Monday, January 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Karasira wigeze kwigisha muri Kaminuza y’u Rwanda yahamijwe icyaha kimwe mu byo yaregwaga aranakatirwa

radiotv10by radiotv10
30/09/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Karasira wigeze kwigisha muri Kaminuza y’u Rwanda yahamijwe icyaha kimwe mu byo yaregwaga aranakatirwa
Share on FacebookShare on Twitter

Aimable Karasira wigeze kuba umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda, umaze imyaka ine afunze anaburana ku byaha bitandatu yaregwaga, yahamijwe kimwe cyo gukurura amacakubiri, ahanishwa gufungwa imyaka itanu.

Ni icyemezo cyatangajwe kuri uyu wa Kabiri tariki 30 Nzeri 2025 n’Urukiko rw’Urugereko Rwihariye  rububuranisha Ibyaha Mpuzamahanga n’Ibyambukiranya Imipaka rukorera mu Karere ka Nyanza.

Karasira yatawe muri yombi mu mpera za Gicurasi 2021, aho Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rwavugaga ko akurikiranyweho ibyaha bifitanye isano n’ibiganiro yari amaze igihe atangaza kuri YouTube.

Yaregwaga ibyaha bitandatu birimo guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi, guha ishingiro Jenoside, gukurura amacakubiri no gutangaza amakuru y’ibihuha, iyezandonke no kudasobanura inkomoko y’umutungo we.

Uru rukiko rwamuburanishije mu maburanisha yakunze kuzamo impaka, kuri uyu wa Kabiri rwatangaje ko uregwa ahamwa n’icyaha kimwe cyo gukurura amacakubiri, rumukatira igifungo cy’imyaka itanu.

Uru Rukiko rw’Urugereko Rwihariye rububuranisha Ibyaha Mpuzamahanga n’Ibyambukiranya Imipaka, rwanzuye kandi ko imitungo y’uregwa yari yarafatiriwe, idakomeza gufatirwa.

Karasira Aimable n’abamwunganira mu mategeko barimo Me Bikotwa Bruce, baburanye bahakana ibyaha biregwa uyu wabaye umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda, bavuga ko ibimenyetso byatanzwe n’Ubushinjacyaha bitari bikurikije amategeko, kandi ko byari bihabanye n’ukuri kw’ibiganiro yatangaga.

Karasira n’abamwunganira, bagiye bagaruka ku biganiro yagiye akora kuri YouTube, bavugaga ko bimwe mu byafashwe nk’ibikorwa bigize ibyaha, ari ibintu bikubiye mu bitabo byashyizwe hanze.

Uregwa kandi yakunze kuvuga ko bimwe mu byo ashinjwa nk’ibigize ibyaha, ari ibishingiye ku mateka yanyuzemo nk’umuntu warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, bityo ko atayikana kandi na we ari mu bo yagizeho ingaruka.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 + twelve =

Previous Post

Hagaragaye imodoka bivugwa ko zirimo abarwanyi b’abacancuro ba ‘Blackwater’ bongeye kwiyambazwa na Congo

Next Post

Qatar yagaragaje uko yakiriye imbabazi yasabwe na Israel nyuma y’iminsi barebana ikijisho

Related Posts

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

IZIHERUKA

Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo
FOOTBALL

Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

10/01/2026
Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Qatar yagaragaje uko yakiriye imbabazi yasabwe na Israel nyuma y’iminsi barebana ikijisho

Qatar yagaragaje uko yakiriye imbabazi yasabwe na Israel nyuma y'iminsi barebana ikijisho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.