Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Iby’ingenzi byamenyekanye ko biri mu mushinga w’amasezerano ategerejwe hagati y’u Rwanda na DRCongo

radiotv10by radiotv10
12/06/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Iby’ingenzi byamenyekanye ko biri mu mushinga w’amasezerano ategerejwe hagati y’u Rwanda na DRCongo
Share on FacebookShare on Twitter

Intumwa za Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zitegerejwe i Washington muri Leta Zunze Ubumwe za America kugira ngo ziganire ku mushinga w’amahoro ateganyijwe gusinya. Haravugwa ibiri muri uwo mushinga.

Radiyo Mpuzamahanga y’Abafaransa RFI ivuga ko yabashije kugera ku nyandiko irenze kure amahame yashyizweho umukono n’ibi Bihugu byombi muri Mata n’Abaminisitiri b’Ububanyi n’Amahanga, Amb. Olivier Nduhungirehe na mugenzi we Thérèse Kayikwamba Wagner.

Iki gitangazamakuru kivuga ko muri iyi nyandiko y’umushinga w’amasezerano, ugomba kuzashyirwaho imikono habanje kugira ibihabwa umurongo.

Muri ibyo bigomba kubanza gushyirwa mu bikorwa, ngo harimo ko u Rwanda rwasabwe kuva ku butaka rwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aho ngo rugomba gukurayo abasirikare barwo n’intwaro.

Ni mu gihe iki Gihugu cy’u Rwanda kitahwemye gusobanura ko nta musirikare n’umwe gifite muri Congo, ahubwo ko cyakajije ubwirinzi bw’umutekano wacyo ku mupaka ugihuza n’iki cy’igituranyi, ndetse bikaba byarashimangirwaga n’imyanzuro yose yagiye ifatwa ku rwego rwa Afurika, aho n’ubundi u Rwanda rwagiye rusabwa gukuraho izi ngamba z’ubwirinzi.

RFI ivuga ko iyi ngingo yazamuwe n’ibyifuzo byatanzwe na Leta ya Congo ndetse ko ikubiye mu mushinga wohererejwe Leta Zunze Ubumwe za America.

Ikindi kiri muri uyu mushinga, Leta ya Kinshasa yasabwe gukuraho ubutegetsi bwa Gisirikare bwashyizweho mu byiswe ‘état de siège’ mu Ntara ya Kivu ya Ruguru kuva muri 2021 kimwe no mu Ntara ya Ituri.

Iki Gihugu cyasabwe ko ubutegetsi bushyirwa mu maboko y’abasivile kugira ngo haterwe intambwe mu biganiro.

Nanone kandi iyi nyandiko isaba ko habaho amasezerano y’imishyikirano hagati ya Leta ya Congo Kinshasa n’umutwe wa M23 yo guhagarika imirwano, aho izi mpande zombi zikiri mu biganiro by’i Doha muri Qatar. Ibi bikaba bigaragaza ko amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo yasinywa nyuma y’ariya asabwa ubutegetsi bwa Congo na AFC/M23.

Uyu mushinga w’amasezerano kandi unagaruka ku mutwe urwanya u Rwanda wa FDLR ufashwa n’ubutegetsi bwa Congo Kinshasa, aho Ibihugu byombi byasabwe “gukorana nta buryarya mu gushakisha, kugenzura, kumenya ahaherereye ndetse no kurandura abarwanyi b’umutwe wa FDRL.”

Ubu bufatanye kandi bunajyanye n’imyanzuro y’ibiganiro bya Luanda byo mu kwezi k’Ukwakira 2024, aho iyi nyandiko y’umushinga igaruka ku byari byemerejwe i Luanda byo gusaba ubutegetsi bwa Congo guhagarika imikoranire no gutera inkunga mu buryo bw’intwaro n’ubushobozi bw’amafaranga uyu mutwe wa FDLR.

RFI ivuga ko i Washington muri Leta Zunze Ubumwe za America, muri iki cyumweru hategerejwe gutangira ibiganiro kuri uyu mushinga, itangaza ko hagomba no kuba ibiganiro bizongera bigahuza Abaminisitiri b’impande zombi, mbere yuko Perezida w’u Rwanda n’uwa DRC bashyira umukono kuri ariya masezerano.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 + eight =

Previous Post

Mu Rwanda hatahuwe imiti itemewe hahita hafatwa icyemezo

Next Post

Ingorane z’umwana wavukanye ibitsina bibiri n’imikorere yabyo iteye urujijo

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ingorane z’umwana wavukanye ibitsina bibiri n’imikorere yabyo iteye urujijo

Ingorane z’umwana wavukanye ibitsina bibiri n’imikorere yabyo iteye urujijo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.