzi mu Burundi.

Guverinoma kandi yatangaje ko nyakwigendera Nkurunziza, yafashwe n’iyi ndwara mu buryo butunguranye dore ko tariki 06 Kamena 2020 yariho areba umukino wa Volleyball mu Ntara ya Ngozi ariko akaza kuremba mu ijoro rishyira ku munsi wakurikiyeho ari na bwo yahise ajyanwa kuvurizwa muri ibi Bitaro yitabiyemo Imana.

Pierre Nkurunziza wayoboye u Burundi mu gihe cy’imyaka 15 kuva mu 2005, yitabye Imana icyo gihe nyuma yuko mu Burundi hari habaye amatora y’Umukuru w’Igihugu yari yabaye muri Gicurasi 2020, yegukanywe na Evariste Ndayishimiye, ariko wari utararahira.

Umuryango wa nyakwigendera Pierre Nkurunziza wamwunamiye
Minisitiri w’Intebe w’u Burundi yayoboye uyu muhango

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 + 17 =

Previous Post

Gen.Muhoozi yatanze itegeko nyuma yo kumva ko hari umusirikare wo hejuru wafunzwe n’inzego z’ubutasi

Next Post

Hagati ya AFC/M23 na Wazalendo i Walikare byongeye gukomera

Related Posts

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

by radiotv10
29/01/2026
0

Matata Ponyo Mapon, a politician who held top positions in the Democratic Republic of Congo (DRC), including Prime Minister, said,...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

by radiotv10
29/01/2026
0

The Local Authorities of the North Kivu, appointed by the AFC/M23 coalition, provided assistance to people that were affected by...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
M23 yagaragaje icyavuye mu mirwano ikomeye yayihuje na FARDC

Hagati ya AFC/M23 na Wazalendo i Walikare byongeye gukomera

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.