Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Umunyamakuru wamenyekanye muri Siporo yagaragaje abakinnyi b’ibihe byose kuri we mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
13/09/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Umunyamakuru wamenyekanye muri Siporo yagaragaje abakinnyi b’ibihe byose kuri we mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamakuru Mucyo Antha Biganiro wamenyekanye mu biganiro bya siporo, yashyize hanze abakinnyi 11 n’umutoza abona b’ibihe byose banyuze mu mupira w’amaguru mu Rwanda.

Uyu munyamakuru wanakoreye RADIOTV10, ubu yamaze kwinjira mu byo gukirikirana igura n’igurisha ry’abakinnyi, abazwi nk’aba-Agent bafasha abakinnyi n’amakipe mu igura n’igurishwa.

Abakinnyi 11 beza Antha:

Umunyezamu (GK): Mohamudu Mose uzwi nka Bebe Matunguru. Yanyuze mu makipe atandukanye nka Mityana FC, Express FC, Victors FC, SC Villa (Uganda), APR FC, AS Kigali na Kiyovu Sports. Ni umwe mu bafashije Amavubi kubona itike y’Igikombe cya Afurika cya 2004, ari na cyo rukumbi u Rwanda rwitabiriye.

Myugariro w’inyuma iburyo (RB): Saidi Ndabaniwe ukomoka mu Burundi, wakiniye Espoir FC, Prince Louis FC na Rayon Sports. Yigeze no guhamagarwa muri Rwanda FC.

Myugariro w’inyuma ibumoso (LB): Nyakwigendera Hamad Ndikumana uzwi nka Katauti. Yakiniye Rayon Sports, KV Turnhout, RSC Anderlecht, KV Mechelen, KAA Gent ndetse n’Amavubi.

Ba myugariro bo hagati (CB):

Karisa Claude: wakiniye Rayon Sports, Yanbian Aodong (China), K. Sint-Truidense V.V (Belgium), akanagira uruhare mu gufasha Amavubi kujya muri CAN 2004.

Didier Bizimana (Umurundi) wakiniye APR FC na Sportvereniging.

Umukinnyi ukina hagati yugarira (DM): Nyakwigendera Jeannot Witakenge (Umunyekongo). Afatwa nk’umwe mu bakinnyi b’ibihe byose ba Rayon Sports, yanakiniye APR FC, St Eloi Lupopo (DR Congo) na Inter Stars (Burundi).

Umukinnyi wo hagati (CM): Karissa Kase (Umunye-Congo) wakiniye Rayon Sports na Kiyovu Sports.

Umukinnyi wo hagati usatira (AM): Olivier Karekezi uzwi nka Dangerman. Yakiniye APR FC, Helsingborgs IF, Hamarkameratene, Östers IF, CA Bizertin, Trelleborgs FF na Råå IF. Ni we ufite ibitego byinshi mu mateka y’ikipe y’igihugu Amavubi ndetse yanagize uruhare rukomeye mu rugendo rwo kugera muri CAN 2004.

Rutahizamu (CF): Jimmy Gatete, wamamaye cyane kubera igitego cyahesheje u Rwanda itike ya CAN 2004. Yakiniye Mukura VS, APR FC, Maritzburg United (South Africa), Rayon Sports, Police FC (Kenya) na St. George (Ethiopia).

Umukinnyi usatira aca ibumoso (LW): Tambwe Diouf wakiniye Marine FC, SC Kiyovu na Besiktas. Ni we mukinnyi wa mbere ukomoka mu Rwanda wakinnye mu cyiciro cya mbere i Burayi.

Usatira iburyo (RW): Jeremie Dusenge, wamenyekanye cyane muri Rayon Sports kandi akagira uruhare rukomeye mu gutwara CECAFA Kagame Cup Rayon sport yakuye hanze.

Umutoza w’ibihe byose

Antha abona Raoul Shungu (Umunyekongo) ari we mutoza w’ibihe byose mu batoje mu Rwanda. Uyu yanatoje Seychelles, Rayon Sports, Amavubi ndetse na St. Eloi Lupopo.

Rutahizamu Jimmy Gatete
Olivier Karekezi
Na nyakwigendera Katauti

Aime Augustin
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 − seven =

Previous Post

UPDATE: Abagaragaye bakorera ubugome umugore banafite umuhoro byemejwe ko bose bafashwe

Next Post

Icyo Igisirikare cya Congo-FARDC kivuga ku rupfu rutunguranye rw’Umujenerari wayoboraga Ingabo muri Uvira

Related Posts

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

by radiotv10
29/01/2026
0

Nubwo Umuyobozi wa APR FC Brig Gen Deo Rusanganwa abihakana, amakuru ava imbere mu ikipe ya Al Hilal aremeza ko...

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

by radiotv10
29/01/2026
0

Impuzamashyihamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika CAF, yatangaje ibihano byafashwe ku mpande zombi kuri Maroc na Senegal, kubera imvururu zabaye ku...

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

by radiotv10
28/01/2026
0

Ikipe ya APR FC yageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Ubutwari cya 2026 nyuma yo gutsinda As Kigali ibitego 3-0...

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

by radiotv10
28/01/2026
0

Nyuma y'iminsi ari mu biruhuko iwabo mu Gihugu cya Cameroun yagiyemo nyuma y'imvune, Aziz Bassané Koulagna yagarutse mu ikipe ye...

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

by radiotv10
26/01/2026
0

Rutahizamu w’Umunya-Mali, Adama Bagayogo, uheruka gutandukana n’ikipe ya Rayon Sports, yerekeje mu ikipe ya AS Kigali, aho yasinye amasezerano y’amezi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyo Igisirikare cya Congo-FARDC kivuga ku rupfu rutunguranye rw’Umujenerari wayoboraga Ingabo muri Uvira

Icyo Igisirikare cya Congo-FARDC kivuga ku rupfu rutunguranye rw’Umujenerari wayoboraga Ingabo muri Uvira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.