Friday, September 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibyamenyekanye ku bagaragaye bakubitira umuntu mu biro by’Akagari ko muri Kigali

radiotv10by radiotv10
26/09/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Ibyamenyekanye ku bagaragaye bakubitira umuntu mu biro by’Akagari ko muri Kigali
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko hagaragaye amashusho yerekana abantu bakubitira umuturage mu Biro by’Akagari ka Munanira I mu Murenge wa Nyakabanda, hatawe muri yombi abantu batanu bose b’igitsinagabo bakurikiranyweho gukubita no gukomeretsa.

Ifatwa ry’aba bantu, ryatangajwe n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB kuri uyu wa Kane tariki 25 Nzeri 2025, nyuma yuko hagaragaye ariya mashusho yagiye atangwaho ibitekerezo n’abantu banyuranye basaba ko inzego zinjira muri iki kibazo.

RIB yavuze ko “Ku bufatanye n’izindi nzego z’umutekano, hafashwe abantu bagaragaye mu mashusho bakubitira umuntu mu biro by’Akagali ka Munanira I, mu Murenge wa Nyakabanda.”

Urwego rw’Ubugenzacyaha rutangaza ko aba bafashwe ubu bafungiye kuri Sitasiyo ya RIB ya Rwezamenyo mu gihe dosiye yabo igitunganywa kugira ngo ishyikirizwe Ubushinjacyaha.

Rukomeza rugira ruti “RIB iributsa abantu ko umuntu wese ukora ibikorwa by’urugomo yitwaje umwanya afite cyangwa akazi akora ko bihanwa n’amategeko ikaba isaba abantu kwirinda kugwa mu bikorwa nk’ibyo.”

Amakuru avuga ko aba bantu bafashwe, ari batanu bose b’igitsinagabo; ari bo Karemera Kananga, Ntihabose Jean de Dieu, Sibomana Tharicisse, Ndayishimiye Elia ndetse n’uwitwa Ntakirutimana Alexis.

Aba bose uko ari batanu batawe muri yombi, bari mu kigero cy’imyaka iri hagati ya 22 na 50 y’ukuze muri bo, aho bakurikiranyweho ibyaha birimo icyo gukubita no gukomeretsa ku bushake.

Mu mashusho yasakaye, hagaragaramo umwe muri aba bantu yaka inkoni umunyerondo, ubundi agahata ikiboko umuntu utagaragara neza, ariko abandi baturage bari aho bakabirwanya, babasaba kubihagarika.

Mu majwi y’abaturage baba bari aho, anenga uwakubitara uwo muturage, avuga ati “Urakandagira umuntu ku mutwe kandi na we uwufite?”

Bakubitiye umuturage mu Biro by’Akagari

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × five =

Previous Post

Amagare-Kigali: Umwongereza yegukanye Shampiyona y’Isi mu Ngimbi noneho Umunyarwanda abasha gusoza

Next Post

Ubutumwa buturuka muri Rayon muri Tanzania ku bafana bayo n’Abanyarwanda muri rusange

Related Posts

Rusizi: Mudugudu warokotse jenoside wanze kwirutisha abandi yahawe inzu nyuma y’igihe kinini anyagirwa

Rusizi: Mudugudu warokotse jenoside wanze kwirutisha abandi yahawe inzu nyuma y’igihe kinini anyagirwa

by radiotv10
26/09/2025
0

Sindayiheba Alex warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi usanzwe ari Umuyobozi w’Umudugudu wa Kabutimbiri mu Murenge wa Nkanka mu Karere ka Rusizi...

Ibisobanuro byatanzwe ku ifoto yavugishije benshi ku mbuga nkoranyambaga nabyo byazamuye impaka

Ibisobanuro byatanzwe ku ifoto yavugishije benshi ku mbuga nkoranyambaga nabyo byazamuye impaka

by radiotv10
26/09/2025
0

Umuryango Mpuzamahanga w’Ubutabazi (Croix Rouge/Red Cross) ishami ryawo mu Rwanda, ryatanze umucyo ku ifoto igaragaza umukorerabushake wawo ari kuganira n’umwe...

In 9 months Rwanda received 4,000 returnees from DRC

In 9 months Rwanda received 4,000 returnees from DRC

by radiotv10
26/09/2025
0

From January to September 2025, more than 4,000 Rwandans have returned from the forests of the Democratic Republic of Congo...

Is Kigali becoming too expensive for its youth?

Is Kigali becoming too expensive for its youth?

by radiotv10
26/09/2025
0

Kigali, the capital city of Rwanda, is known for its beauty, safety, and cleanliness. It is one of the fastest-growing...

Kayonza: Bahawe ubutaka bwo guhingaho ariko bafite ikindi basaba

Kayonza: Bahawe ubutaka bwo guhingaho ariko bafite ikindi basaba

by radiotv10
26/09/2025
0

Abahinzi b’ibigori bo mu Murenge wa Ruramira mu Karere ka Kayonza, bahawe ubutaka bwo guhingaho, barasaba n’ubwanikiro kuko ubwo bakoresha...

IZIHERUKA

Rusizi: Mudugudu warokotse jenoside wanze kwirutisha abandi yahawe inzu nyuma y’igihe kinini anyagirwa
IMIBEREHO MYIZA

Rusizi: Mudugudu warokotse jenoside wanze kwirutisha abandi yahawe inzu nyuma y’igihe kinini anyagirwa

by radiotv10
26/09/2025
0

Ubutumwa buturuka muri Rayon muri Tanzania ku bafana bayo n’Abanyarwanda muri rusange

Ubutumwa buturuka muri Rayon muri Tanzania ku bafana bayo n’Abanyarwanda muri rusange

26/09/2025
Ibyamenyekanye ku bagaragaye bakubitira umuntu mu biro by’Akagari ko muri Kigali

Ibyamenyekanye ku bagaragaye bakubitira umuntu mu biro by’Akagari ko muri Kigali

26/09/2025
Amagare-Kigali: Umwongereza yegukanye Shampiyona y’Isi mu Ngimbi noneho Umunyarwanda abasha gusoza

Amagare-Kigali: Umwongereza yegukanye Shampiyona y’Isi mu Ngimbi noneho Umunyarwanda abasha gusoza

26/09/2025
Ibisobanuro byatanzwe ku ifoto yavugishije benshi ku mbuga nkoranyambaga nabyo byazamuye impaka

Ibisobanuro byatanzwe ku ifoto yavugishije benshi ku mbuga nkoranyambaga nabyo byazamuye impaka

26/09/2025
Ubutumwa Kamerhe yahaye uwamusimbuye ku Buyobozi bw’Inteko ya Congo bwagarutse kuri Tshisekedi

Ubutumwa Kamerhe yahaye uwamusimbuye ku Buyobozi bw’Inteko ya Congo bwagarutse kuri Tshisekedi

26/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ubutumwa buturuka muri Rayon muri Tanzania ku bafana bayo n’Abanyarwanda muri rusange

Ubutumwa buturuka muri Rayon muri Tanzania ku bafana bayo n’Abanyarwanda muri rusange

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rusizi: Mudugudu warokotse jenoside wanze kwirutisha abandi yahawe inzu nyuma y’igihe kinini anyagirwa

Ubutumwa buturuka muri Rayon muri Tanzania ku bafana bayo n’Abanyarwanda muri rusange

Ibyamenyekanye ku bagaragaye bakubitira umuntu mu biro by’Akagari ko muri Kigali

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.