Friday, December 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Umunyamakuru wamenyekanye muri Siporo yagaragaje abakinnyi b’ibihe byose kuri we mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
13/09/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Umunyamakuru wamenyekanye muri Siporo yagaragaje abakinnyi b’ibihe byose kuri we mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamakuru Mucyo Antha Biganiro wamenyekanye mu biganiro bya siporo, yashyize hanze abakinnyi 11 n’umutoza abona b’ibihe byose banyuze mu mupira w’amaguru mu Rwanda.

Uyu munyamakuru wanakoreye RADIOTV10, ubu yamaze kwinjira mu byo gukirikirana igura n’igurisha ry’abakinnyi, abazwi nk’aba-Agent bafasha abakinnyi n’amakipe mu igura n’igurishwa.

Abakinnyi 11 beza Antha:

Umunyezamu (GK): Mohamudu Mose uzwi nka Bebe Matunguru. Yanyuze mu makipe atandukanye nka Mityana FC, Express FC, Victors FC, SC Villa (Uganda), APR FC, AS Kigali na Kiyovu Sports. Ni umwe mu bafashije Amavubi kubona itike y’Igikombe cya Afurika cya 2004, ari na cyo rukumbi u Rwanda rwitabiriye.

Myugariro w’inyuma iburyo (RB): Saidi Ndabaniwe ukomoka mu Burundi, wakiniye Espoir FC, Prince Louis FC na Rayon Sports. Yigeze no guhamagarwa muri Rwanda FC.

Myugariro w’inyuma ibumoso (LB): Nyakwigendera Hamad Ndikumana uzwi nka Katauti. Yakiniye Rayon Sports, KV Turnhout, RSC Anderlecht, KV Mechelen, KAA Gent ndetse n’Amavubi.

Ba myugariro bo hagati (CB):

Karisa Claude: wakiniye Rayon Sports, Yanbian Aodong (China), K. Sint-Truidense V.V (Belgium), akanagira uruhare mu gufasha Amavubi kujya muri CAN 2004.

Didier Bizimana (Umurundi) wakiniye APR FC na Sportvereniging.

Umukinnyi ukina hagati yugarira (DM): Nyakwigendera Jeannot Witakenge (Umunyekongo). Afatwa nk’umwe mu bakinnyi b’ibihe byose ba Rayon Sports, yanakiniye APR FC, St Eloi Lupopo (DR Congo) na Inter Stars (Burundi).

Umukinnyi wo hagati (CM): Karissa Kase (Umunye-Congo) wakiniye Rayon Sports na Kiyovu Sports.

Umukinnyi wo hagati usatira (AM): Olivier Karekezi uzwi nka Dangerman. Yakiniye APR FC, Helsingborgs IF, Hamarkameratene, Östers IF, CA Bizertin, Trelleborgs FF na Råå IF. Ni we ufite ibitego byinshi mu mateka y’ikipe y’igihugu Amavubi ndetse yanagize uruhare rukomeye mu rugendo rwo kugera muri CAN 2004.

Rutahizamu (CF): Jimmy Gatete, wamamaye cyane kubera igitego cyahesheje u Rwanda itike ya CAN 2004. Yakiniye Mukura VS, APR FC, Maritzburg United (South Africa), Rayon Sports, Police FC (Kenya) na St. George (Ethiopia).

Umukinnyi usatira aca ibumoso (LW): Tambwe Diouf wakiniye Marine FC, SC Kiyovu na Besiktas. Ni we mukinnyi wa mbere ukomoka mu Rwanda wakinnye mu cyiciro cya mbere i Burayi.

Usatira iburyo (RW): Jeremie Dusenge, wamenyekanye cyane muri Rayon Sports kandi akagira uruhare rukomeye mu gutwara CECAFA Kagame Cup Rayon sport yakuye hanze.

Umutoza w’ibihe byose

Antha abona Raoul Shungu (Umunyekongo) ari we mutoza w’ibihe byose mu batoje mu Rwanda. Uyu yanatoje Seychelles, Rayon Sports, Amavubi ndetse na St. Eloi Lupopo.

Rutahizamu Jimmy Gatete
Olivier Karekezi
Na nyakwigendera Katauti

Aime Augustin
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 − five =

Previous Post

UPDATE: Abagaragaye bakorera ubugome umugore banafite umuhoro byemejwe ko bose bafashwe

Next Post

Icyo Igisirikare cya Congo-FARDC kivuga ku rupfu rutunguranye rw’Umujenerari wayoboraga Ingabo muri Uvira

Related Posts

Hagiye hanze amakuru y’umwuga rurangiranwa Cristiano Ronaldo ashobora kuzerekezamo nyuma ya ruhago

Hagiye hanze amakuru y’umwuga rurangiranwa Cristiano Ronaldo ashobora kuzerekezamo nyuma ya ruhago

by radiotv10
19/12/2025
0

Hari amakuru avuga ko ubwo Cristiano Ronaldo azaba arangije amasezerano ye muri Al Nassr muri 2027 ashobora guhindura ubuzima akajya...

Umutoza mushya wa Rayon akigera i Kigali atanze ubutumwa bunyura Abakunzi b’iyi kipe

Umutoza mushya wa Rayon akigera i Kigali atanze ubutumwa bunyura Abakunzi b’iyi kipe

by radiotv10
19/12/2025
0

Umufaransa Bruno Ferry wageze mu Rwanda aje gutangira akazi ko gutoza ikipe ya Rayon Sports, yavuze ko yifuza gukorana amateka...

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

by radiotv10
18/12/2025
0

Umunyamabanga akaba n’Umuvugizi wa Rayon Sports, Gakwaya Olivier, yatangaje ko nta gahunda iyi kipe ifite yo gusinyisha Umunya-Misiri Ali Ismael...

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

by radiotv10
17/12/2025
0

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi, FIFA, yemeje amafaranga angana na miliyoni 620 z’amayero (€620 M) azagenerwa ibihugu 48 bizitabira igikombe...

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

by radiotv10
16/12/2025
0

Muhammed Kagawa Ssenoga, rutahizamu uca ku ruhande wakiniraga Express yo muri Uganda na Ali Ismael Ahmed EL SAYED Moussa ukomoka...

IZIHERUKA

Hagiye hanze amakuru y’umwuga rurangiranwa Cristiano Ronaldo ashobora kuzerekezamo nyuma ya ruhago
FOOTBALL

Hagiye hanze amakuru y’umwuga rurangiranwa Cristiano Ronaldo ashobora kuzerekezamo nyuma ya ruhago

by radiotv10
19/12/2025
0

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

19/12/2025
Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

19/12/2025
Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

AFC/M23 yavuze ko nubwo iri kuvana abarwanyi bayo muri Uvira hari icyo yifuza cyazayishimisha

19/12/2025
Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yashyize hanze igihe azakorera ubukwe

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yashyize hanze igihe azakorera ubukwe

19/12/2025
Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

19/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyo Igisirikare cya Congo-FARDC kivuga ku rupfu rutunguranye rw’Umujenerari wayoboraga Ingabo muri Uvira

Icyo Igisirikare cya Congo-FARDC kivuga ku rupfu rutunguranye rw’Umujenerari wayoboraga Ingabo muri Uvira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hagiye hanze amakuru y’umwuga rurangiranwa Cristiano Ronaldo ashobora kuzerekezamo nyuma ya ruhago

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.