Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Icyo amategeko avuga ku byo Abanyekongo bakoreye muri Sitade n’ibihano bishobora gufatwa

radiotv10by radiotv10
10/09/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Icyo amategeko avuga ku byo Abanyekongo bakoreye muri Sitade n’ibihano bishobora gufatwa
Share on FacebookShare on Twitter

Ibikorwa bidakwiye byakozwe n’abafana b’Ikipe y’Igihugu ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo byo kwangiza Sitade yabo, bishobora gutuma hafatwa ibihano birimo amande cyangwa kuba ikipe y’Igihugu yazakina nta bafana, ndetse no kuba Sitade yabereyeho izi mvururu yafungwa.

Iyi myitwarire idakwiye yagaragajwe n’abafana b’ikipe y’Igihugu ya DRC kuri uyu wa Kabiri tariki 09 Nzeri 2025, nyuma yuko itsinzwe n’iya Senegal ibitego 3-2.

Aba bafana bakuye zimwe mu ntebe za Stade des Martyrs yakiniweho uyu mukino, barazimenagura nk’uko byagaragaye mu mashusho yasakaye.

Kugeza ubu ntacyo ubuyobozi bwa DRC buravuga kuri iyi myitwarire idakwiye yagaragajwe na bamwe mu Banyekongo, gusa Minisitiri wa Siporo, Didier Budimbu, yagaragaje ko yababajwe n’ibi bakoze.

Itegeko ry’imyitwarire ry’Impuzamashyirahamwe y’umupira w’Amaguru ku Isi, FIFA byumwihariko mu ngingo zaryo; iya 16 n’iya 67 ryavuguruwe muri 2023, rigaragaza ibihano binyuranye ku myitwarire nk’iyi yagaragajwe n’Abanyekongo.

Ni ibihano bikunze guhabwa Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Gihugu cyabereyemo ibyo bikorwa cyangwa ku ikipe y’abafana babikoze.

Ibihano bikunze kuba ari amande y’amafaranga cyangwa kuba hari imikino yakinwa iyo kipe idafite abafana, kuba iyo sitade yafungwa, gukura amanota ku ikipe, ndetse no kuba yakumirwa mu marushanwa.

Ku bikorwa bikomeye, hafatwa ibihano bikomeye, nk’uko biteganywa muri ziriya ngingo, iya 16 n’iya 67. FIFA ishobora gufata ingamba zikarishye zirimo kuba ikipe yaterwa mpaga, gukurwaho amanota, kimwe no kuba yakumirwa mu irushanwa.

Ibikorwa byo kujugunya ibiturika n’ibikorwa byo kwangiza bikomeye, hafatwa ibihano byo gucibwa amande.

Nko muri 2022 mu mukino wahuje Maroc na DRC kuri Sitade yitiriwe Umwami Mohamed VI, abafana ba Maroc bateye ibishashi muri sitade baninjira mu kibuga, ibintu byatumye Maroc icibwa amande y’ibihumbi 37 USD, ndetse ikipe y’iki Gihugu ihanishwa gukina umukino wakurikiyeho nta bafana bari muri Sitade.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × four =

Previous Post

U Rwanda rwabwiye amahanga ko noneho DRCongo yarengereye ku byo yavuze kuri RDF

Next Post

Religion vs. Reality: Why young Rwandans are questioning the church more than ever

Related Posts

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

by radiotv10
29/01/2026
0

Nubwo Umuyobozi wa APR FC Brig Gen Deo Rusanganwa abihakana, amakuru ava imbere mu ikipe ya Al Hilal aremeza ko...

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

by radiotv10
29/01/2026
0

Impuzamashyihamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika CAF, yatangaje ibihano byafashwe ku mpande zombi kuri Maroc na Senegal, kubera imvururu zabaye ku...

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

by radiotv10
28/01/2026
0

Ikipe ya APR FC yageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Ubutwari cya 2026 nyuma yo gutsinda As Kigali ibitego 3-0...

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

by radiotv10
28/01/2026
0

Nyuma y'iminsi ari mu biruhuko iwabo mu Gihugu cya Cameroun yagiyemo nyuma y'imvune, Aziz Bassané Koulagna yagarutse mu ikipe ye...

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

by radiotv10
26/01/2026
0

Rutahizamu w’Umunya-Mali, Adama Bagayogo, uheruka gutandukana n’ikipe ya Rayon Sports, yerekeje mu ikipe ya AS Kigali, aho yasinye amasezerano y’amezi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Religion vs. Reality: Why young Rwandans are questioning the church more than ever

Religion vs. Reality: Why young Rwandans are questioning the church more than ever

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.