Saturday, December 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Ibyishimo biturutse muri Afurika y’Epfo bisesekaye mu Rwanda: Amavubi abonye intsinzi yari ikumbuwe

radiotv10by radiotv10
09/09/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Ibyishimo biturutse muri Afurika y’Epfo bisesekaye mu Rwanda: Amavubi abonye intsinzi yari ikumbuwe
Share on FacebookShare on Twitter

Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda Amavubi yabonye intsinzi mu mikino yo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi cya 2026, itsinze iya Zimbabwe mu mukino wabereye muri Afurika y’Epfo.

Ni ku ntsinzi y’igitego 1-0 cyatsinzwe na rutahizamu Mugisha Gilbert wujuje ibitego bine amaze gutsindira ikipe y’Igihugu, kikaba ari igitego cya gatanu, Ikipe y’u Rwanda ibonye muri iyi mikino yo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi, na yo ikaba yaratsinzwemo ibitego bitanu.

Ni igitego cyabonetse ku munota wa 40’ ubwo Ikipe y’u Rwanda yari imaze guhana ku ikosa ryari ryakozwe n’abakinnyi ba Zimbabwe aho umupira wari utewe na Kwizera Jojea, waruhukiye muri ba myugariro ba Zimbabwe, ugahita werecyeza kuri Mugisha Gilbert wari uhagaze neza ari wenyine agahita atera umupira muremure waruhukiye mu ncundura z’umunyezamu wa Zimbabwe.

Ni umukino Ikipe y’u Rwanda yagiye gukina, nyuma y’iminsi micye itsinzwe n’iya Nigeria igitego 1-0 yatsindiwe muri Nigeria yari yakiriye umukino wabaye mu mpera z’icyumweru gishize.

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda FERWAFA, mbere y’uyu mukino ryari ryatangaje ko ikipe y’u Rwanda igomba kuwutsinda byanga byakunda, aho ryakoresheje ubutumwa bugira buti “This is a do or die game, Umukino wa ngombwa cyane.”

Ni intsinzi ya mbere y’Umutoza Adel Amrouche kuva yatangira gutoza iyi kipe muri Werurwe uyu mwaka wa 2025, inatumye igitutu cyari kimuriho kigabanuka, dore ko yari ataratsinda umukino n’umwe.

Nyuma y’uyu mukino, mbere yuko haba ugomba guhuza Afurika y’Epfo na Nigeria uteganyijwe saa kumi n’ebyiri, u Rwanda rwahise rugira amanota 11, mu gihe Zimbabwe igize amanota ane (4) ari na yo ya nyuma muri iri tsinda C.

Ikipe ya Afurika y’Epfo iyoboye iri trinsa, ifite amanota 16, mu gihe Nigeria bigiye guhura ifite amanota 10 mbere yuko haba uyu mukino, naho Lesotho ikaba ifite amanota atandatu ikaba iya gatanu, mbere yuko ihura na Benin mu mukino uba saa tatu ku masaha yo mu Rwanda.

Abakinnyi 11 babanje mu kibuga: Ntwari Fiacre, Kavita Phanuel, Niyomugabo Claude, Manzi Thierry, Mutsinzi Ange, Kwizera Jojea, Bizimana Djihad, Mugisha Bonheur, Muhire Kevin, Mugisha Gilbert, Biramahire Abeddy.

Abakinnyi 11 babanje mu kibuga ku ruhande rw’u Rwanda
Mugisha Gilbert yaboneye u Rwanda igitego kimwe cyatanze itandukaniro muri uyu mukino

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 3 =

Previous Post

Bwa mbere umuhanzi Niyo Bosco yagaragaje umukobwa bamaze igihe bakundana mu ibanga

Next Post

Umunyamakuru Rugaju Reagan bwa mbere kuva yafungurwa yumvikanye kuri radio hahita hamenyekana iyo azakoraho

Related Posts

IFOTO: Cristiano ku myaka 40 yagaragaje ko umubiri we ucyubakitse bishyitse

IFOTO: Cristiano ku myaka 40 yagaragaje ko umubiri we ucyubakitse bishyitse

by radiotv10
19/12/2025
0

Rurangiranwa muri ruhago y’Isi, Cristiano Ronaldo, yagaragaje ifoto avuye mu bwotero (Sauna) yerekana uburyo yubatse umubiri mu buryo bwihariye. Ni...

Umutoza mushya wa Rayon akigera i Kigali atanze ubutumwa bunyura Abakunzi b’iyi kipe

Umutoza mushya wa Rayon akigera i Kigali atanze ubutumwa bunyura Abakunzi b’iyi kipe

by radiotv10
19/12/2025
0

Umufaransa Bruno Ferry wageze mu Rwanda aje gutangira akazi ko gutoza ikipe ya Rayon Sports, yavuze ko yifuza gukorana amateka...

Hagiye hanze amakuru y’umwuga rurangiranwa Cristiano Ronaldo ashobora kuzerekezamo nyuma ya ruhago

Hagiye hanze amakuru y’umwuga rurangiranwa Cristiano Ronaldo ashobora kuzerekezamo nyuma ya ruhago

by radiotv10
19/12/2025
0

Hari amakuru avuga ko ubwo Cristiano Ronaldo azaba arangije amasezerano ye muri Al Nassr muri 2027 ashobora guhindura ubuzima akajya...

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

by radiotv10
18/12/2025
0

Umunyamabanga akaba n’Umuvugizi wa Rayon Sports, Gakwaya Olivier, yatangaje ko nta gahunda iyi kipe ifite yo gusinyisha Umunya-Misiri Ali Ismael...

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

by radiotv10
17/12/2025
0

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi, FIFA, yemeje amafaranga angana na miliyoni 620 z’amayero (€620 M) azagenerwa ibihugu 48 bizitabira igikombe...

IZIHERUKA

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo
MU RWANDA

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

by radiotv10
19/12/2025
0

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

19/12/2025
AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

19/12/2025
Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

19/12/2025
Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

19/12/2025
Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

19/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyamakuru Rugaju Reagan bwa mbere kuva yafungurwa yumvikanye kuri radio hahita hamenyekana iyo azakoraho

Umunyamakuru Rugaju Reagan bwa mbere kuva yafungurwa yumvikanye kuri radio hahita hamenyekana iyo azakoraho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.