Thursday, October 2, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amakuru mashya: U Rwanda rubaye urwa mbere muri Afurika rusinyanye amasezerano n’amakipe abiri ya NBA na NFL

radiotv10by radiotv10
29/09/2025
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Amakuru mashya: U Rwanda rubaye urwa mbere muri Afurika rusinyanye amasezerano n’amakipe abiri ya NBA na NFL
Share on FacebookShare on Twitter

Urwego Rushinzwe Iterambere mu Rwanda rwatangaje ko rwasinyanye amasezerano y’imikoranire muri gahunda ya Visit Rwanda n’amakipe abiri y’i Los Angeles arimo LA Clippers ikina muri Shampiyona ya mbere ku Isi muri Basketball NBA, ndetse na Los Angeles Rams ikina NFL (National Football League ).

Aya masezerano u Rwanda rwagiranye n’amakipe abiri ari yo LA Clippers (NBA) na Los Angeles Rams (NFL), atumye u Rwanda ruba urwa mbere ku Mugabane wa Afurika rugiranye amasezerano y’ubukerarugendo muri NBA na NFL.

RDB itangaza ko aya masezerano azatuma gahunda ya Visit Rwanda irushaho kugera kure, aho igihe no kugera muri Siporo yo muri Leta Zunze Ubumwe za America.

Ni mu gihe iyi gahunda yari isanzwe yamamazwa n’amakipe yo mu mupira w’amaguru, ari yo Arsenal, Paris Saint-Germain (PSG), na Atlético de Madrid, ndetse n’imikoranire FC Bayern Munich.

Umuyobozi Mukuru wa RDB, Jean-Guy Afrika avuga kuri aya masezerano mashya mu mikoranire n’amakipe y’i Los Angeles, yatekerejwe kubera uruhare siporo igira mu guhuza abantu benshi no kwamamaza mu buryo bworoshye.

Ati “Binyuze mu mikoranire na LA Clippers na LA Rams, u Rwanda na Los Angeles bishyize hamwe mu guteza imbere imikino. Iyi gahunda izadufasha kumenyekanisha ubwiza bw’umwimerere w’u Rwanda n’urusobe rw’ibinyabuzima rudasanzwe ku baturage ba Los Angeles ndetse n’abafana ba NBA na NFL aho bari hose.”

RDB ivuga ko ubukerarugendo bw’u Rwanda bwarwinjirije Miliyoni US$ 650M mu mwaka wa 2024, kandi ko intego ari ukugera kuri Miliyari US$ 1B muri 2029.

Visit Rwanda igiye kugaragara muri NBA
No muri NFL

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − twelve =

Previous Post

AFC/M23 irashinja FARDC umugambi mubisha nyuma y’igikorwa cyahungabanyije imibereho y’abaturage

Next Post

Uko hafashwe abagore barimo umukecuru bagendaga basabiriza ariko bafite ikindi kibagenza

Related Posts

Ukuri ku rupfu rwa Nyiramajyambere wavuze imvugo iri kwamamara mu Rwanda muri iyi minsi

Ukuri ku rupfu rwa Nyiramajyambere wavuze imvugo iri kwamamara mu Rwanda muri iyi minsi

by radiotv10
02/10/2025
0

“…Ariko ahari nashonje…” Ni imwe mu mvugo ziri kugarukwaho na benshi ku mbuga nkoranyambaga mu Rwanda muri iyi minsi, bamwe...

Polisi y’u Rwanda irarangisha amafaranga

Havuzwe amayeri yakoreshejwe n’Abayobozi mu z’ibanze i Nyagatare bakarya umuhinzi 100.000Frw

by radiotv10
02/10/2025
0

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari kamwe ko mu Karere ka Nyagatare n’ushinzwe Umutekano muri ako Kagari, Dosiye y’ikirego baregwamo kwakira ruswa y’ibihumbi...

Kigali: Uwafatiwe iwe kubera gukora ibitemewe yahishuye amayeri yakoreshaga

Nyanza: Abagabo babiri bari mu bikorwa bitemewe bahuye n’uruva gusenya umwe ahasiga ubuzima

by radiotv10
02/10/2025
0

Abagabo babiri barimo bateka kanyanga mu Murenge wa Mukingo mu Karere ka Nyanza, baturikanywe n’iki kiyobyabwenge, umwe ahasiga ubuzima, undi...

Kayonza: Hari aho batagipfa kunyura kubera abantu bataramenyekana

Kayonza: Hari aho batagipfa kunyura kubera abantu bataramenyekana

by radiotv10
02/10/2025
0

Abatuye mu Murenge wa Kabarondo mu Karere ka Kayonza, bavuga ko mu ishyamba riri mu Kagari ka Kinzovu hafi y’umuhanda...

How to restart your life when you feel left behind

How to restart your life when you feel left behind

by radiotv10
02/10/2025
0

Feeling like everyone else is moving ahead while you’re stuck can be painful and frustrating. Maybe your friends are getting...

IZIHERUKA

Bwa mbere hagiye hanze amafoto y’ubukwe bw’uwabaye Miss w’u Bufaransa ukomoka mu Rwanda
IBYAMAMARE

Bwa mbere hagiye hanze amafoto y’ubukwe bw’uwabaye Miss w’u Bufaransa ukomoka mu Rwanda

by radiotv10
02/10/2025
0

Igihano cy’urupfu cyakatiwe Joseph Kabila wayoboye Congo gikomeje guhagurukirwa

Igihano cy’urupfu cyakatiwe Joseph Kabila wayoboye Congo gikomeje guhagurukirwa

02/10/2025
Dore abahanzi bagezweho mu Rwanda bahataniye ibihembo n’uburyo wabatora

Dore abahanzi bagezweho mu Rwanda bahataniye ibihembo n’uburyo wabatora

02/10/2025
Ukuri ku rupfu rwa Nyiramajyambere wavuze imvugo iri kwamamara mu Rwanda muri iyi minsi

Ukuri ku rupfu rwa Nyiramajyambere wavuze imvugo iri kwamamara mu Rwanda muri iyi minsi

02/10/2025
Polisi y’u Rwanda irarangisha amafaranga

Havuzwe amayeri yakoreshejwe n’Abayobozi mu z’ibanze i Nyagatare bakarya umuhinzi 100.000Frw

02/10/2025
Iby’ingenzi wamenya kuri rutahizamu wahamagawe bwa mbere mu Mavubi witezweho guhindura byinshi

Iby’ingenzi wamenya kuri rutahizamu wahamagawe bwa mbere mu Mavubi witezweho guhindura byinshi

02/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uko hafashwe abagore barimo umukecuru bagendaga basabiriza ariko bafite ikindi kibagenza

Uko hafashwe abagore barimo umukecuru bagendaga basabiriza ariko bafite ikindi kibagenza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere hagiye hanze amafoto y’ubukwe bw’uwabaye Miss w’u Bufaransa ukomoka mu Rwanda

Igihano cy’urupfu cyakatiwe Joseph Kabila wayoboye Congo gikomeje guhagurukirwa

Dore abahanzi bagezweho mu Rwanda bahataniye ibihembo n’uburyo wabatora

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.