Thursday, July 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ouattara w’imyaka 83 yavuze impamvu yifuza kuguma ku butegetsi nyuma y’imyaka 15 ari Perezida

radiotv10by radiotv10
30/07/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Ouattara w’imyaka 83 yavuze impamvu yifuza kuguma ku butegetsi nyuma y’imyaka 15 ari Perezida
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Côte d’Ivoire, Alassane Ouattara yatangaje ko aziyamamariza manda ya kane mu matora agiye kuba muri iki Gihugu, kugira ngo gikomeze gutengamara kinahangane n’ibibazo bihari, kandi ko ntawundi ubifitiye uburambe atari we.

Ouattara uri ku butegetsi kuva muri 2010, yatangaje ibi mu ijambo rye ryanyuze kuri televiziyo y’Igihugu uri uyu wa Kabiri tariki 29 Nyakanga 2025.

Yagize ati “Niyamamarije kuba umukandida kuko nshaka ko Côte d’Ivoire dukunda ikomeza kuba Igihugu gitengamaye, kirangwa n’amahoro n’umutekano.”

Perezida Ouattara yakomeje avuga ko ubuzima bwe ndetse n’Itegeko Nshinga ry’Igihugu bimwemerera kongera kwiyamamariza manda nshya.

Perezida Alassane Ouattara w’imyaka 83 y’amavuko, uyobora Côte d’Ivoire kuva mu 2010, yavuze ko Igihugu gihanganye n’ibibazo bikomeye by’umutekano, ubukungu n’imari bitigeze bibaho mbere, bityo ko guhangana n’ibi bibazo bisaba umuntu ufite uburambe mu buyobozi nk’ubwo afite.

Yagize ati “Mu by’ukuri, iterabwoba rikomeje kwiyongera muri aka karere, ndetse n’ibibazo by’ubukungu ku rwego mpuzamahanga ku buryo bishora kugira ingaruka zikomeye ku Gihugu cyacu.”

Ishyaka rye, Rassemblement des Houphouëtistes pour la Démocratie et la Paix (RHDP), ryamutoye ngo yongere arihagararire mu matora y’Umukuru w’Igihugu azaba mu mezi abiri ari imbere, ryamushimye ku byo yagejeje ku Gihugu, mu gihe cyose amaze ku butegetsi, rinamugaragaza nk’umwihariko wo gukomeza gutanga umutekano n’ituze muri aka karere.

Biteganyijwe ko Perezida Ouattara azahangana n’abandi banyapolitiki batavuga rumwe na we mu matora ari imbere, barimo Umuyobozi w’Ishyaka rya Democratic Party of Ivory Coast (PDCI), Tidjane Thiam, ndetse n’uwahoze ari Perezida w’iki Gihugu, Laurent Gbagbo, uyobora ishyaka African People’s Party of Ivory Coast (PPACI), igihe cyose bazaba babonye uburenganzira bwo kwiyamamaza, kuko kugeza ubu bakuwe ku rutonde rw’abemerewe kwiyamamaza.

Ni mugihe aya mashyaka abiri akomeye atavuga rumwe n’ubutegetsi yatangije ubukangurambaga bwo gusaba ko abayobozi bayo bakuwe ku rutonde rw’abemerewe kwiyamamaza basubizwaho mbere yuko amatora ya Perezida aba.

Gutanga ibyangobwa bisaba kwiyamamariza umwanya wa Perezida muri Côte d’Ivoire, bizasozwa mu mpera z’ukwezi kwa Kanama, mbere yuko icyiciro cya mbere cy’Amatora y’Umukuru w’Igihugu gitangira tariki 25 Ukwakira 2025.

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five + 4 =

Previous Post

Ntitubinginga-Igisubizo u Rwanda ruha abatekereza ko rwemeye gusinyana na Congo amasezerano ngo rukurirweho ibihano

Next Post

Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

Related Posts

Icyo Congo ivuga ku Mudipomate wayo wafatiwe i Burayi mu modoka itwaye ibiyobyabwenge

Icyo Congo ivuga ku Mudipomate wayo wafatiwe i Burayi mu modoka itwaye ibiyobyabwenge

by radiotv10
31/07/2025
0

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yamaganye yivuye inyuma Umudipolomate wayo uherutse gufatirwa muri Bulgarie ari mu modoka itwaye...

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 iravugwaho gukaza imbaraga za gisirikare mu gace kamwe i Walikare

by radiotv10
30/07/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravugwaho kuba ryongereye imbaraga mu gace ko muri Gurupoma...

Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

by radiotv10
30/07/2025
0

Leta ya Tanzania yafashe icyemezo cyo guhagarika abanyamahanga gufungura ibikorwa by’ubucuruzi mu nzego z’ingenzi z’ubukungu bw’iki Gihugu. Iki cyemezo cya...

Abanyaburayi bateye umugongo icyifuzo cya America ku iherezo ry’intambara ya Israel na Palestine

Abanyaburayi bateye umugongo icyifuzo cya America ku iherezo ry’intambara ya Israel na Palestine

by radiotv10
30/07/2025
0

Ibihugu byo ku Mugabane w'u Burayi byemeranyije n’iby’Abarabu ko Palestine igomba kuba Igihugu cyigenga, mu gihe Leta Zunze Ubumwe za...

Senegal: Hatanzwe itegeko ry’iperereza ku mvururu zabaye hagati y’abaturage n’inzego z’umutekano zigahitana benshi

Senegal: Hatanzwe itegeko ry’iperereza ku mvururu zabaye hagati y’abaturage n’inzego z’umutekano zigahitana benshi

by radiotv10
29/07/2025
0

Minisitiri w’Ubutabera muri Senegal, Ousmane Diagne, yasabye ko hatangizwa ku mugaragaro iperereza ku bwicanyi n’ibindi bikorwa by’urugomo byabaye muri iki...

IZIHERUKA

Umunyamakuru uzwi mu biganiro bya siporo mu Rwanda yasezeranye n’umukunzi we
SIPORO

Umunyamakuru uzwi mu biganiro bya siporo mu Rwanda yasezeranye n’umukunzi we

by radiotv10
31/07/2025
0

Icyo Congo ivuga ku Mudipomate wayo wafatiwe i Burayi mu modoka itwaye ibiyobyabwenge

Icyo Congo ivuga ku Mudipomate wayo wafatiwe i Burayi mu modoka itwaye ibiyobyabwenge

31/07/2025
Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

31/07/2025
Byemejwe abanyamakuru babiri ba siporo bimukiye kuri radio nshya mu Rwanda

Byemejwe abanyamakuru babiri ba siporo bimukiye kuri radio nshya mu Rwanda

31/07/2025
Menya ibyemezo bya mbere by’Inama y’Abaminisitiri ba Guverinoma nshya y’u Rwanda

Menya ibyemezo bya mbere by’Inama y’Abaminisitiri ba Guverinoma nshya y’u Rwanda

31/07/2025
Ngoma: Haravugwa umwanda ukabije ahacururizwa ibicuruzwa bikwiye isuku yihariye

Ngoma: Haravugwa umwanda ukabije ahacururizwa ibicuruzwa bikwiye isuku yihariye

31/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamakuru uzwi mu biganiro bya siporo mu Rwanda yasezeranye n’umukunzi we

Icyo Congo ivuga ku Mudipomate wayo wafatiwe i Burayi mu modoka itwaye ibiyobyabwenge

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.