• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Baltasar wavuzweho cyane ku mbuga nkoranyambaga hamenyekanye icyemezo yafatiwe n’Urukiko

radiotv10by radiotv10
03/07/2025
in AMAHANGA
0
Baltasar wavuzweho cyane ku mbuga nkoranyambaga hamenyekanye icyemezo yafatiwe n’Urukiko
Share on FacebookShare on Twitter

Baltasar Engonga Ebang wahoze ari Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Iperereza mu by’Imari muri Guinée Equatoriale wigeze kugarukwaho cyane kubera amashusho ye yagiye hanze, yakatiwe igifungo cy’imyaka 18 kubera ibyaha byo kunyereza imari ya Leta.

Uyu mugabo wacicikanye ku mbuga nkoranyambaga umwaka ushize ubwo hasakazwaga amashusho ye bivugwa ko yafataga ubwo yabaga aryamanye n’abagore ba bamwe mu bafite amazina akomeye muri kiriya Gihugu, yari akurikiranyweho ibyaha byo kunyereza imari ya Leta.

Yari asanzwe ayobora Ikigo (National Financial Investigation Agency) gishinzwe iperereza mu by’Imari, akaba yaregwaga gukoresha nabi umutungo w’Igihugu muri iki Kigo gisanzwe kigenzurwa na Minisiteri y’Imari.

Raporo zatangajwe n’Ibitangazamakuru by’Igihugu, zigaragaza ko Baltasar Engonga yakoresheje abarirwa muri miliyoni 910 CFA (miliyari 2,3 Frw) yibye, mu bikorwa byo kwinezezanya n’abagore.

Muri uru rubanza rwe rwatangiye ku wa Mbere, rwanavugwagamo abayobozi bo mu bigo bikuru bya Leta, Ubushinjacyaha bwagiye bugaragaza ibyaha binyuranye, ndetse bunasaba ibihano.

Ubushinjacyaha bwari bwasabye ko ahanishwa igifungo cy’imyaka umunani ku cyaha cyo kunyereza umutungo wa Leta, icy’imyaka ine n’amezi atanu ku kwigwizaho imitungo, imyaka itandatu n’ukwezi kumwe ku cyaha cyo gukoresha nabi ububasha yahabwaga n’itegeko, ndetse n’ibindi bihano.

Byose hamwe, Ubushinjacyaha bwari bwasabiye uyu mugabo igifungo cy’imyaka 18 ndetse no gutanga ihazabu ya Miliyari 1 z’amafaranga y’ama CFA (arenga miliyari 2,5 Frw).

Ni mu gihe Uruhande rw’uregwa n’abanyamategeko be, bahakanaga ibyaha byose bishinjwa Baltasar Engonga Ebang.

Mu cyemezo cyasomwe kuri uyu wa Gatatu, Urukiko rwavuze ko hagaragajwe ibimenyetso bishimangira ko uregwa yakoze ibyaha aregwa, birimo amafaranga yagiye yoherereza mu mabanki, konti zo hanze ndetse n’amasezerano ya baringa. Ubushinjacyaha bwise iki kirego “kimwe mu bikorwa by’ubuhemu bukomeye byabayeho mu nzego za Leta mu bihe bya vuba.”

Nyuma yo gusuzuma ibimenyetso, Umucamanza yakatiye Baltasar Engonga Ebang igifungo cy’imyaka 18 ku bwo kunyereza imari ya Leta.

Baltasar yaravuzwe cyane ku mbuga nkoranyambaga
Ubwo yaburanishwaga mu rukiko
We n’abadi bafungwa

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − two =

Previous Post

AMAFOTO: APR FC irimo amasura mashya yatangiye imyitozo

Next Post

Abacururiza mu isoko rya Kabarondo nyuma y’igihe barira ayo kwarika ubu barabyinira ku rukoma

Related Posts

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Next Post
Abacururiza mu isoko rya Kabarondo nyuma y’igihe barira ayo kwarika ubu barabyinira ku rukoma

Abacururiza mu isoko rya Kabarondo nyuma y’igihe barira ayo kwarika ubu barabyinira ku rukoma

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.