Muri Teritwari ya Masisi mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, imirwano ihanganishije Ihuriro AFC/M23 n’igisirikare cya Congo (FARDC) n’abagifasha, yakomeye, aho uruhande rwa Leta ya Kinshasa, ruvugwaho kurashisha indege, rutitaye ko abaturage bari aho ruri kumisha ibisasu.
Amakuru aturuka muri ibi bice, avuga ko imirwano yadutse mu gitondo cya kare kuri uyu wa Gatanu mu gace ka Kasopo muri Segiteri ya Osso muri iyi Teritwari ya Masisi.
Ni imirwano yashojwe n’uruhande rw’ubutegetsi bwa Kinshasa, rugamije kwisubiza aka gace kamaze igihe kagenzurwa na AFC/M23.
Abatuye muri aka gace, baravuga ko haramutse humvikana urusaku rukomeye rw’imbunda za rutura, ibyanatumye haba akaduruvayo k’ibinyabiziga byari mu nzira hagati ya Nyabiondo na Kashebere.
Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka; mu itangazo yashyize hanze mu gitondo cya none, yatangaje ko uruhande bahanganye rwabyutse rurashisha indege z’intambara zirimo izo mu bwoko bwa Sukhoi-25 na Drones CH-4.
Amakuru kandi avuga ko abarwanyi ba AFC/M23 bari bamenye amakuru y’uyu mugambi w’ibi bitero, na bo kuri uyu wa Kane bari bavuye mu bice bya Kitshanga na Kalembe bakerecyeza mu bice bya Minjenje, Bibwe, Malemo na Mpety mu rwego rwo guhangana n’uruhande bahanganye.
Lawrence Kanyuka kandi yavuze ko ibi bitero bya FARDC n’abambari bayo, byahitanye ubuzima bw’inzirakarengane nyinshi z’abasivile, ndetse bituma benshi bava mu byabo barahunga.
Kuva mu ntangiro z’iki cyumweru kandi, uruhande rwa Leta ya Congo Kinshasa, rwagabye ibitero binyuranye mu bice birimo aka Katobi na Luola muri Gurupoma ya Kisimba muri Teritwari ya Walikale.
RADIOTV10