Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Baltasar wavuzweho cyane ku mbuga nkoranyambaga hamenyekanye icyemezo yafatiwe n’Urukiko

radiotv10by radiotv10
03/07/2025
in AMAHANGA
0
Baltasar wavuzweho cyane ku mbuga nkoranyambaga hamenyekanye icyemezo yafatiwe n’Urukiko
Share on FacebookShare on Twitter

Baltasar Engonga Ebang wahoze ari Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Iperereza mu by’Imari muri Guinée Equatoriale wigeze kugarukwaho cyane kubera amashusho ye yagiye hanze, yakatiwe igifungo cy’imyaka 18 kubera ibyaha byo kunyereza imari ya Leta.

Uyu mugabo wacicikanye ku mbuga nkoranyambaga umwaka ushize ubwo hasakazwaga amashusho ye bivugwa ko yafataga ubwo yabaga aryamanye n’abagore ba bamwe mu bafite amazina akomeye muri kiriya Gihugu, yari akurikiranyweho ibyaha byo kunyereza imari ya Leta.

Yari asanzwe ayobora Ikigo (National Financial Investigation Agency) gishinzwe iperereza mu by’Imari, akaba yaregwaga gukoresha nabi umutungo w’Igihugu muri iki Kigo gisanzwe kigenzurwa na Minisiteri y’Imari.

Raporo zatangajwe n’Ibitangazamakuru by’Igihugu, zigaragaza ko Baltasar Engonga yakoresheje abarirwa muri miliyoni 910 CFA (miliyari 2,3 Frw) yibye, mu bikorwa byo kwinezezanya n’abagore.

Muri uru rubanza rwe rwatangiye ku wa Mbere, rwanavugwagamo abayobozi bo mu bigo bikuru bya Leta, Ubushinjacyaha bwagiye bugaragaza ibyaha binyuranye, ndetse bunasaba ibihano.

Ubushinjacyaha bwari bwasabye ko ahanishwa igifungo cy’imyaka umunani ku cyaha cyo kunyereza umutungo wa Leta, icy’imyaka ine n’amezi atanu ku kwigwizaho imitungo, imyaka itandatu n’ukwezi kumwe ku cyaha cyo gukoresha nabi ububasha yahabwaga n’itegeko, ndetse n’ibindi bihano.

Byose hamwe, Ubushinjacyaha bwari bwasabiye uyu mugabo igifungo cy’imyaka 18 ndetse no gutanga ihazabu ya Miliyari 1 z’amafaranga y’ama CFA (arenga miliyari 2,5 Frw).

Ni mu gihe Uruhande rw’uregwa n’abanyamategeko be, bahakanaga ibyaha byose bishinjwa Baltasar Engonga Ebang.

Mu cyemezo cyasomwe kuri uyu wa Gatatu, Urukiko rwavuze ko hagaragajwe ibimenyetso bishimangira ko uregwa yakoze ibyaha aregwa, birimo amafaranga yagiye yoherereza mu mabanki, konti zo hanze ndetse n’amasezerano ya baringa. Ubushinjacyaha bwise iki kirego “kimwe mu bikorwa by’ubuhemu bukomeye byabayeho mu nzego za Leta mu bihe bya vuba.”

Nyuma yo gusuzuma ibimenyetso, Umucamanza yakatiye Baltasar Engonga Ebang igifungo cy’imyaka 18 ku bwo kunyereza imari ya Leta.

Baltasar yaravuzwe cyane ku mbuga nkoranyambaga
Ubwo yaburanishwaga mu rukiko
We n’abadi bafungwa

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 4 =

Previous Post

AMAFOTO: APR FC irimo amasura mashya yatangiye imyitozo

Next Post

Abacururiza mu isoko rya Kabarondo nyuma y’igihe barira ayo kwarika ubu barabyinira ku rukoma

Related Posts

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

by radiotv10
29/01/2026
0

Matata Ponyo Mapon, a politician who held top positions in the Democratic Republic of Congo (DRC), including Prime Minister, said,...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

by radiotv10
29/01/2026
0

The Local Authorities of the North Kivu, appointed by the AFC/M23 coalition, provided assistance to people that were affected by...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abacururiza mu isoko rya Kabarondo nyuma y’igihe barira ayo kwarika ubu barabyinira ku rukoma

Abacururiza mu isoko rya Kabarondo nyuma y’igihe barira ayo kwarika ubu barabyinira ku rukoma

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.