• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Impamvu igaragazwa n’abavuga ko Minisitiri w’Umutekano muri Congo agomba kwegura

radiotv10by radiotv10
05/08/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Impamvu igaragazwa n’abavuga ko Minisitiri w’Umutekano muri Congo agomba kwegura
Share on FacebookShare on Twitter

Umwe mu miryango iharanira uburenganzira bwa muntu muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, urasaba Minisitiri w’Umutekano kwegura kuko adashoboye inshingano byumwihariko yananiwe gushakira umuti amakimbirane yo mu miryango gakondo akomeje kwiyongera mu Ntara ya Kasaï.

Uyu Muryango OCDH (Observatoire Congolais des Droits Humains) ishami ryaryo rya Kasaï uvuga ko amakimbirane akomeye kwiyongera mu bice binyuranye byo muri iyi Ntara.

Hubert Ngulandjoko, Umuhuzabikorwa ku rwego rw’Intara w’uyu Muryango, yatangaje ibi mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru nyuma y’iminsi micye hishwe Kalunga Sha Nyebe, Umuyobozi wo muri iyi miryango gakongo muri Gurupoma ya Bakwa Lemba muri Kibulundi muri Teritwari ya Tshikapa.

Ngulandjoko yavuze ko ubwicanyi bawakorewe uyu muyobozi atari ubwa mbere kuko bwiyongera ku bundi ku buryo “bugaragaza ubushobozi” bucye bwa Minisitiri w’Umutekano wagagaraye “nk’udafite icyo amaze, akaba atazi urwego rw’umutekano.”

Yagize ati “Nta makimbirane n’amwe yigeze amenywa na Minisitiri. Ni ikosa rikomeye, ni Guverineri wenyine wakurikiranye i Kibulungu nyuma y’urupfu rwa Shefu wa Kalundu, mu gihe Minisitiri we yongeye kubura. Nyamara ubu tuvugana ibibazo bihungabanya umutekano bikomeje kwiyongera, agomba kwegura mu rwego rwo kurengera ko haboneka amahoro muri iyi Ntara.”

Uyu muryango uvuga ko abaturage bagomba guhagurua bagasaba ko uyu Muminisitiri yegura ku nshingano ze, ukabasaba abaturage bo muri iyi Ntara ya Kasaï kudaceceka kuri ibi bibazo byose ndetse n’Abadepite bayihagarariye mu Nteko Ishinga Amategeko bakabihagurukira.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 4 =

Previous Post

AMAKURU AGEZWEHO: Byemejwe u Rwanda rugiye kwakira abimukira baturutse muri America

Next Post

Ibikubiye mu ijambo rya Gen.Makenga imbere y’abayobozi bashyizweho na AFC/M23

Related Posts

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

by radiotv10
01/06/2026
0

Konti ya Instagram y’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America (White House) yakoreshwaga ku buyobozi bwa Barack Obama,...

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

by radiotv10
01/06/2026
0

Leta Zunze Ubumwe za America zatangaje ko zagabye ibitero ku birindiro by’Ingabo za Iran, mu gihe iki Gihugu na cyo...

America na Iran bongeye gutera intambwe igana ahatanga icyizere

America na Iran bongeye gutera intambwe igana ahatanga icyizere

by radiotv10
30/05/2026
0

Leta Zunze Ubumwe za America na Iran byageze ku bwumvikane bwo kongera igihe cy’agahenge kari hagati y’impande zombi ndetse no...

Abamaze kwandura icyorezo cya Ebola muri Congo bageze ku mubare ukabakaba igihumbi

Abamaze kwandura icyorezo cya Ebola muri Congo bageze ku mubare ukabakaba igihumbi

by radiotv10
29/05/2026
0

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima, ryatangaje ko umubare w’abamaze kwandura Ebola muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bageze kuri...

Next Post
AFC/M23 yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gusinyana amasezerano n’ubutegetsi bwa Congo

Ibikubiye mu ijambo rya Gen.Makenga imbere y’abayobozi bashyizweho na AFC/M23

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.