• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Amakuru agezweho mu biganiro by’i Doha hagati ya AFC/M23 na Leta ya Congo

radiotv10by radiotv10
18/08/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Amakuru agezweho mu biganiro by’i Doha hagati ya AFC/M23 na Leta ya Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma ya Qatar yatangaje ko yoherereje iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na AFC/M23 umushinga w’amasezerano agomba gusinywa hagati y’impande zombi, agamije guhagarika imirwano, nyuma yuko itariki yagombaga gusinyirwaho idakunze.

Byatangajwe na Guverinoma ya Qatar kuri iki Cyumweru tariki 17 Kanama 2025, habura amasaha macye ngo itariki yari yateganyijweho gusinya aya masezerano ngo igere kuri uyu wa 18 Kanama.

Ubuyobozi bwa Qatar kandi bwatangaje ko bwiteguye kwakira ibindi biganiro bigomba guhuza Guverinoma ya DRC n’Ihuriro AFC/M23 bibera i Doha.

Umuyobozi muri Qatar ukomeje kugira uruhare mu buhuza muri ibi biganiro, yatangaje ko “kohereza umushinga w’aya masezerano y’amahoro hagati y’impande zombi, biri mu murongo wo gukomeza ibiganiro by’i Doha” kandi ko hateganyijwe “ibindi biganiro by’ingenzi by’imishyikirano” mu gihe cya vuba.

Ni mu gihe Guverinoma ya Congo n’Ihuriro AFC/M23, tariki 19 Nyakanga 2025 bari bashyize umukono ku mahame yagombaga kugena amasezerano y’amahoro yari gushyirwaho umukono none tariki 18 Kanama 2025.

Guverinoma ya Qatar yatangaje ko itariki yari yemejwe yo gisinyiraho aya masezerano itakunze ariko “Impande zombi zamenyesheje umuhuza ibiri mu murongo mwiza kandi zigaragaza ubushake bwo gukomeza ibiganiro by’imishyikirano.”

Uyu muyobozi wo muri Guverinoma ya Qatar yagize ati “Tuzi ko hari imbogamizi ziri ahari ibibazo kandi twizeye ko zishobora gukemuka vuba binyuze mu biganiro n’umuhate impande zombi zakwiyemeza.”

Ibiganiro bihuza Leta ya Congo Kinshasa n’Ihuriro AFC/M23, icyiciro cya gatandatu, nticyabashije kugerwaho, nyuma yuko impande zombi zishinjanye kurenga ku bikubiye muri ariya mahame ziherutse gushyiraho umukono

Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, kuri iki Cyumweru yagaragaje kandi ko uruhande bahanganye rukomeje kurenga kuri ariya mahame, aho rwagabye ibitero mu bice bituwe n’abaturage benshi mu Ntara ya Kivu y’Epfo, nko muri Nzimbira na Kanyola.

Uyu Muvugizi wa AFC/M23 kandi, kuri iki Cyumweru yasohoye itangazo rigaragaza ko iri Huriro rigifite ubushake bwo gukomeza kwitabira ibi biganiro by’i Doha.

Qatar yatangaje ko ibiganiro bigiye gusubukurwa mu gihe cya vuba

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 1 =

Previous Post

Eng.-Updates on Doha talks between AFC/M23 and the DRC Government

Next Post

Hatangajwe itariki yo gutangiriraho amashuri n’iyo gutangarizaho amanota y’ibizamini bya Leta

Related Posts

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

by radiotv10
02/06/2026
0

Ikibumbano cy’umukinnyi w’umupira w'amaguru, Lionel Messi cyari mu Buhindi, cyasenywe gikurwaho nyuma yuko abaturage bagize ikikango ko gishobora kuzahanuka kuko...

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Next Post
Hatangajwe itariki yo gutangiriraho amashuri n’iyo gutangarizaho amanota y’ibizamini bya Leta

Hatangajwe itariki yo gutangiriraho amashuri n’iyo gutangarizaho amanota y’ibizamini bya Leta

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.