Monday, November 10, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uko byagenze ngo umwarimu afatirwe ku ishuri yigishaho i Rubavu n’ibyo akekwaho

radiotv10by radiotv10
24/09/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Nyabihu: Akarere kahaye karibu umwarimu wari wasezeye ku kazi nyuma akisubira akanikingiza

Icyitonderwa: Ifoto yakuwe kuri Internet, ni iyifashishijwe ntihuye n'ibivugwa mu nkuru

Share on FacebookShare on Twitter

Umwarimu wigisha mu Ishuri ribanza ryo mu Murenge wa Cyanzarwe mu Karere ka Rubavu, ari mu maboko y’inzego z’ubutabera, nyuma yo gufatirwa aho yigisha abanje gutangwaho amakuru n’umuyobozi w’ishuri avuga ko yatekeye umutwe bamwe mu babyeyi n’abarimu akabarya amafaranga.

Uyu mwarimu wigisha mu Ishuri Ribanza rya Kinyanzovu, akekwaho kuba yarariye ibihumbi 100 Frw ababyeyi babiri abizeza kubafasha kubonera ishuri abana babo mu Rwunge rw’Amashuri rwa Busasamana.

Amakuru kandi avuga ko uretse ayo mafaranga yariye ababyeyi b’abana, yanariye andi ibihumbi 730 Frw by’abarimu bagenzi be batanu, bamuhaye abizeza kubakira inguzanyo yo kubona amacumbi, izwi nka ‘Gira Iwawe’.

Uyu murezi yatawe muri yombi afatiwe ku ishuri yigishaho riherereye mu Kagari ka Kinyanzovu mu Murenge wa Cyanzarwe, nyuma yuko atanzweho amakuru n’umuyobozi wa ririya shuri yigishaho.

Aya makuru kandi yemejwe n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Cyanzarwe, Mugisha Honoré, uvuga ko ifatwa rye ryaje nyuma yuko habaye impuruza.

Yagize ati “Yafashwe biturutse ku mpuruza yakozwe n’Umuyobozi w’Ishuri yigishaho, kubera ko na we yari atabajwe n’ababyeyi yatekeye umutwe akabambura utwabo.”

Uyu muyobozi akomeza avuga ko uretse ababyeyi batabaje, hari n’abarimu bigisha ku ishuri rimwe n’uyu, na bo bamushinja kubary amafaranga, ndetse bakaba banavuga ko bafite ibimenyetso by’ibyo bamushinja.

Inzego zishinzwe iperereza zatangiye kurikora, kugira ngo nihaboneka ibimenyetso bifatika, uyu mwarimu akorerwe dosiye azagezwe imbere y’inzego.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − 1 =

Previous Post

Umuryango wibarutse impanga eshatu zasanze abana batatu usanganywe urasaba ubufasha

Next Post

Yasanze yanditsweho ubutaha bw’umurengera none amaze imyaka itandatu mu gihirahiro

Related Posts

Amakuru agezweho ku gusuzumisha ibinyabiziga bya moto bigiye kubaho bwa mbere mu Rwanda

Amakuru agezweho ku gusuzumisha ibinyabiziga bya moto bigiye kubaho bwa mbere mu Rwanda

by radiotv10
10/11/2025
0

Ikigo gisuzuma ubuziranenge bw'Ibinyabiziga by’umwihariko ibirimo moto zidakoresha amashanyarazi zizajya zipimwa imyuka zisohora, kigiye gutangira gukora, kikaba giherereye mu Murenge...

Nyamagabe: Bahawe ibikoresho babitanze amafaranga bakoboke none icyo babizaniye ntibakibonye

Nyamagabe: Bahawe ibikoresho babitanze amafaranga bakoboke none icyo babizaniye ntibakibonye

by radiotv10
10/11/2025
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Cyanika mu Karere ka Nyamagabe, bavuga ko bahawe amatara akoresha imirasire y’izuba, nyuma...

Top 3 market-ready skills for young women in Rwanda

Top 3 market-ready skills for young women in Rwanda

by radiotv10
10/11/2025
0

In today’s fast-changing world, having a degree alone isn’t enough. Many opportunities require practical skills that schools don’t always teach....

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

by radiotv10
08/11/2025
0

Umwarimukazi wigisha mu Rwunge rw’Amashuri rwa Kibare I rwo mu Murenge wa Mugesera mu Karere ka Ngoma, wafashwe yahishe akadishi...

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

by radiotv10
08/11/2025
0

Nteziryimana Alfred w’imyaka 70 wari utuye mu mudugudu wa Rwahi mu kagari ka Gatsiro mu murenge wa Gihundwe yasanzwe mu...

IZIHERUKA

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza
IBYAMAMARE

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

by radiotv10
10/11/2025
0

Umukoloneri uri mu bafasha ubutegetsi bwa Congo kurwanya M23 ari mu mazi abira

Umukoloneri uri mu bafasha ubutegetsi bwa Congo kurwanya M23 ari mu mazi abira

10/11/2025
Amakuru agezweho ku gusuzumisha ibinyabiziga bya moto bigiye kubaho bwa mbere mu Rwanda

Amakuru agezweho ku gusuzumisha ibinyabiziga bya moto bigiye kubaho bwa mbere mu Rwanda

10/11/2025
Abasitari bazwi mu bya ‘Prank’ batanze umucyo ku bashobora kubihuza no kwambikana impeta bakoze

Abasitari bazwi mu bya ‘Prank’ batanze umucyo ku bashobora kubihuza no kwambikana impeta bakoze

10/11/2025
Nyamagabe: Bahawe ibikoresho babitanze amafaranga bakoboke none icyo babizaniye ntibakibonye

Nyamagabe: Bahawe ibikoresho babitanze amafaranga bakoboke none icyo babizaniye ntibakibonye

10/11/2025
Top 3 market-ready skills for young women in Rwanda

Top 3 market-ready skills for young women in Rwanda

10/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Yasanze yanditsweho ubutaha bw’umurengera none amaze imyaka itandatu mu gihirahiro

Yasanze yanditsweho ubutaha bw’umurengera none amaze imyaka itandatu mu gihirahiro

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Umukoloneri uri mu bafasha ubutegetsi bwa Congo kurwanya M23 ari mu mazi abira

Amakuru agezweho ku gusuzumisha ibinyabiziga bya moto bigiye kubaho bwa mbere mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.