Sunday, December 7, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Amavubi yahawe ubutumwa buyagaragariza impamvu zihagije ko hakenewe intsinzi

radiotv10by radiotv10
09/10/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Amavubi yahawe ubutumwa buyagaragariza impamvu zihagije ko hakenewe intsinzi
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), Shema Ngoga Fabrice, yasuye abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu Amavubi mu myitozo bari gukora bitegura umukino ukomeye bazakina na Bénin mu gushaka itike y’Igikombe cy’Isi cya 2026, ababwira ko bari ku gitutu cyo gutsinda uyu mukino, bityo ko bagomba kubigeraho.

Mu butumwa yagejeje ku bakinnyi n’abatoza bari mu mwiherero wo kwitegura uyu mukino uri kuri uyu wa Gatanu, Shema yabibukije ko akunda gutsinda kandi ko bafite igitutu, abasaba gushyiramo imbaraga kugira ngo bazaheshe ishema igihugu.

Yagize ati “Dufite igitutu cyo gutsinda, yaba mwe mujya mu kibuga ndetse natwe turi hanze. Bivuze ko impamvu yo gutsinda turayifite kandi iyi nsinzi ni ingenzi kuri twe. Sindi umutoza, ariko nkunda gutsinda bivuze ko nakora icyo ari cyo cyose ngo dutsinde kandi ababikora ni mwe.”

Perezida Shema yakomeje avuga ko gutsinda uyu mukino ari ngombwa, atari ku nyungu z’abayobozi gusa ahubwo no ku ishusho y’Igihugu muri rusange.

Ati “Ndashaka kongera kubabwira ko ari ingenzi cyane gutsinda uyu mukino, si ku bwacu gusa nk’abayobozi, ahubwo no ku ishusho y’Igihugu. Hari igihe numva abanyamakuru bavuga bati ‘tuzagera gute mu gikombe cy’Isi?’ Oya, ntitwibande ku bandi, turebe twe ubwacu. Reka dutsinde, kandi tuzatsinde n’umukino ukurikiraho. Ariko uwo ku wa Gatanu ni ingenzi cyane kuri twe. Sitade yose izaba ireba, Igihugu cyose kizaba gihari. Reka tubaheshe ishema.”

Yongeraho ko nubwo adashobora gutoza cyangwa gukina, azakora ibishoboka byose kugira ngo ikipe ibe mu bihe byiza.

Ati “Nubwo ntashobora gutoza, ntashobora gukina, ariko nshobora gukora uko nshoboye ngo mbashyire mu bihe byiza. Koko ntituzi ibizaba, ariko njye ndota rimwe na rimwe ko tuzagera mu gikombe cy’Isi. Twibande ku mukino wo kuwa Gatanu, tuwutsinde dukore amateka mashya.”

Amavubi aheruka guhura na Bénin muri Werurwe 2024 mu gushaka itike y’Igikombe cya Afurika cya 2025, icyo gihe u Rwanda rwatsinze 2-1 kuri Sitade Amahoro, ibitego byatsinzwe na Nshuti Innocent na Bizimana Djihad.

Shema yasabye abakinnyi kuzakora iyo bwabaga
Kapiteni Bizimana Djihad na we yizeje ko we na bagenzi be bazaha ibyishimo Abanyarwanda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 + 10 =

Previous Post

Dore agahigo kadasanzwe Ikawa y’u Rwanda yaciye mu cyamunara mpuzamahanga

Next Post

Amakuru ababaje: Ingabire Marie Immaculée uzwi mu Rwanda yitabye Imana

Related Posts

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

by radiotv10
07/12/2025
0

Ikipe ya Police FC yanganyije na APR FC 0-0 mu mukino wari uryoheye ijisho w’umunsi wa 10 wa Shampiyona y’Icyiciro...

Ikibazo cya Bus, umwenda wa miliyoni 260Frw,…-Ubuyobozi bushya bwa Rayon bwatangaje byinshi by’uko bayisanze

Ikibazo cya Bus, umwenda wa miliyoni 260Frw,…-Ubuyobozi bushya bwa Rayon bwatangaje byinshi by’uko bayisanze

by radiotv10
05/12/2025
0

Nyuma y’ihererekanyabubasha, Perezida wa Komite y'Inzibacyuho ya Rayon Sports, Murenzi Abdallah, yatangaje ko bahawe ikipe ifite amadeni arenga miliyoni 260...

Imikino ibanza ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda igiye kurangira amakipe ahagaze ate?

Imikino ibanza ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda igiye kurangira amakipe ahagaze ate?

by radiotv10
05/12/2025
0

Imikino ibanza muri shampiyona y’icyiciro cya mbere (Phase Aller) muri Volleyball irasozwa mu mpera z’iki cyumweru guhera kuri uyu wa...

Abijanditse mu gikunze kuvugwaho kwica ruhago Nyarwanda bategujwe ikibategereje bidatinze

Abijanditse mu gikunze kuvugwaho kwica ruhago Nyarwanda bategujwe ikibategereje bidatinze

by radiotv10
02/12/2025
0

Umunyamabanga Mushya Mukuru w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), Bonnie Mugabe avuga ko yinjiye muri iri shyirahamwe azi ko amanyanga...

Amagare muri Afurika: Umunya-Eritrea Biniam yabaye umukinnyi w’umwaka, Masengesho ahiga Abanyarwanda

Amagare muri Afurika: Umunya-Eritrea Biniam yabaye umukinnyi w’umwaka, Masengesho ahiga Abanyarwanda

by radiotv10
30/11/2025
0

Biniam Girmay ukomoka mu Gihugu cya Eritrea ni we wabaye Umukinnyi w'umwaka muri Afurika mu mukino w'amagare muri 2025, mu...

IZIHERUKA

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda
FOOTBALL

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

by radiotv10
07/12/2025
0

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

06/12/2025
Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

06/12/2025
U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

06/12/2025
Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

06/12/2025
Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

05/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru ababaje: Ingabire Marie Immaculée uzwi mu Rwanda yitabye Imana

Amakuru ababaje: Ingabire Marie Immaculée uzwi mu Rwanda yitabye Imana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.