Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Iby’ingenzi byamenyekanye ko biri mu mushinga w’amasezerano ategerejwe hagati y’u Rwanda na DRCongo

radiotv10by radiotv10
12/06/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Iby’ingenzi byamenyekanye ko biri mu mushinga w’amasezerano ategerejwe hagati y’u Rwanda na DRCongo
Share on FacebookShare on Twitter

Intumwa za Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zitegerejwe i Washington muri Leta Zunze Ubumwe za America kugira ngo ziganire ku mushinga w’amahoro ateganyijwe gusinya. Haravugwa ibiri muri uwo mushinga.

Radiyo Mpuzamahanga y’Abafaransa RFI ivuga ko yabashije kugera ku nyandiko irenze kure amahame yashyizweho umukono n’ibi Bihugu byombi muri Mata n’Abaminisitiri b’Ububanyi n’Amahanga, Amb. Olivier Nduhungirehe na mugenzi we Thérèse Kayikwamba Wagner.

Iki gitangazamakuru kivuga ko muri iyi nyandiko y’umushinga w’amasezerano, ugomba kuzashyirwaho imikono habanje kugira ibihabwa umurongo.

Muri ibyo bigomba kubanza gushyirwa mu bikorwa, ngo harimo ko u Rwanda rwasabwe kuva ku butaka rwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aho ngo rugomba gukurayo abasirikare barwo n’intwaro.

Ni mu gihe iki Gihugu cy’u Rwanda kitahwemye gusobanura ko nta musirikare n’umwe gifite muri Congo, ahubwo ko cyakajije ubwirinzi bw’umutekano wacyo ku mupaka ugihuza n’iki cy’igituranyi, ndetse bikaba byarashimangirwaga n’imyanzuro yose yagiye ifatwa ku rwego rwa Afurika, aho n’ubundi u Rwanda rwagiye rusabwa gukuraho izi ngamba z’ubwirinzi.

RFI ivuga ko iyi ngingo yazamuwe n’ibyifuzo byatanzwe na Leta ya Congo ndetse ko ikubiye mu mushinga wohererejwe Leta Zunze Ubumwe za America.

Ikindi kiri muri uyu mushinga, Leta ya Kinshasa yasabwe gukuraho ubutegetsi bwa Gisirikare bwashyizweho mu byiswe ‘état de siège’ mu Ntara ya Kivu ya Ruguru kuva muri 2021 kimwe no mu Ntara ya Ituri.

Iki Gihugu cyasabwe ko ubutegetsi bushyirwa mu maboko y’abasivile kugira ngo haterwe intambwe mu biganiro.

Nanone kandi iyi nyandiko isaba ko habaho amasezerano y’imishyikirano hagati ya Leta ya Congo Kinshasa n’umutwe wa M23 yo guhagarika imirwano, aho izi mpande zombi zikiri mu biganiro by’i Doha muri Qatar. Ibi bikaba bigaragaza ko amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo yasinywa nyuma y’ariya asabwa ubutegetsi bwa Congo na AFC/M23.

Uyu mushinga w’amasezerano kandi unagaruka ku mutwe urwanya u Rwanda wa FDLR ufashwa n’ubutegetsi bwa Congo Kinshasa, aho Ibihugu byombi byasabwe “gukorana nta buryarya mu gushakisha, kugenzura, kumenya ahaherereye ndetse no kurandura abarwanyi b’umutwe wa FDRL.”

Ubu bufatanye kandi bunajyanye n’imyanzuro y’ibiganiro bya Luanda byo mu kwezi k’Ukwakira 2024, aho iyi nyandiko y’umushinga igaruka ku byari byemerejwe i Luanda byo gusaba ubutegetsi bwa Congo guhagarika imikoranire no gutera inkunga mu buryo bw’intwaro n’ubushobozi bw’amafaranga uyu mutwe wa FDLR.

RFI ivuga ko i Washington muri Leta Zunze Ubumwe za America, muri iki cyumweru hategerejwe gutangira ibiganiro kuri uyu mushinga, itangaza ko hagomba no kuba ibiganiro bizongera bigahuza Abaminisitiri b’impande zombi, mbere yuko Perezida w’u Rwanda n’uwa DRC bashyira umukono kuri ariya masezerano.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 5 =

Previous Post

Mu Rwanda hatahuwe imiti itemewe hahita hafatwa icyemezo

Next Post

Ingorane z’umwana wavukanye ibitsina bibiri n’imikorere yabyo iteye urujijo

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ingorane z’umwana wavukanye ibitsina bibiri n’imikorere yabyo iteye urujijo

Ingorane z’umwana wavukanye ibitsina bibiri n’imikorere yabyo iteye urujijo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.