Saturday, January 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Amakuru agezweho mu biganiro by’i Doha hagati ya AFC/M23 na Leta ya Congo

radiotv10by radiotv10
18/08/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Amakuru agezweho mu biganiro by’i Doha hagati ya AFC/M23 na Leta ya Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma ya Qatar yatangaje ko yoherereje iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na AFC/M23 umushinga w’amasezerano agomba gusinywa hagati y’impande zombi, agamije guhagarika imirwano, nyuma yuko itariki yagombaga gusinyirwaho idakunze.

Byatangajwe na Guverinoma ya Qatar kuri iki Cyumweru tariki 17 Kanama 2025, habura amasaha macye ngo itariki yari yateganyijweho gusinya aya masezerano ngo igere kuri uyu wa 18 Kanama.

Ubuyobozi bwa Qatar kandi bwatangaje ko bwiteguye kwakira ibindi biganiro bigomba guhuza Guverinoma ya DRC n’Ihuriro AFC/M23 bibera i Doha.

Umuyobozi muri Qatar ukomeje kugira uruhare mu buhuza muri ibi biganiro, yatangaje ko “kohereza umushinga w’aya masezerano y’amahoro hagati y’impande zombi, biri mu murongo wo gukomeza ibiganiro by’i Doha” kandi ko hateganyijwe “ibindi biganiro by’ingenzi by’imishyikirano” mu gihe cya vuba.

Ni mu gihe Guverinoma ya Congo n’Ihuriro AFC/M23, tariki 19 Nyakanga 2025 bari bashyize umukono ku mahame yagombaga kugena amasezerano y’amahoro yari gushyirwaho umukono none tariki 18 Kanama 2025.

Guverinoma ya Qatar yatangaje ko itariki yari yemejwe yo gisinyiraho aya masezerano itakunze ariko “Impande zombi zamenyesheje umuhuza ibiri mu murongo mwiza kandi zigaragaza ubushake bwo gukomeza ibiganiro by’imishyikirano.”

Uyu muyobozi wo muri Guverinoma ya Qatar yagize ati “Tuzi ko hari imbogamizi ziri ahari ibibazo kandi twizeye ko zishobora gukemuka vuba binyuze mu biganiro n’umuhate impande zombi zakwiyemeza.”

Ibiganiro bihuza Leta ya Congo Kinshasa n’Ihuriro AFC/M23, icyiciro cya gatandatu, nticyabashije kugerwaho, nyuma yuko impande zombi zishinjanye kurenga ku bikubiye muri ariya mahame ziherutse gushyiraho umukono

Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, kuri iki Cyumweru yagaragaje kandi ko uruhande bahanganye rukomeje kurenga kuri ariya mahame, aho rwagabye ibitero mu bice bituwe n’abaturage benshi mu Ntara ya Kivu y’Epfo, nko muri Nzimbira na Kanyola.

Uyu Muvugizi wa AFC/M23 kandi, kuri iki Cyumweru yasohoye itangazo rigaragaza ko iri Huriro rigifite ubushake bwo gukomeza kwitabira ibi biganiro by’i Doha.

Qatar yatangaje ko ibiganiro bigiye gusubukurwa mu gihe cya vuba

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one + 8 =

Previous Post

Eng.-Updates on Doha talks between AFC/M23 and the DRC Government

Next Post

Hatangajwe itariki yo gutangiriraho amashuri n’iyo gutangarizaho amanota y’ibizamini bya Leta

Related Posts

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugaba w’ingabo za Uganda, akaba n’umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni uherutse kongera gutorerwa kuyobora igihugu, yatangaje ko abashyigikiye ishyaka ritavuga...

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

by radiotv10
23/01/2026
0

Umunyamabanga Wungirije wa Leta Zunze Ubumwe za America ushinzwe Ibibazo bya Afurika, yagaragaje ko gushyira abarwanyi ba AFC/M23 mu gisirikare...

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

by radiotv10
23/01/2026
0

I Davos mu Busuwisi, Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangije Akanama k’Amahoro kagamije gushimangira agahenge kari...

Ofisiye mu gisirikare cya Congo yafatiwe icyemezo kubera gusakaza amashusho

Ofisiye mu gisirikare cya Congo yafatiwe icyemezo kubera gusakaza amashusho

by radiotv10
23/01/2026
0

Urukiko rwa Gisirikare rwa Ituri rwakatiye igifungo cy’imyaka 20 umusirikare wo ku rwego rwa Ofisiye muri FARDC no kwirukanwa burundu...

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, akomeje guterana amagambo na Robert Kyagulanyi Ssentamu (Bobi Wine) uherutse gutsindwa amatora...

IZIHERUKA

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho
MU RWANDA

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

24/01/2026
Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

23/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatangajwe itariki yo gutangiriraho amashuri n’iyo gutangarizaho amanota y’ibizamini bya Leta

Hatangajwe itariki yo gutangiriraho amashuri n’iyo gutangarizaho amanota y’ibizamini bya Leta

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.