Wednesday, October 22, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

FARDC yatumye hazamuka ubwoba bwinshi mu gace ko muri Kivu ya Ruguru

radiotv10by radiotv10
22/10/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
FARDC yatumye hazamuka ubwoba bwinshi mu gace ko muri Kivu ya Ruguru
Share on FacebookShare on Twitter

Ubwoba bwatashye abatuye mu gace ka Kashebere ko muri Teritwari ya Walikale muri Kivu ya Ruguru kubera indege y’intambara yo mu bwoko bwa Drone ya FARDC yahazengurutse mu mirwano ihanganishije iki Gisirikare cya Congo na AFC/M23.

Ubu bwoba bwazamutse kuri uyu wa Gatatu tariki 22 Ukwakira 2025, nyuma y’iyi ndege yazengurutse mu kirere cyo muri aka gace kuva mu ijoro ryo kuri uyu wa Kabiri kugeza kuri uyu wa Gatatu.

Ikinyamakuru ACTUALITE.CD kivuga ko abaturage bo muri aka gace babyutse mu gicuku cyo kuri uyu wa Gatatu ahagana saa munani z’ijoro ubwo iyi iyi ndege y’intambara yariho izenguruka.

Iki kinyamakuru kivuga ko ubwoba bwarushijeho kuba bwinshi mu batuye muri aka gace ubwo abarwanyi ba AFC/M23 bagenzura igice cya Walikare, na bo batangiraga gukozanyaho n’iyi ndege ya FARDC.

Amakuru avuga ko abarwanyi ba AFC/M23 barashe mu gace iyi ndege yari irimo kuzengurukamo aho amasasu yaturukaga mu birindiro bya AFC/M23 biri i Kashebere na Kasopo.

Hashize icyumweru indege z’intambara zitagira abapilote (Drone) zizenguruka mu bice byinshi bigenzurwa n’abarwanyi b’Ihuriro rya AFC/M23 muri Walikale na Masisi, mu Ntara ya Kivu ya Ruguru.

Ihuriro AFC/M23 kandi kuri uyu wa Gatatu, ryatangaje ko uruhande bahanganye rwongeye kurenga ku gahenge kemejwe, aho ryavuze ko rwarashe muri Lokarite za Nyarushyamba (Masisi), Kashebere (Walikale) no mu bice bihakikije.

Lawrence Kanyuka, Umuvugizi wa AFC/M23 yatangaje ko nk’uko iri Huriro ryabyiyemeje, rigomba kujya kuburizamo ibi bitero ribisanze ku isoko y’aho bitegurirwa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × one =

Previous Post

Umuhanzi Nyarwanda Josh yabwiye umugore we amagambo aryohereye

Next Post

Ibivugwa nyuma yuko hagiye hanze amajwi ya Perezida wa Rayon

Related Posts

Impanuka ikomeye muri Uganda yahitanye benshi

Impanuka ikomeye muri Uganda yahitanye benshi

by radiotv10
22/10/2025
0

Impanuka ikomeye y’imodoka zagonganye zirimo bisi ebyiri zitwara abagenzi, yabereye muri Uganda, yahitanye abantu 63, abandi benshi barakomereka. Iyi mpanuka...

Amakuru mashya y’urugamba rwa M23 yongeye kuvugwamo icyagaragayemo gifatwa nk’icyatunguranye

Amakuru agezweho mu mirwano ihanganishije AFC/M23 na FARDC

by radiotv10
22/10/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko uruhande bahanganye rugizwe n’igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’impande zigifasha, rukomeje kurenga ku...

Mu rugamba rwa AFC/M23 na FARDC hongeye kugaragazwa uruhande rwakoreshejwe intwaro rutura

Byongeye gukomera hagati ya AFC/M23 na FARDC uruhande rumwe rwongera gukoresha intwaro za rutura

by radiotv10
21/10/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza uruhande bahanganye rugizwe n’abarimo FARDC rwongeye kurenga ku gahenge rukarasana ubugome bukabije rukoresheje indege z’intambara mu bice...

Uko uwabaye Perezida w’u Bufaransa yageze kuri Gereza agiye gufungirwamo nyuma yo gukatirwa

Uko uwabaye Perezida w’u Bufaransa yageze kuri Gereza agiye gufungirwamo nyuma yo gukatirwa

by radiotv10
21/10/2025
0

Nicolas Sarkozy wabaye Perezida w’u Bufaransa, yageze kuri Gereza ya La Santé i Paris muri iki Gihugu yayoboye, kugira ngo...

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

Amakuru avugwa mu mirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

by radiotv10
20/10/2025
0

Imirwano ikomeye hagati y’abarwanyi ba AFC/M23 n’inyeshyamba za Wazalendo, yaramutse mu mujyi a Nyabiondo muri Teritwari ya Masisi mu Ntara...

IZIHERUKA

Ibivugwa nyuma yuko hagiye hanze amajwi ya Perezida wa Rayon
FOOTBALL

Ibivugwa nyuma yuko hagiye hanze amajwi ya Perezida wa Rayon

by radiotv10
22/10/2025
0

FARDC yatumye hazamuka ubwoba bwinshi mu gace ko muri Kivu ya Ruguru

FARDC yatumye hazamuka ubwoba bwinshi mu gace ko muri Kivu ya Ruguru

22/10/2025
Umuhanzi Nyarwanda Josh yabwiye umugore we amagambo aryohereye

Umuhanzi Nyarwanda Josh yabwiye umugore we amagambo aryohereye

22/10/2025
Impanuka ikomeye muri Uganda yahitanye benshi

Impanuka ikomeye muri Uganda yahitanye benshi

22/10/2025
Amakuru mashya y’urugamba rwa M23 yongeye kuvugwamo icyagaragayemo gifatwa nk’icyatunguranye

Amakuru agezweho mu mirwano ihanganishije AFC/M23 na FARDC

22/10/2025
Indwara y’amatungo yagaragaye mu Karere ka Rubavu yatumye hafatwa ingamba

Indwara y’amatungo yagaragaye mu Karere ka Rubavu yatumye hafatwa ingamba

22/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibivugwa nyuma yuko hagiye hanze amajwi ya Perezida wa Rayon

Ibivugwa nyuma yuko hagiye hanze amajwi ya Perezida wa Rayon

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa nyuma yuko hagiye hanze amajwi ya Perezida wa Rayon

FARDC yatumye hazamuka ubwoba bwinshi mu gace ko muri Kivu ya Ruguru

Umuhanzi Nyarwanda Josh yabwiye umugore we amagambo aryohereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.