Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ibyatunguranye kuri Guverinoma nshya y’u Burundi yashyizweho na Perezida Ndayishimiye

radiotv10by radiotv10
06/08/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Ibyatunguranye kuri Guverinoma nshya y’u Burundi yashyizweho na Perezida Ndayishimiye
Share on FacebookShare on Twitter

U Burundi bwabonye Guverinoma nshya irimo Lieutenant General Gabriel Nizigama wari waraviriye rimwe mu nshingano na General Alain Guillaume Bunyoni bombi bashinjwaga gushaka guhirika ubutegetsi, ubu wagizwe Minisitiri w’Umurimo ndetse na Marie-Chantal Nijimbere wabaye umugore wa mbere ugizwe Minisitiri w’Ingabo.

Uretse Lieutenant-Général Gabriel Nizigama wagizwe Minisitiri w’Umurimo no kuzigamira abakozi ba Leta, bwa mbere u Burundi bwagize Minisitiri w’Ingabo w’umugore, ari we Marie-Chantal Nijimbere.

Minisiteri y’Ingabo mu Burundi, ni ku nshuro ya mbere ihawe Minisitiri w’Umugore, utanafite amateka ahambaye mu gisirikare.

Marie-Chantal Nijimbere si mushya muri Guverinoma y’u Burundi kuko hagati ya 2020 na 2024 yari Minisitiri w’Ubucuruzi, Ubwikorezi n’Ubukerarugendo.

Uretse ibi bisa n’ibyatunguranye muri Guverinoma nshya y’u Burundi, abasesenguzi bakurikije Abaminisitiri bashyizweho, bemeza ko Minisiteri z’iki Gihugu zavuye kuri cumi n’eshanu zikaba cumi n’eshatu.

Ni mu gihe Guverinoma y’u Burundi igiye kuyoborwa na Nestor Ntahontuye wagizwe Minisitiri w’Intebe, asimbura Lieutenant-Général Gervais Ndirakobuca wamaze kwinjira mu Nteko Ishinga Amategeko, ubu akaba ayoboye Sena y’u Burundi.

Nestor Ntahontuye wagizwe Minisitiri w’Intebe mu Burundi, yari amaze igihe ari Minisitiri w’Imari, Ingengo y’Imari n’igenamigambi kuva mu kwezi k’Ukuboza 2024.

Minisitiri w’Intebe mushya w’u Burundi, azwiho ubunararibonye mu bijyanye n’Imari ya Leta, Ingamba mu igenamigambi, kugenzura no gukurikirana gahunda za Leta.

Genereal Major Léonidas Ndaruzaniye we yagizwe Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu nyuma yuko ahataniye umwanya wo kuyobora Sena y’u Burundi na Lieutenant-Général Gervais Ndirakobuca ubu wabaye Perezida wa Sena.

Abasesenguzi bavuga ko kujyana Gervais Ndirakobuca muri Sena, ari uburyo bwo kumushyira ku ruhande kuko ari umwe mu basirikare n’abanyapolitiki bashobora kugira ijambo mu Burundi ku buryo yahatanira kuba Perezida mu gihe amatora y’Umukuru w’Igihugu ateganyijwe umwaka utaha.

Abaminisitiri bose muri Guverinoma y’u Burundi:

  1. Minisitiri w’Intebe: Nestor Ntahontuye
  2. Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu n’Umutekano w’Imbere mu Gihugu: Maj Gen Léonidas Ndaruzaniye
  3. Minisitiri w’Ingabo no kwita ku bahoze ku rugamba: Marie Chantal Nijimbere
  4. Minisitiri w’Ubutabera: Arthemon Katihabwa
  5. Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga: Edouard Bizimana
  6. Minisitiri w’Imari n’ikigega cya Leta: Alain Ndikumana
  7. Minisitiri w’Amabuye y’Agaciro n’Ubutaka, amashanyarazi, inganda n’Uburucurizi:Dr Hassan Kibeya
  8. Minisitiri w’Ibidukikije, Ubuhinzi n’Ubworozi: Calinie Mbarushimana;
  9. Minisitiri w’Ubwubatsi, n’Ubwikorezi: Jean Claude Nzobaneza
  10. Minisitiri w’Uburezi n’Ubushakashatsi: Dr François Havyarimana
  11. Minisitiri w’Ubuzima: Dr. Lyduine Baradahana
  12. Minisitiri w’Umurimo n’Abakozi ba Leta: Lt Gen (Police) Gabriel Nizigama
  13. Minisitiri w’Urubyiruko na Siporo: Lydia Nsekera
  14. Minisitiri w’Itangazamakuru: Gabby Bugaga
Minisitiri w’Intebe mushya yarahiye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × one =

Previous Post

U Buyapani bwibutse kimwe mu bikorwa by’ubugome byabayeho mu mateka y’Isi

Next Post

Eng.-General Muhoozi sheds light on the enemies who recently entered the country

Related Posts

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

by radiotv10
29/01/2026
0

Matata Ponyo Mapon, a politician who held top positions in the Democratic Republic of Congo (DRC), including Prime Minister, said,...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

by radiotv10
29/01/2026
0

The Local Authorities of the North Kivu, appointed by the AFC/M23 coalition, provided assistance to people that were affected by...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ubutumwa Gen.Muhoozi yahaye uwamuvuzeho nyuma yo kongera kuburira abarwanya Perezida Kagame

Eng.-General Muhoozi sheds light on the enemies who recently entered the country

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.