Friday, April 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Igisubizo ku bibazaga iherezo ry’ibiganiro byari byatangiye hagati y’u Rwanda n’u Burundi

radiotv10by radiotv10
24/10/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Igisubizo ku bibazaga iherezo ry’ibiganiro byari byatangiye hagati y’u Rwanda n’u Burundi
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe, yatangaje ko ibiganiro byari byatangiye hagati ya Guverinoma y’u Rwanda n’iy’u Burundi byari bigamije kubyutsa umubano urimo igitotsi, byakomwe mu nkokora n’amahitamo mabi y’u Burundi.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, yabitangaje mu kiganiro yagiranye n’igitangazamakuru cyitwa Ukwelitimes, cyagarutse ku mubano w’u Rwanda n’Ibihugu by’ibituranyi birimo n’u Burundi, aho byari byatangiye ibiganiro bigamije gushaka umuti w’ibibazo biri hagati y’ibi Bihugu.

Ambasaderi Olivier Nduhungirehe avuga ko nyuma y’intambara zo muri Congo, mu bice bya Goma na Bukavu, ubwo M23 yafataga iyi mijyi yombi, hari ibiganiro byahuje u Rwanda n’u Burundi ku busabe bw’iki Gihugu cy’igituranyi.

Avuga ko ibi biganiro byari bigamije gucururutsa umwuka mubi wari umaze igihe hagati y’Ibihugu byombi, ndetse n’icyifuzo cyo kuba hafungurwa imipaka.

Ati “Ariko ubirebye icyo kibazo cy’umupaka nta n’bwo ari cyo cyari icy’ingenzi, ahubwo ikibazo cy’ingenzi, ni uruhare ingabo [z’u Burundi] zifite mu ntambara y’Uburasirazuba bwa Congo, aho izo ngabo zifatanya n’ingabo za Congo ariko n’indi mitwe nk’uw’abajenosideri wa FDLR, imitwe ya Wazalendo mu guhungabanya umutekano wa hariya iburasirazuba bwa Congo.”

Avuga ko mu mezi ya Gashyantare na Werurwe uyu mwaka, habayeho ibi biganiro, ariko bikaza guhagarara kubera imyitwarire y’u Burundi muri ibi bibazo.

Ati “Kubera ingabo z’u Burundi zariyongereye mu burasirazuba bwa Congo, Guverinoma [y’u Burundi] yohereje izindi ngabo, tukaba rero twumva atari inzira nziza kuko bibangamiye ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano ya Washington kuko avuga iby’agahenge, avuga yuko ibibazo byakemuka ku buryo bw’ibiganiro, mu buryo bwa politiki, hari n’inzira yashyizweho kugira ngo amakimbirane n’intambara mu burasirazuba bwa Congo birangire.”

Minisitiri Nduhungirehe avuga ko u Burundi bwirengagije ibi byose bukongera umubare w’ingabo zabwo muri Congo, ndetse ko ubu bumaze kugirayo abasirikare barenga ibihumbi 10, ndetse umujyi wa Bujumbura ukaba ukoreshwa nk’icyicaro cy’ibikoresho bya gisirikare bijya kwifashishwa muri iriya ntambara.

Ati “Ni aho ibibazo bigeze, ntabwo ibibazo birakemuka ariko icyo twifuza ni uko u Burundi bwakora intambwe yo gushyigikira ibiganiro biriho, no kwirinda gushyira amavuta ku muriro kuko bitatuganisha mu nzira nziza.”

Leta y’u Burundi ijya gufata icyemezo cyo gufunga imipaka, yashinjaga u Rwanda gufasha umutwe wa RED-Tabara uyirwanya, gusa Nduhungirehe akabihakana yivuye inyuma, akavuga ko ahubwo ari ugushaka kuyobya uburari byw’ibyo kiriya Gihugu kiri gukora.

Ati “Ibyo ni ibinyoma byambaye ubusa. Byatangajwe inshuro nyinshi ariko nta na kimwe gifatika bashobora kugaragaza. Ni bya bindi bazi ibyo bakora mu burasirazuba bwa Congo, mu gushaka guhindura ikiganiro bakavuga ibyo bya RED-Tabara ngo n’uko dushaka guhungabanya umutekano w’u Burundi. Ibyo ntabwo ari byo.”

Nduhungirehe avuga ko nubwo u Rwanda n’u Burundi bihuriye mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba ndetse n’indi nk’uwa Afurika Yunze Ubumwe, ariko nta muhuza n’umwe uri gufasha ibi Bihugu kugira ngo umubano wabyo usubire ku murongo.

Avuga ko ubusanzwe ibi Bihugu biba bishobora kwicara bikaganira, kuko uretse kuba ari ibituranyi, binahuje ururimi “ariko kugeza ubu nta biganiro, byaba ibya EAC cyangwa undi muhuza uwo ari we wese bihari hagati y’u Rwanda n’u Burundi.”

U Rwanda rwakunze kuvuga kenshi ko rwifuza kubana neza n’Ibihugu byose, byumwihariko iby’ibituranyi, kandi ko igihe cyose haba hari ibibazo biri hagati yarwo n’ikindi Gihugu, ruhora rwiteguye kubishakira umuti binyuze mu biganiro.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − two =

Previous Post

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Next Post

Guhangana biruta gusabiriza- Perezida Kagame yibukije Abanyarwanda icyo badakwiye kugirira ubwoba

Related Posts

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

by radiotv10
10/04/2026
0

Ubuyobozi bwa Leta ya Michigan muri Leta Zunze Ubumwe za America, bwemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi buzajya bwifatanya...

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

by radiotv10
10/04/2026
1

Tariki 10 Mata 1994 wari umunsi wa kane wa Jenoside yakorewe Abatutsi, waranzwe n’ubwicanyi bukomeye bwabereye mu bice binyuranye by’Igihugu,...

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

by radiotv10
10/04/2026
0

Abatuye mu isantere ya Shuni iherereye mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, binubira umuco wo 'kuzitura', bavuga ko...

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
10/04/2026
0

Umuyobozi w’Umujyi wa Toronto muri Canada yatangaje ku mugaragaro ko tariki 07 Mata ari umunsi mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakewe...

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

by radiotv10
10/04/2026
0

Mu gihe u Rwanda rwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bamwe mu barokotse Jenoside batuye mu...

IZIHERUKA

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi
AMAHANGA

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

by radiotv10
10/04/2026
0

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

10/04/2026
10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/2026
Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

10/04/2026
Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

10/04/2026
Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

10/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Guhangana biruta gusabiriza- Perezida Kagame yibukije Abanyarwanda icyo badakwiye kugirira ubwoba

Guhangana biruta gusabiriza- Perezida Kagame yibukije Abanyarwanda icyo badakwiye kugirira ubwoba

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.