Monday, November 3, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego

radiotv10by radiotv10
04/07/2025
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego
Share on FacebookShare on Twitter

U Burusiya bwongeye kugaba ibitero bikomeye kuri Ukraine, mu ntambara imaze igihe ihanganishije ibi Bihugu, aho iki Gihugu cya Ukraine kivuga ko ibisasu cyarashweho ari byo byinshi kuva iyi ntambara yatangira.

Ukraine yavuze ko u Burusiya bwarashe ibisasu bya 550 n’ibisasu 11 bya misile mu ijoro ryacyeye, akaba ari na byo bisasu byinshi birashwe n’u Burusiya kuva iyi ntambara yatangira.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Ukraine, yamaganye ibi bitero byagabwe kuri Kyiv, ndetse avuga ko “Moscou igomba gufatirwa ibihano bikarishye kandi bidatinze.”

Ibi bitero bibaye nyuma y’amasaha macye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump, avuganye kuri telefone na Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin.

Icyakora Nyuma y’icyo kiganiro, Trump yavuze ko yatengushywe no kuba Putin atiteguye kurangiza intambara ihanganishije Igihugu cye na Ukraine, ndetse agaragaza ko atitaye ku butumwa bwose bw’amahanga bumusaba guhagarika iyi ntambara, bityo Trump avuga ko “nta ntambwe n’imwe iraterwa mu kurangiza iyi ntambara.”

Perezida Trump, yagize ati “Natunguwe n’ikiganiro nagiranye uyu munsi na Perezida Putin, kuko mbona adafite ubushake, kandi yantengushye cyane.”

Yakomeje agira ati “Ndavuga gusa ko mbona adashaka guhagarika intambara, kandi ibyo ni ibintu bibabaje.”

Mu gihe Trump agaragaza gutenguhwa, ibiro bya Perezida w’u Burusiya, Kremlin, byongeye gutangaza ko iki Gihugu gishaka gukemura ikibazo mu mizi bahereye ku cyatumye intambara yo muri Ukraine itangira.

Ni mu gihe mu cyumweru gishize Perezida Vladimir Putin yatangaje ko u Burusiya bugomba kwigarurira Ukrain ikayomeka ku ntara zayo.

Ku rundi ruhande ariko, Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelensky, na we yavuze ko yizeye kuvugana na Trump, ku bijyanye no gukomeza guhabwa intwaro na Leta Zunze Ubumwe za America, nyuma yuko Washington ifashe icyemezo cyo guhagarika zimwe mu ntwaro z’ingenzi zari zigenewe Ukraine.

Umujyi wa Kyiv wagaragaje impungenge, uvuga ko icyo cyemezo kizabangamira cyane ubushobozi bwo kwirwanaho ku bitero by’indege bikomeje kwiyongera no ku rugamba aho ingabo z’uburusiya ziri kurwanira.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 2 =

Previous Post

AFC/M23 yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gusinyana amasezerano n’ubutegetsi bwa Congo

Next Post

Mu birori bya APR hanakinwe umukino unogeye ijisho wagaragayemo Abasirikare Bakuru bari mu bashinze ikipe

Related Posts

Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyo ibona cyihishe inyuma y’ubutabazi bwavugiwe mu Bufaransa

by radiotv10
03/11/2025
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko bitangaje kuba u Bufaransa bwibutse ko bwajya gukorera...

Abayobozi ba AFC/M23 mu muhango wo guherekeza Musenyeri w’i Goma wanitabiriwe n’Umushumba wo mu Rwanda

Abayobozi ba AFC/M23 mu muhango wo guherekeza Musenyeri w’i Goma wanitabiriwe n’Umushumba wo mu Rwanda

by radiotv10
01/11/2025
0

Abayobozi b’Ihuriro AFC/M23 barimo Umuhuzabikorwa waryo, Corneille Nangaa; bitabiriye umuhango wo guherekeza bwa nyuma Musenyeri Faustin Ngabu wabaye Umushumba wa...

BREAKING: Ibyavuye mu matora ya Perezida muri Tanzania byatangajwe

BREAKING: Ibyavuye mu matora ya Perezida muri Tanzania byatangajwe

by radiotv10
01/11/2025
0

Madamu Samia Suluhu Hassan wo mu ishyaka Chama Cha Mapinduzi, yatsinze amatora y'Umukuru w'Igihugu cya Tanzania, ku majwi 97,66%, nk’uko...

Impaka zavutse nyuma yuko u Bufaransa buvuze ibyo gufungura ikibuga cy’indege cya Goma kigenzurwa na AFC/M23

Impaka zavutse nyuma yuko u Bufaransa buvuze ibyo gufungura ikibuga cy’indege cya Goma kigenzurwa na AFC/M23

by radiotv10
31/10/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryamaganye ibyo gufungura Ikibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Goma, byavugiwe...

Eng.-AFC/M23 responds to France’s remarks about reopening Goma International Airport

Eng.-AFC/M23 responds to France’s remarks about reopening Goma International Airport

by radiotv10
31/10/2025
0

The AFC/M23 coalition, which opposes the government of the Democratic Republic of Congo (DRC), has strongly criticized France’s recent remarks...

IZIHERUKA

Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura
AMAHANGA

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyo ibona cyihishe inyuma y’ubutabazi bwavugiwe mu Bufaransa

by radiotv10
03/11/2025
0

Kamonyi: Umukwabu wo gushaka abakora ibikorwa bigayitse wageze no bajura b’amatungo

Kamonyi: Umukwabu wo gushaka abakora ibikorwa bigayitse wageze no bajura b’amatungo

03/11/2025
Menya ibigo by’amashuri n’abanyeshuri bahize abandi mu marushanwa y’imibare

Menya ibigo by’amashuri n’abanyeshuri bahize abandi mu marushanwa y’imibare

02/11/2025
The Weekend Reset: How disconnecting can help you start Monday stronger

The Weekend Reset: How disconnecting can help you start Monday stronger

02/11/2025
Abayobozi ba AFC/M23 mu muhango wo guherekeza Musenyeri w’i Goma wanitabiriwe n’Umushumba wo mu Rwanda

Abayobozi ba AFC/M23 mu muhango wo guherekeza Musenyeri w’i Goma wanitabiriwe n’Umushumba wo mu Rwanda

01/11/2025
Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

01/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu birori bya APR hanakinwe umukino unogeye ijisho wagaragayemo Abasirikare Bakuru bari mu bashinze ikipe

Mu birori bya APR hanakinwe umukino unogeye ijisho wagaragayemo Abasirikare Bakuru bari mu bashinze ikipe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyo ibona cyihishe inyuma y’ubutabazi bwavugiwe mu Bufaransa

Kamonyi: Umukwabu wo gushaka abakora ibikorwa bigayitse wageze no bajura b’amatungo

Menya ibigo by’amashuri n’abanyeshuri bahize abandi mu marushanwa y’imibare

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.