• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Icyo amategeko avuga ku byo Abanyekongo bakoreye muri Sitade n’ibihano bishobora gufatwa

radiotv10by radiotv10
10/09/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Icyo amategeko avuga ku byo Abanyekongo bakoreye muri Sitade n’ibihano bishobora gufatwa
Share on FacebookShare on Twitter

Ibikorwa bidakwiye byakozwe n’abafana b’Ikipe y’Igihugu ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo byo kwangiza Sitade yabo, bishobora gutuma hafatwa ibihano birimo amande cyangwa kuba ikipe y’Igihugu yazakina nta bafana, ndetse no kuba Sitade yabereyeho izi mvururu yafungwa.

Iyi myitwarire idakwiye yagaragajwe n’abafana b’ikipe y’Igihugu ya DRC kuri uyu wa Kabiri tariki 09 Nzeri 2025, nyuma yuko itsinzwe n’iya Senegal ibitego 3-2.

Aba bafana bakuye zimwe mu ntebe za Stade des Martyrs yakiniweho uyu mukino, barazimenagura nk’uko byagaragaye mu mashusho yasakaye.

Kugeza ubu ntacyo ubuyobozi bwa DRC buravuga kuri iyi myitwarire idakwiye yagaragajwe na bamwe mu Banyekongo, gusa Minisitiri wa Siporo, Didier Budimbu, yagaragaje ko yababajwe n’ibi bakoze.

Itegeko ry’imyitwarire ry’Impuzamashyirahamwe y’umupira w’Amaguru ku Isi, FIFA byumwihariko mu ngingo zaryo; iya 16 n’iya 67 ryavuguruwe muri 2023, rigaragaza ibihano binyuranye ku myitwarire nk’iyi yagaragajwe n’Abanyekongo.

Ni ibihano bikunze guhabwa Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Gihugu cyabereyemo ibyo bikorwa cyangwa ku ikipe y’abafana babikoze.

Ibihano bikunze kuba ari amande y’amafaranga cyangwa kuba hari imikino yakinwa iyo kipe idafite abafana, kuba iyo sitade yafungwa, gukura amanota ku ikipe, ndetse no kuba yakumirwa mu marushanwa.

Ku bikorwa bikomeye, hafatwa ibihano bikomeye, nk’uko biteganywa muri ziriya ngingo, iya 16 n’iya 67. FIFA ishobora gufata ingamba zikarishye zirimo kuba ikipe yaterwa mpaga, gukurwaho amanota, kimwe no kuba yakumirwa mu irushanwa.

Ibikorwa byo kujugunya ibiturika n’ibikorwa byo kwangiza bikomeye, hafatwa ibihano byo gucibwa amande.

Nko muri 2022 mu mukino wahuje Maroc na DRC kuri Sitade yitiriwe Umwami Mohamed VI, abafana ba Maroc bateye ibishashi muri sitade baninjira mu kibuga, ibintu byatumye Maroc icibwa amande y’ibihumbi 37 USD, ndetse ikipe y’iki Gihugu ihanishwa gukina umukino wakurikiyeho nta bafana bari muri Sitade.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 − ten =

Previous Post

U Rwanda rwabwiye amahanga ko noneho DRCongo yarengereye ku byo yavuze kuri RDF

Next Post

Religion vs. Reality: Why young Rwandans are questioning the church more than ever

Related Posts

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

by radiotv10
01/06/2026
0

Abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu, Amavubi, bamaze kugera mu mwiherero wo kwitegura imikino ya gicuti yo kwitegura iyo gushaka itije yo kuzitabira...

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona ihita inakirwa n'Umugaba Mukuru w'Ingabo z'u Rwanda, General Mubarakh Muganga mu birori...

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya RRA mu bagore ndetse na Police VC mu bagabo ni zo zegukanye ibikombe mu irushanwa “Climate Action Volleyball...

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

by radiotv10
29/05/2026
0

Umutoza w’ikipe y’Igihugu ya Portugal, Roberto Martínez yavuze ko Cristiano Ronaldo ashobora no kuzakina Igikombe cy’Isi cya 2030 nubwo icyo...

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

by radiotv10
28/05/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wahuje RSSB Tigers ihagararriye u Rwanda muri Basketball Africa League na Al Ahly yo mu...

Next Post
Religion vs. Reality: Why young Rwandans are questioning the church more than ever

Religion vs. Reality: Why young Rwandans are questioning the church more than ever

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.