Thursday, July 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Buri wese yakoze iyo bwabaga-Twibukiranye ibyaranze igitaramo cya mbere cya MTN Iwacu Muzika Festival

radiotv10by radiotv10
07/07/2025
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Buri wese yakoze iyo bwabaga-Twibukiranye ibyaranze igitaramo cya mbere cya MTN Iwacu Muzika Festival
Share on FacebookShare on Twitter

Ni ku nshuro ya gatandatu habaye ibi bitaramo by’iserukiramuco rya MTN Iwacu Muzika Festival, bikaba ku nshuro ya gatatu MTN Rwanda ari umufatanyabikorwa mukuru wabyo.

Ku cyabanjirije ibindi by’uyu mwaka, cyabereye i Musanze ku ya 05 Nyakanga 2025, abahanzi batoranyijwe uko ari barindwi bari babukereye.

Twihuse ku rubyiniro habanje Ariel Wayz ari na we mukobwa rukumbi uri kumwe n’abasore batandatu ni Ariel Wayz watangiranye imbaraga nyinshi mu ndirimbo ze ziganjemo izo hambere zakunzwe na benshi.

Ageze hagati, imvura yajojobye hafi 1/4 cy’abitabiriye igitaramo bajya kugama, gusa uyu mukobwa ntibyamuciye intege yakomeje gukora iyo bwabaga ahikura gitwari.

Hakurikiyeho Kivumbi King umusore w’ijwi riremereye, wari wambaye umwambaro yavuze ko ari uw’Inkotanyi, maze na we yinjirana imbaraga nyinshi, abafana baramukundira bajyana na we mu ndirimbo wumvaga ko zizwi n’abatari bacye.

Nyuma ya Kivumbi haje Nel Ngabo, umusore ukiri muto c mu myambaro nk’iy’abatwara ibinyabiziga bya moto mu buryo bwo kwinezeza.

Mu ndirimbo ze zakunzwe nka Zoli, Nywe, Bazatwibuka n’izindi, uyu musore yashimishije benshi barimo na Clement usanzwe ari umujyanama muri Kina Music uyu Nel Ngabo abarizwamo.

Juno Kizigenza uherutse kwizihiza imyaka itanu mu muziki, ni we wakurikiyeho mu mbaraga zidasanzwe, yahagurukije imbaga yari iri muri Sitade Ubworoherane, maze mu ndirimbo ze ziganjemo izakunzwe, aratarama biratinda. Uyu musore mu gusoza yahamagaye Bull Dog ngo baririmbane iyo bisi ‘Puta’.

Bull Dog yafatiyeho ashyigikiwe bikomeye n’abakunzi ba Hip Hop, ageze hagati yibutsa abantu ko kuri iyi tariki ari isabukuru ya Jay Pol witabye Imana mu myaka isaga ine ishize.

Bidatinze Riderman yahise azamuka ku rubyiniro ahera ku ndirimbo ye ‘Mambata’. Yari amenyereweho kwitwaza Karigombe ngo amufashe, gusa kuri iyi nshuro yazanye umuvandimwe we, yaboneyeho no gutangaza ko ari kumumenyereza ngo kuko na we asanzwe ari umuhanzi ukizamuka.

Igitaramo cyasojwe na King James wagaragaje ko koko ari umuhanzi mukuru kandi ufite abafana benshi mu ndirimbo ze ziganjemo iz’urukundo.

Kubera ubwinshi bw’indirimbo ze, King James yanyuzagamo akaririmba agace gato cyane k’indirimbo atari yashyize ku rutonde rw’izo yateguye kuririrmba, ibintu yahuriyeho na Riderman.

Ni igitaramo cyagaragaje ko abahanzi bafite ishyaka n’inyota byo gutanga ibyo abafana babo babitezeho, aho buri wese yagaragazaga ko ashaka kwemeza abakunzi ba muzika. Igitaramo gikurikira kizabera i Gicumbi ku wa Gatandatu w’iki cyumweru, tariki 12 Nyakanga 2025.

