Thursday, August 7, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

U Buyapani bwibutse kimwe mu bikorwa by’ubugome byabayeho mu mateka y’Isi

radiotv10by radiotv10
06/08/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
U Buyapani bwibutse kimwe mu bikorwa by’ubugome byabayeho mu mateka y’Isi
Share on FacebookShare on Twitter

U Buyapani bwibutse imyaka 80 ishize Leta Zunze Ubumwe za America iteye igisasu cya kirimbuzi mu mujyi wa Hiroshima muri iki Gihugu cy’u Buyapani.

Uyu muhango witabiriwe na Minisitiri w’Intebe w’u Buyapani, Shigeru Ishiba n’abandi bayobozi batandukanye baturutse hirya no hino ku Isi.

Mu ijambo rye Meya w’umujyi wa Hiroshima, Kazumi Matsui yavuze ko amasezerano yo Kudakwirakwiza Intwaro za Kirimbuzi (Nuclear Non-Proliferation Treaty-NPT), agamije gukumira ikwirakwizwa ry’intwaro za kirimbuzi n’ikoreshwa ry’ingufu za kirimbuzi mu buryo bw’amahoro, adashyirwa mu bikorwa uko bikwiye.

Yaboneyeho gusaba Leta y’u Buyapani kwemeza burundu Amasezerano mpuzamahanga  yo Gukumira Intwaro za Kirimbuzi (Treaty on the Prohibition of Nuclear Weapons-TPNW), yemejwe  mu mwaka wa 2021 hagamijwe guhagarika burundu izi ntwaro ku isi hose.

Ibihugu birenga 70 byamaze kwemeza burundu aya masezerano, ariko ibifite intwaro za kirimbuzi nk’u Burusiya na America byayamaganye, bivuga ko izo ntwaro zigira uruhare rwo gukumira intambara binyuze mu gutera ubwoba ababishaka.

U Buyapani na bwo bwanze kuyashyigikira, buvuga ko umutekano wabwo urinzwe kurushaho n’intwaro za kirimbuzi z’Abanyamerika.

Ibisasu bya kirimbuzi byaranwe na Amerika i Hiroshima n’i Nagasaki mu ntambara ya kabiri y’Isi yose, byahitanye abantu barenga ibihumbi 200, bamwe bahita bapfa ubwo byaturikaga, abandi bapfa nyuma bazize uburwayi bwatewe na byo cyangwa ibikomere byabyo. Ibyo bisasu bya kirimbuzi, byasize ingaruka zikomeye zigikurikirana ababirokotse kugeza magingo aya.

Abayobozi bitabiriye uyu muhango

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen + 6 =

Previous Post

Mashami Vincent yamaze kwemezwa nk’umutoza w’ikipe yo hanze y’u Rwanda

Next Post

Ibyatunguranye kuri Guverinoma nshya y’u Burundi yashyizweho na Perezida Ndayishimiye

Related Posts

Hamenyekana icyakurikiyeho nyuma yuko Teta Sandra agonze Weasel hanajya hanze amashusho biba

Hamenyekana icyakurikiyeho nyuma yuko Teta Sandra agonze Weasel hanajya hanze amashusho biba

by radiotv10
07/08/2025
0

Nyuma yuko bivuzwe ko umuhanzi w’Umunya-Uganda, Weasel ari mu Bitaro aho ari kuvurirwa imvune z’amaguru yombi bivugwa ko yagize nyuma...

Eng.-More details announced about the conspiracy by FARDC and FDLR against Banyamulenge

Eng.-More details announced about the conspiracy by FARDC and FDLR against Banyamulenge

by radiotv10
07/08/2025
0

Moïse Nyarugabo, a former DRC Minister and advocate for Kinyarwanda-speaking Congolese, has condemned recent attacks on the Banyamulenge by a...

Hatangajwe amakuru arambuye ku mugambi mubisha FARDC na FDLR bafitiye Abanyamulenge

Hatangajwe amakuru arambuye ku mugambi mubisha FARDC na FDLR bafitiye Abanyamulenge

by radiotv10
07/08/2025
0

Me Moïse Nyarugabo wabaye mu nzego nkuru mu butegetsi bwa DRC, yamaganye ibitero bikomeje kugabwa n’abahuzamugambi bahuriyemo FARDC, FDLR na...

Ubutumwa Gen.Muhoozi yahaye uwamuvuzeho nyuma yo kongera kuburira abarwanya Perezida Kagame

Eng.-General Muhoozi sheds light on the enemies who recently entered the country

by radiotv10
06/08/2025
0

The Chief of Defence Forces of Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, announced that the “enemy of Uganda” who recently entered the...

Ibyatunguranye kuri Guverinoma nshya y’u Burundi yashyizweho na Perezida Ndayishimiye

Ibyatunguranye kuri Guverinoma nshya y’u Burundi yashyizweho na Perezida Ndayishimiye

by radiotv10
06/08/2025
0

U Burundi bwabonye Guverinoma nshya irimo Lieutenant General Gabriel Nizigama wari waraviriye rimwe mu nshingano na General Alain Guillaume Bunyoni...

IZIHERUKA

Hamenyekana icyakurikiyeho nyuma yuko Teta Sandra agonze Weasel hanajya hanze amashusho biba
AMAHANGA

Hamenyekana icyakurikiyeho nyuma yuko Teta Sandra agonze Weasel hanajya hanze amashusho biba

by radiotv10
07/08/2025
0

Abakekwaho urupfu rw’uwamaze icyumweru yarabuze barimo uwo yari agiye kwishyuza ibiceri 600Frw

Abakekwaho urupfu rw’uwamaze icyumweru yarabuze barimo uwo yari agiye kwishyuza ibiceri 600Frw

07/08/2025
Eng.-More details announced about the conspiracy by FARDC and FDLR against Banyamulenge

Eng.-More details announced about the conspiracy by FARDC and FDLR against Banyamulenge

07/08/2025
Hatangajwe amakuru arambuye ku mugambi mubisha FARDC na FDLR bafitiye Abanyamulenge

Hatangajwe amakuru arambuye ku mugambi mubisha FARDC na FDLR bafitiye Abanyamulenge

07/08/2025
Ibivugwa ku ijyanwa mu bitaro ry’umuhanzi w’Umunya-Uganda Weasel umugabo w’Umunyarwandakazi Teta bavuzweho gupfubirana

Ibivugwa ku ijyanwa mu bitaro ry’umuhanzi w’Umunya-Uganda Weasel umugabo w’Umunyarwandakazi Teta bavuzweho gupfubirana

07/08/2025
Umunyamakuru Aissa Cyiza yazamuwe mu ntera nyuma y’amezi atatu n’ubundi ahawe inshingano

Umunyamakuru Aissa Cyiza yazamuwe mu ntera nyuma y’amezi atatu n’ubundi ahawe inshingano

07/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibyatunguranye kuri Guverinoma nshya y’u Burundi yashyizweho na Perezida Ndayishimiye

Ibyatunguranye kuri Guverinoma nshya y’u Burundi yashyizweho na Perezida Ndayishimiye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hamenyekana icyakurikiyeho nyuma yuko Teta Sandra agonze Weasel hanajya hanze amashusho biba

Abakekwaho urupfu rw’uwamaze icyumweru yarabuze barimo uwo yari agiye kwishyuza ibiceri 600Frw

Eng.-More details announced about the conspiracy by FARDC and FDLR against Banyamulenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.