Ihuriro AFC/M23 ryagaragaje ko ribabajwe bikomeye no kuba uruhande bahanganye rwa FARDC n’abayifasha ruri kwinjiza mu gisirikare abana bato rukabajyana ku rugamba, rigaragaza bamwe mu bana ryafashe.
Amashusho yashyizwe hanze n’iri huriro AFC/M23, agaragaza umwe mu bagize iri huriro yereka abaturage bamwe mu barwanaga ku ruhande bahanganye baherutse gufatirwa mpiri muri Kalehe, barimo abana bigaragara ko ari bato cyane.
Uyu wo muri AFC/M23 agira ati “Leta nzima igafata umwana nk’uyu ikamuha imbunda…ari kuvuga ngo afite imyaka 16, ariko ntayo.”
Akomeza avuga ko ubutegetsi bwa Congo bukomeje kugaragaza ko budaha agaciro abaturage b’iki Gihugu, ati “Niba koko Leta ya Kinshasa ari umubyeyi atari umwicanyi, umwana w’undi wamufata koko ukamujyana muri ririya shyamba? Wafata uru ruhinja ukaruhereza imbunda?”
Akomeza avuga ko abana nk’aba bari bakwiye kuba bari kwiga aho kubinjiza mu gisirikare, ariko ko ubutegetsi bwa Congo bwiyemeje kurangwa n’amarorerwa, butagira isoni zo kubakoresha mu bikorwa bya gisirikare.

Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka na we yifashishije ubu butumwa bw’amashusho bwatanzwe n’umwe mu bagize iri huriro wagaragaje aba bana bafatiwe ku rugamba, yamaganye yivuye inyuma ibi bikorwa by’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Mu butumwa yanditse kuri iki Cyumweru tariki 10 Kanama 2025, Lawrence Kanyuka yagize ati “AFC/M23 yababajwe kandi yamaganye yivuye inyuma ishyirwa mu gisirikare ry’abana rikorwa n’abahuzamugambi b’ubutegetsi bwa Kinshasa.”
Yavuze ko aba barwanyi bafashwe tariki 28 Nyakanga 2025 ubwo umutwe wa Nyatura ufasha Leta bagabaga ibitero kuri M23 mu gace ka Nyamugali mu misozi miremire ya Kalehe, ahafatiwe abarwanyi benshi barimo abana bataruzuza imyaka y’ubukure.
Ati “Ibi bikorwa byo kudahana birakomeje, nyamara hari Imiryango ivuga ko irengera uburenganzira bwa muntu muri rusange kimwe n’ivuga ko byumwihariko irwanya kwinjiza abana mu bikorwa bya gisirikare.”
Lawrence Kanyuka akomeza avuga ko bibabaje kubona ubutegetsi bwa Congo bukomeje gukora ibikorwa nk’ibi, ntibyamaganwe n’Ibiro by’Umuryango w’Abibumbye bishinzwe Uburenganzira bwa Muntu BCNUDH, ahubwo bigashinja Ihuriro AFC/M23 ibirego bidafite ishingiro.
Ati “Uku kuruca bakarumira kwabo bitera kwibaza ku kutabogama kwabo ndetse no kugirwa ibikoresho bya politiki.”
Ni nyuma yuko hasohowe raporo ebyiri zishinja iri Huriro rya AFC/M23 kwica abaturage benshi b’abasivile, mu gihe ryo ryabyamaganiye kure rivuga ko ibikubiye muri ziriya raporo, ari ibihimbano kandi ko abazishyize hanze batigeze bakora ubucukumbuzi ku makuru batangaje.

RADIOTV10