Felix NSENGA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 + sixteen =

Previous Post

Eng.- Rwanda asked the U.S. to step up efforts in monitoring the implementation of the Peace Agreement with the DRC

Next Post

Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

Related Posts

Abanyamakuru babiri bakorana ku gitangazamakuru kimwe mu Rwanda bambikanye impeta y’urukundo

Abanyamakuru babiri bakorana ku gitangazamakuru kimwe mu Rwanda bambikanye impeta y’urukundo

by radiotv10
17/07/2025
0

Umunyamakurukazi Umukazana Germaine ukorera Radiyo imwe mu Rwanda, yambitswe impeta y’urukundo na mugenzi we Ruzindana Janvier bakorana, amusaba ko bazashyingiranwa....

Mu butumwa bwumvikanamo umujinya Miss Naomie yasubije abavuze ku mugabo we ibitamunyuze

Mu butumwa bwumvikanamo umujinya Miss Naomie yasubije abavuze ku mugabo we ibitamunyuze

by radiotv10
17/07/2025
0

Nyampinga w’u Rwanda wa 2020, Nishimwe Naomie yahaye gasopo abakomeje kuvuga ku mugabo we bamwita umukene bagendeye ku mafoto yasakaye...

Amafoto ya mbere y’umuhanzikazi Clarisse Karasira ateruye ubuheta bwe

Amafoto ya mbere y’umuhanzikazi Clarisse Karasira ateruye ubuheta bwe

by radiotv10
11/07/2025
0

Umuhanzikazi Clarisse Karasira yagaragaje amafoto ye ya mbere ateruye umwana wa kabiri aherutse kwibaruka we n’umugabo we Ifashabayo Dejoie. Aya...

Umunyamakuru wubatse izina mu Rwanda ariyibutsa abantu mu gitaramo kigezweho i Kigali

Umunyamakuru wubatse izina mu Rwanda ariyibutsa abantu mu gitaramo kigezweho i Kigali

by radiotv10
10/07/2025
0

Murenzi Kamatari wamenyekanye nka MC Murenzi uri mu banyamakuru bamamaye mu Rwanda byumwihariko mu biganiro by’imyidagaduro, ategerejwe mu gitaramo cy’urwenya...

Umuhanzikazi Clarisse Karasira mu byishimo byo kwibaruka ubuheta

Umuhanzikazi Clarisse Karasira mu byishimo byo kwibaruka ubuheta

by radiotv10
09/07/2025
0

Umuhanzi Clarisse Karasira n'umugabo we Ifashabayo Dejoie, bibarutse umwana wabo wa kabiri, bahise bita amazina arimo iry’Ikinyarwanda rya ‘Kwema’. Byatangajwe...

IZIHERUKA

Amakuru mashya: Perezida Kagame yoherereje William Ruto wa Kenya Intumwa Idasanzwe
MU RWANDA

Amakuru mashya: Perezida Kagame yoherereje William Ruto wa Kenya Intumwa Idasanzwe

by radiotv10
17/07/2025
0

Abanyamakuru babiri bakorana ku gitangazamakuru kimwe mu Rwanda bambikanye impeta y’urukundo

Abanyamakuru babiri bakorana ku gitangazamakuru kimwe mu Rwanda bambikanye impeta y’urukundo

17/07/2025
Igisubizo Polisi yahaye usabira ibihano abanyamaguru bakora amakosa yo mu muhanda nk’uko abashoferi bahanwa

Igisubizo Polisi yahaye usabira ibihano abanyamaguru bakora amakosa yo mu muhanda nk’uko abashoferi bahanwa

17/07/2025
Rwanda, UK deepen cooperation on trade, climate finance, and inclusive development

Rwanda, UK deepen cooperation on trade, climate finance, and inclusive development

17/07/2025
Min.Nduhungirehe yabaye nk’ukosora uwatangaje amakuru ku biganiro bya AFC/M23 na DRC akazanamo n’u Rwanda

Min.Nduhungirehe yabaye nk’ukosora uwatangaje amakuru ku biganiro bya AFC/M23 na DRC akazanamo n’u Rwanda

17/07/2025
Perezida Kagame yasimbuje Gatabazi ku mwanya wa Minisitiri w’Ubutegetsi

Gatabazi wari umaze imyaka itatu nta nshingano yageneye ubutumwa Perezida Kagame

17/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru mashya: Perezida Kagame yoherereje William Ruto wa Kenya Intumwa Idasanzwe

Abanyamakuru babiri bakorana ku gitangazamakuru kimwe mu Rwanda bambikanye impeta y’urukundo

Igisubizo Polisi yahaye usabira ibihano abanyamaguru bakora amakosa yo mu muhanda nk’uko abashoferi bahanwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.