Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hatangajwe umubare w’imanza zaciwe nk’Inkiko z’u Rwanda n’izakemuwe hakoreshejwe ubuhuza n’ubwumvikane

radiotv10by radiotv10
01/09/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Menya umubare w’imanza zakijijwe zitaregewe Inkiko hakoreshejwe ‘Plea Bargain’-ibiganiro by’Ubushinjacyaha n’abaregwa
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga akaba na Perezida w’Inama Nkuru y’Ubucamanza, yagaragaje ku mu mwaka w’Ubucamanza wa 2024-2025, imanza zirenga ibihumbi 15 zaciwe binyuze mu nzira y’ubuhuza (mediation) n’iy’ubwumvikane bushingiye ku kwemera icyaha (Plea Bargaining).

Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga, Domitille Mukantaganzwa yabitangaje kuri uyu wa Mbere tariki 01 Nzeri 2025, mu muhango wo gutangiza Umwaka w’Ubucamanza wa 2025-2026.

Yavuze ko raporo y’ibikorwa by’urwego rw’Ubucamanza y’umwaka wa 2024-2025, igaragaza ko muri uwo mwaka Inkiko zaregewe imanza 106 254.

Ati “Ziyongera ku manza 76 273 zari zarasigaye mu Nkiko ku isozwa ry’umwaka w’ubucamanza wa 2023-2024. Ibi bisobanuye ko umwaka dusoje, Inkiko zari zifite imanza zo kuburanisha 182 527.”

Akomeza agira ati “Nejejwe no gutangaza ko muri izo manza zose, Inkiko zaciye imanza 109 192, zirimo imanza mu mizi 92 880 zingana na 85% n’imanza ku ifunga n’ifungura ry’agateganyo 16 312 zingana na 15%.”

Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga yavuze ko nanone igishimishije cyagezweho muri uriya mwaka w’Ubucamanza, Abacamanza, Abanditsi b’Inkiko, Abashinjacyaha n’ababuranyi bateye intambwe ishimishije mu buryo bushya bwo guca imanza bitagombye kujyanwa mu Nkiko, ahifashishwa uburyo bw’Ubuhuza (mediation) n’ubw’ubwumvikane bushingiye ku kwemera icyaha (Plea Bargaining).

Ati “Muri uru rwego, imanza 3 166 z’imbonezamubano, iz’ubucuruzi, iz’umurimo n’iz’ubutegetsi zakemuwe hakoreshejwe ubuhuza. Naho imanza 11 846 z’inshinjabyaha, zakemuwe hakoreshejwe ubwumvikane bushingiye ku kwemera icyaha hagati y’Ubushinjacyaha n’uregwa.”

Ibi bivuze ko imanza zose zakemuwe binyuze muri ubu buryo bwombi; ubuhuza n’ubwumvikane bushingiye ku kwemera icyaha, zabaye 15 012.

Ati “Iyo hateranyijwe imanza zaburanishijwe mu mizi, izaburanishijwe ku ifunga n’ifungura ry’agateganyo n’izakemukiye mu buhuza no mu bwumvikane bushingiye ku kwemera icyaha, zose hamwe ziba imanza 124 204.”

Mukantaganzwa avuga ko nubwo urwego rw’Ubucamanza rwakoze ibishoboka ngo ruce umubare munini w’imanza muri uriya mwaka wa 2024-2025, ariko wasize hari imanza 58 323 zitaburanishijwe, zirimo 26 862 zabaye ibirarane.

Yavuze ko uyu mubare w’imanza zisigara ari ibirarane, uterwa n’imyumvire ikiri hasi y’abagana inkiko n’Abanyarwanda mu rusange bacyumva ko ibibazo byabo byose bigomba gucyemukira mu Nkiko, aho kwisunga inzira z’ubwumvikane, ndetse bamwe ntibananyurwe n’ibyemezo by’Inkiko bagakomeza kujuririra ibyemezo byazo.

Ati “Bituma ababuranyi biyemeza kuburana urwa ndanze bakarangiza intera zose z’iburanisha.”

Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga yizeje ko muri uyu mwa w’Ubucamanza utangiye, Urwego rw’Ubucamanza ruzakomeza gushyira imbaraga mu gushishikariza abantu kugana inzira z’ubwumvikane mu gucyemura ibibazo baba bumva ko bakwiye kujyana mu Nkiko.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 1 =

Previous Post

Eng.-AFC/M23 warns DRC Government, issues ultimatum to FARDC, FDLR, and allied forces

Next Post

Hagaragajwe ibisabwa abatunze imbwa mu Rwanda birimo ibitamenyerewe cyane

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hagaragajwe ibisabwa abatunze imbwa mu Rwanda birimo ibitamenyerewe cyane

Hagaragajwe ibisabwa abatunze imbwa mu Rwanda birimo ibitamenyerewe cyane

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.