Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwabonye miliyari 58Frw arimo azatanga umusanzu mu gukemura ikibazo gihangayikisha benshi

radiotv10by radiotv10
08/10/2025
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
U Rwanda rwabonye miliyari 58Frw arimo azatanga umusanzu mu gukemura ikibazo gihangayikisha benshi
Share on FacebookShare on Twitter

Banki y’Abarabu y’Iterambere ry’Ubukungu muri Afurika (BADEA) yahaye u Rwanda inguzanyo ya miliyoni 45 USD (arenga miliyari 58 Frw), arimo miliyoni 20$ azafasha u Rwanda mu gukwirakwiza amazi meza.

Iyi nguzanyo yakiriwe kuri uyu wa Gatatu tariki 08 Ukwakira 2025, uretse izi miliyoni 20$ azagira uruhare kongerera ubushobozi uruganda rwa Karenge, arimo na Miliyoni 25$ azanyuzwa muri Banki y’u Rwanda y’Amajyambere BRD, azifashishwa mu gushyigikira imishinga mito n’iciriritse.

Amasezerano y’inguzanyo hagati y’u Rwanda na BADEA ku ruhande rw’u Rwanda yashyizweho umukono n’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Imari n’Iganamigambi, ushinzwe Imari ya Leta, Godfrey Kabera ndetse na Sayinzonga Kampeta Pitchette, Umuyobozi Mukuru wa BRD, mu gihe ku ruhande rwa BADEA yashyizweho umukono n’Umuyobozi w’Inama y’Ubutegetsi y’iyi Banki Dr Fahad Abdullah Aldossari.

Dr. Asaph Kabaasha, Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Amazi, Isuku n’Isukura (Wasac) yavuze ko aya mafaranga bahawe azatuma imirimo yo kubaka uruganda rwa Karenge yihuta ndetse no gukwirakwiza amazi hirya no hino.

Ati “Imirimo yo kubaka yari igeze hafi kuri 18%, iyi nkunga rero izadufasha mu gukwirakwiza amazi hirya no hino mu baturage, ndetse no mu kubaka ibigega tuzifashisha mu kubika amazi no gushyiraho imiyoboro ivana amazi ku ruganda ikayageza ku bigega ariko ikanayageza no ku baturage.”

Sayinzonga Kampeta yavuze ko iyi nguzanyo bahawe izatuma abikorera by’umwihariko abagore n’urubyiruko ndetse n’abohereza ibicuruzwa mu mahanga, babona inguzanyo mu buryo bworoshye.

Yagize ati “Iyi nguzanyo by’umwihariko izibanda cyane ku bagore n’urubyiruko, n’abikorera mu buryo bwo kohereza ibintu mu mahanga, twishimiye yuko nyuma yo kubona aya mafaranga bizadufasha  kuyageza ku bikorera ku buryo bazayabona atabahenze cyane, ibi bikazatuma business zabo zirushaho gutera imbere.”

Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Imari ya Leta muri MINECOFIN, Kabera Godfrey yavuze ko iyi nguzanyo izatuma u Rwanda rugera ku ntego yarwo yo kuba mu Bihugu byateye imbere muri 2050.

Ati “Aya mafaranga twahawe ni inguzanyo zidahenze, ni ukuvuga ngo azadufasha kugira ngo tubashe gukomeza inzira turimo y’iterambere igamije ko u Rwanda ruzaba ruri mu Bihugu byateye imbere muri 2050.”

Umuyobozi w’Inama y’Ubutegetsi ya BADEA, Dr Fahad Abdullah Aldossari yavuze KO kuva batangira gukorana n’u Rwanda bishimira ko byatanze umusaruro.

Ati “Guhera mu mwaka w’1974 iyi Banki imaze guha u Rwanda arenga miliyoni 300$ yashyizwe mu mishinga itandukanye by’umwihariko mu kwagura ibikorwa remezo, kandi twishimira ko byinshi mu bikorwa remezo twagizemo uruhare hano mu Rwanda byatanze umusaruro ku baturage bose. Ku bw’iyo mpamvu rero twongeye gusinyana andi masezerano kugira ngo dukomeze iyo mikoranire.”

Iyi nguzanyo yahawe u Rwanda na Banki y’Abarabu y’Iterambere ry’Ubukungu muri Afurika (BADEA) izishyurwa mu myaka igera kuri 20.

BRD na yo yahawe Miliyoni 25 USD azafasha imishinga mito

Emelyne MBABAZI
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − 2 =

Previous Post

Uko hakozwe operasiyo yafatiwemo abari batwaye intsinga baburiye ibisobanuro

Next Post

Hagiye hanze amakuru atarahise amenyekana ku mbabazi Netanyahu yasabye PM wa Qatar

Related Posts

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Nkurikiyumukiza Daniel wari uzwi ku izina rya Rujanga  wabonywe yinjira mu kabari kazwi nko kwa Mukubite umwice kabarizwa mu kagari ka...

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

by radiotv10
22/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko ubujura bwa Kashipawa (Cash Power) bwafashe...

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

by radiotv10
22/01/2026
0

In many schools in Rwanda, students are told they must speak English. Sometimes, if a child speaks Kinyarwanda, they get...

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugabo n'umugore bo mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, bafashwe bakekwaho gutanga ruswa y'ibihumbi 50 Frw nyuma yo...

IZIHERUKA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine
AMAHANGA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

22/01/2026
Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hagiye hanze amakuru atarahise amenyekana ku mbabazi Netanyahu yasabye PM wa Qatar

Hagiye hanze amakuru atarahise amenyekana ku mbabazi Netanyahu yasabye PM wa Qatar

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.